Abadepite ba RDC bivumbuye basohoka mu biganiro bigamije kureba ahazaza h’ubuyobozi bwa gisirikare

Abadepite badashyigikiye ko Intara za Kivu y’Amajyaruguru na Ituri zikomeza kuyoborwa n’abayobozi ba gisirikare, kuri uyu wa Kabiri bivumbuye basohoka mu nama i Kinshasa yari igamije gusuzuma niba izo ntara zakomeza kuyoborwa gisirikare. 

Imyaka ibiri irashize izo ntara ziyobowe gisirikare muri gahunda Perezida Felix Tshisekedi yizeraga ko uzatuma haboneka amahoro nyuma y’igihe hari umutekano muke uterwa n’imitwe yitwaje intwaro. 

Guhera kuri uyu wa Mbere tariki 14 Kanama kugeza kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Kanama, i Kinshasa hari kubera inama ihuriweho n’impande zitandukanye, igomba kwiga ku hazaza h’ibyo bihe bidasanzwe byashyizwe muri utwo duce. 

Kuri uyu wa Kabiri abadepite bo muri Ituri bashyigikiye ko ubutegetsi busubizwa abasivile aho kuba abasirikare, basohotse mu cyumba cy’iyi nama iri kubera mu nyubako ikoreramo Perezida Tshisekedi i Kinshasa. 

RFI yatangaje ko abo badepite bageze aho bakagaruka mu cyumba, nyuma yo kumvishwa ko impungenge zabo zizigwaho. 

Muri iyo nama harimo ibyiciro bitatu: Abashyigikiye ko ibihe bidasanzwe muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri bigumaho, abashyigikiye ko bivaho ndetse n’abasaba ko bivugururwa, bigahabwa indi nyito y’ibihe by’amage kugira ngo umusaruro wabyo ugerweho. 

Abashaka ko bivaho bavuga ko hari abaturage benshi babayeho nabi kubera ingamba zagiye zifatwa zituma batisanzura, mu gihe abashaka ko ibihe bidasanzwe bigumaho bashimangira ko imitwe yitwaje intwaro ikomeje kwiyongera. Abashaka ko ibihe bidasanzwe bihindurwa ibihe by’amage bo ntabwo bafite benshi babari inyuma. 

Depite Nyiramugeyo Musabimana Béatrice, wo mu ntara ya Kivu ya Ruguru, yabwiye BBC ko abaturage barambiwe ibihe bidasanzwe bashyizwemo, ari nacyo binubiye ubwo basohokaga mu nama. 

Ati “Umuturage ntabwo acyeneye ibihe bidasanzwe. Yarabirambiwe. Nibasubize ubutegetsi mu maboko y’abasivile n’umusirikare bamusubize akazi ke ko kurwana intambara.” 

Julien Paluku wahoze ari Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru yavuze ko nta musaruro ibihe bidasanzwe byatanze mu myaka ibiri bimaze, bityo ko nta mpamvu yo kugumaho. 

Yavuze ko kugeza ubu mu nzego zose z’imiyoborere muri Ituri na Kivu y’Amajyaruguru, hashyizweho abandi bayobozi bashyizweho n’igisirikare mu gihe hakabaye hayoboye abatowe n’abaturage. 

Paluku yavuze ko itegeko Nshinga ritegeka ko ubuyobozi buhabwa abasivile, akibaza uburyo igisirikare cyakomeza gufata inshingano zireba abasivile. 

Uyu mugabo yavuze ko ahubwo icy’ingenzi ari ukwimurira ibirindiro bikuru by’ingabo mu ntara za Kivu na Ituri, ku buryo bakurikiranira hafi ibikorwa bya gisirikare ariko hatitambitswe ibikorwa bya gisivile. 

Kugeza ubu Ituri na Kivu y’Amajyaruguru biyobowe n’aba Guverineri b’abasirikare. 

Loni iherutse kugaragaza ko kugeza ubu 28% by’abatuye Kivu y’Amajyaruguru na 39% muri Ituri bavuye mu byabo kubera umutekano muke. 

Ihohoterwa rishingiye ku gitsina ku rwego rw’igihugu muri RDC ryiyongereyeh0 23% hagati ya 2021 na 2022, mu gihe nko muri Ituri honyine ubwo bugizi bwa nabi bwiyongereyeho 73%.Gusambanya abana byikubye kabiri hagati ya 2021 na 2022. 

IGIHE 

Tubibutse ko mushobora gukurikirana iki gitangazamakuru ku mbuga nkoranyambaga zacyo zemewe, mukazajya mugezwaho amakuru agezweho ako kanya. Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu. 

Niba mwifuza ko tubamamariza ibikorwa byanyu bikabasha kwamamara hose ku isi, mushobora kuduhamagara/kutwandikira kuri +250782967060 

Niba usanzwe ucika intege mu gihe cyo gutera akabariro koresha REVIVE capsules (Ni Umwe mu miti Gakondo y’abashinywa yizewe ku rwego Mpuzamahanga Mugezwaho N’Ivuriro Fukang Healthcare) 

REVIVE ikorwa gusa mu byatsi bisanzwe byitwa Epimedium. N’igihingwa kirandaranda cyiri mu muryango w’ibihingwa bizwi nka berberidacea kiboneka mu majyepfo y’Ubushinwa ndetse no mu bice bimwe na bimwe bya Aziya. 

REVIVE yongera ogisijeni (Oxygen) mu maraso. REVIVE irinda kandi ikavura gusohora imburagihe ndetse ikanavura ingaruka ziterwa no kwikinisha. 

IBYIZA BYO GUKORESHA REVIVE: 

Ikiza gusohora imburagihe no gucika intege utera akabariro. Yongera libido (Ubushake) ku kigero cyo hejuru. Yongera umusaruro w’intanga mu bwiza n’ubwinshi. Ihangana n’ingaruka zo kwikinisha, ikongera imbaraga za kigabo ndetse ikanafasha mu kongera amasohoro 

Gukoresha revive  bikakurinda gupfubya uwo muhuye. 

REVIVE IGIZWE N’IBININI 10 

UKO IFATWA: Unywa ikinini kimwe mu minsi ine, ukakinywesha amazi y’akazuyaze. 

Niba wiyumva nkutakibasha gushimisha uwo mwashakanye cg se umukunzi (partner) wawe, Wizuyaza kuduhamagara cg se kutwandikira ngo tugufashe! 

N.B ubaye ufite ikindi kibazo kihariye kigendanye n’ubuzima waca mugikari tukabiganiraho Birambuye. Aho uherereye hose imiti yacu yakugeraho. 

Iyi product wayibona ku giciro cya 40000 Frw. Hamagara & WhatsApp Number: +250788920788 

People Beats Muzika ni company nshya ikora ibijyanye na music consultancy ndetse ikanatunganya ibihangano n’ibindi byose bifitanye isano na sound engineering Uramutse ukeneye kubagana wahamagara kuri +250 787167585 cyangwa ukabandikira ku mbuga nkoranyambaga zabo, aho bakoresha amazina ya People Beats ku mbuga nkoranyambaga zose. Kanda hano ubashe kubandikira kuri facebook

Niba hari inkuru mufite mushaka gusangiza abakurikira uru rubuga (Amazuku.com), mwatwandikira kuri info@amazuku.com  

About Kwizera Yamini

I only talk when i feel my words are better than my silence. sometimes it may hurt or irritate but i like my Silence

View all posts by Kwizera Yamini →

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *