Umunya-Tunisia utoza Rayon Sports, Yamen Zelfani, yavuze ko Umunya-Sudani, Eid Mudagam Abakar Mugadam waguzwe n’iyi kipe ari umukinnyi mwiza ku buryo azayifasha byinshi mu busatirizi no kurema uburyo bwinshi bw’ibitego. 

Ku wa Mbere, tariki ya 14 Kanama 2023, ni bwo Rayon Sports yakiriye uyu mukinnyi w’imyaka 23, wari umaze iminsi ategerejwe i Kigali. 

Mu kiganiro yahaye itangazamakuru nyuma yokunganya na Al-Merreikh mu mukino wa gicuti, Zelfani utoza Rayon Sports yavuze ko Eid Mugadam ari umukinnyi mwiza yizeye ko azafasha byinshi iyi kipe. 

Ati “Mugadam ni umukinnyi mwiza, mu mwaka w’imikino ushize yakinnye imikino myinshi ya Champions League muri Al Hilal kandi iyo badatsindwa kuri penaliti bari gukina ½ cyangwa umukino wa nyuma.” 

Yakomeje agira ati “Tubonye umukinnyi mwiza, afite impano kandi akinira Ikipe y’Igihugu [ya Sudani]. Ndatekereza ko azadufasha mu busatirizi. Dukeneye abakinnyi barema uburyo bwinshi mu busatirizi, nzi ko Mugadam azabidukorera.” 

Eid Mugadam yabaye umukinnyi wa 11 mushya uguzwe na Rayon Sports muri iyi mpeshyi y’abandi barimo Simon Tamale, Serumogo Ali, Bugingo Hakim, Nsabimana Aimable na Aruna Mussa Madjaliwa wamaze kubonerwa ibyangombwa. 

Hari kandi Luvumbu Héritier na Youssef Rharb bayigarutsemo, Jonathan Ifunga Ifasso [waseshe amasezerano], Kalisa Rachid, Mvuyekure Emmanuel na Charles Bbaale. 

Rayon Sports izatangira umwaka w’imikino mushya wa 2023/24 ku wa Gatanu, tariki ya 18 Kanama, ubwo izaba yakiriwe na Gasogi United mu mukino wa Shampiyona uzabera kuri Kigali Pelé Stadium saa Moya z’umugoroba. 

Iyi kipe yambara ubururu n’umweru izahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup aho izahera mu ijonjora rya kabiri rizakinwa muri Nzeri, ikazahura n’ikipe izakomeza hagati ya Al-Ahly Benghazi yo muri Libya na Kakamega Homeboyz FC yo muri Kenya. 

IGIHE 

Tubibutse ko mushobora gukurikirana iki gitangazamakuru ku mbuga nkoranyambaga zacyo zemewe, mukazajya mugezwaho amakuru agezweho ako kanya. Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu. 

Umunya-Sudani, Eid Mugadam Abakar Mugadam yageze i Kigali ku mugoroba wo ku wa Mbere

Niba mwifuza ko tubamamariza ibikorwa byanyu bikabasha kwamamara hose ku isi, mushobora kuduhamagara/kutwandikira kuri +250782967060 

Niba usanzwe ucika intege mu gihe cyo gutera akabariro koresha REVIVE capsules (Ni Umwe mu miti Gakondo y’abashinywa yizewe ku rwego Mpuzamahanga Mugezwaho N’Ivuriro Fukang Healthcare) 

REVIVE ikorwa gusa mu byatsi bisanzwe byitwa Epimedium. N’igihingwa kirandaranda cyiri mu muryango w’ibihingwa bizwi nka berberidacea kiboneka mu majyepfo y’Ubushinwa ndetse no mu bice bimwe na bimwe bya Aziya. 

REVIVE yongera ogisijeni (Oxygen) mu maraso. REVIVE irinda kandi ikavura gusohora imburagihe ndetse ikanavura ingaruka ziterwa no kwikinisha. 

IBYIZA BYO GUKORESHA REVIVE: 

Ikiza gusohora imburagihe no gucika intege utera akabariro. Yongera libido (Ubushake) ku kigero cyo hejuru. Yongera umusaruro w’intanga mu bwiza n’ubwinshi. Ihangana n’ingaruka zo kwikinisha, ikongera imbaraga za kigabo ndetse ikanafasha mu kongera amasohoro 

Gukoresha revive  bikakurinda gupfubya uwo muhuye. 

REVIVE IGIZWE N’IBININI 10 

UKO IFATWA: Unywa ikinini kimwe mu minsi ine, ukakinywesha amazi y’akazuyaze. 

Niba wiyumva nkutakibasha gushimisha uwo mwashakanye cg se umukunzi (partner) wawe, Wizuyaza kuduhamagara cg se kutwandikira ngo tugufashe! 

N.B ubaye ufite ikindi kibazo kihariye kigendanye n’ubuzima waca mugikari tukabiganiraho Birambuye. Aho uherereye hose imiti yacu yakugeraho. 

Iyi product wayibona ku giciro cya 40000 Frw. Hamagara & WhatsApp Number: +250788920788 

People Beats Muzika ni company nshya ikora ibijyanye na music consultancy ndetse ikanatunganya ibihangano n’ibindi byose bifitanye isano na sound engineering Uramutse ukeneye kubagana wahamagara kuri +250 787167585 cyangwa ukabandikira ku mbuga nkoranyambaga zabo, aho bakoresha amazina ya People Beats ku mbuga nkoranyambaga zose. Kanda hano ubashe kubandikira kuri facebook

Niba hari inkuru mufite mushaka gusangiza abakurikira uru rubuga (Amazuku.com), mwatwandikira kuri info@amazuku.com  

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *