Abanyarwanda barenga 100 bari hafo gusoza amasomo yo gukoresha ingufu za nucléaire

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr. Ernest Nsabimana, yatangaje ko Abanyarwanda barenga 100 bari hafi gusoza amasomo ajyanye no gukoresha ingufu za nucléaire bakurikiranaga mu bihugu birimo n’u Burusiya.

Ibi yabitangaje ubwo hatangizwaga inama ihuriza hamwe abanyamuryango b’Umuryango Nyafurika ushinzwe guteza imbere ubushakashatsi n’ubumenyi ku ngufu za nucléaire, AFRA n’intumwa zihagarariye Ikigo Mpuzamahanga mu by’Ingufu za Atomike (IAEA) iri kubera mu Rwanda.

Ibi biri mu mbuto zitangiye gusarurwa nyuma y’uko Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Burusiya zasinye amasezerano y’ubufatanye yo gutangiza ikigo cy’ubushakashatsi n’ikoranabuhanga mu bumenyi bw’ikoreshwa ry’ingufu za nucléaire mu 2018.

Amasezerano yasinywe n’ibihugu byombi yari yiteze gufasha u Rwanda kongerera ubumenyi abakora muri izo nzego binyuze mu kohereza abanyeshuri kwiga ibijyanye n’ikoreshwa ry’ingufu za nucléaire mu byo kuvura indwara, guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi no kongera ingufu zikoreshwa mu gihugu.

Dr. Ernest Nsabimana yatangaje ko u Rwanda rutasigaye inyuma muri gahunda yo kwifashisha izi ngufu za nucléaire mu bikorwa by’iterambere.

Ati: “Dukomeza no gufatanya n’Ikigo Mpuzamahanga mu by’Ingufu za Atomike (IAEA) mu kuzamura ubushobozi bw’abakozi biciye mu mahugurwa y’igihe gito cyangwa kirekire”.

“Hari n’abanyeshuri boherezwa kwiga hanze mu byiciro bitandukanye bya kaminuza kugira ngo bahabwe ubumenyi n’ubushobozi buzadufasha mu kwinjira muri iri koranabuhanga”.

Uretse abigaga mu Burusiya, hari n’abandi Banyarwanda bari gukurikirana aya masomo muri kaminuza zo mu bindi bihugu byateye imbere mu gukoresha izi ngufu nka Koreya y’Epfo.

Mu 2021 u Rwanda rwatangije Ikigo Gishinzwe Ingufu za Atomike mu Rwanda (Rwanda Atomic Energy Board: RAEB) gifite inshingano zo guhuza ibikorwa by’ubushakashatsi mu by’ingufu za nucléaire mu Rwanda.

IGIHE

Tubibutse ko mushobora gukurikirana iki gitangazamakuru ku mbuga nkoranyambaga zacyo zemewe, mukazajya mugezwaho amakuru agezweho ako kanya. Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu. 

Niba mwifuza ko tubamamariza ibikorwa byanyu bikabasha kwamamara hose ku isi, mushobora kuduhamagara/kutwandikira kuri +250782967060 

Niba usanzwe ucika intege mu gihe cyo gutera akabariro koresha REVIVE capsules (Ni Umwe mu miti Gakondo y’abashinywa yizewe ku rwego Mpuzamahanga Mugezwaho N’Ivuriro Fukang Healthcare) 

REVIVE ikorwa gusa mu byatsi bisanzwe byitwa Epimedium. N’igihingwa kirandaranda cyiri mu muryango w’ibihingwa bizwi nka berberidacea kiboneka mu majyepfo y’Ubushinwa ndetse no mu bice bimwe na bimwe bya Aziya. 

REVIVE yongera ogisijeni (Oxygen) mu maraso. REVIVE irinda kandi ikavura gusohora imburagihe ndetse ikanavura ingaruka ziterwa no kwikinisha. 

IBYIZA BYO GUKORESHA REVIVE: 

Ikiza gusohora imburagihe no gucika intege utera akabariro. Yongera libido (Ubushake) ku kigero cyo hejuru. Yongera umusaruro w’intanga mu bwiza n’ubwinshi. Ihangana n’ingaruka zo kwikinisha, ikongera imbaraga za kigabo ndetse ikanafasha mu kongera amasohoro 

Gukoresha revive  bikakurinda gupfubya uwo muhuye. 

REVIVE IGIZWE N’IBININI 10 

UKO IFATWA: Unywa ikinini kimwe mu minsi ine, ukakinywesha amazi y’akazuyaze. 

Niba wiyumva nkutakibasha gushimisha uwo mwashakanye cg se umukunzi (partner) wawe, Wizuyaza kuduhamagara cg se kutwandikira ngo tugufashe! 

N.B ubaye ufite ikindi kibazo kihariye kigendanye n’ubuzima waca mugikari tukabiganiraho Birambuye. Aho uherereye hose imiti yacu yakugeraho. 

Iyi product wayibona ku giciro cya 40000 Frw. Hamagara & WhatsApp Number: +250788920788 

People Beats Muzika ni company nshya ikora ibijyanye na music consultancy ndetse ikanatunganya ibihangano n’ibindi byose bifitanye isano na sound engineering Uramutse ukeneye kubagana wahamagara kuri +250 787167585 cyangwa ukabandikira ku mbuga nkoranyambaga zabo, aho bakoresha amazina ya People Beats ku mbuga nkoranyambaga zose. Kanda hano ubashe kubandikira kuri facebook

Niba hari inkuru mufite mushaka gusangiza abakurikira uru rubuga (Amazuku.com), mwatwandikira kuri info@amazuku.com  

About Kwizera Yamini

I only talk when i feel my words are better than my silence. sometimes it may hurt or irritate but i like my Silence

View all posts by Kwizera Yamini →

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *