Nyiransengiyumva Valentine wamamaye nka Dorimbogo, yasezeweho bwa nyuma ashyingurwa mu karere ka Nyamasheke mu Ntara y’Iburengerazuba, aho yakomokaga.
Uyu mukobwa witabye Imana ku wa 27 Nyakanga 2024, azize uburwayi yasezeweho n’abo mu muryango we mu marira n’agahinda. Uyu mukobwa yashyinguwe mu murenge wa Kirimbi.
Mu basezeye kuri uyu mukobwa harimo abana be b’abahungu barimo uw’imyaka 11 ndetse n’undi w’itanu yasize; abari basanzwe baziranye na Dorimbogo biganjemo abanyamakuru ndetse n’abandi bazwi muri sinema nka Ndimbati n’abandi.
Akivanwa mu bitaro yajyanywe kwa musaza we mu rugo ari na ho abantu bamukundaga, inshuti ze ndetse n’abo mu muryango bamusezeyeho.
Mu batanze ubuhamya ubwo mukobwa yasezerwagaho harimo Gakire Sam, usanzwe ari umunyamakuru kuri Urugendo Online TV, wamubaye hafi kuva ataramenyekana kugeza mu minsi ya nyuma ye yavuze ko uyu mukobwa yari umuntu watanze ibyishimo kuri benshi.
Ati “Ndashimira umuntu wese wabashije kugera hano. Valentine yari inshuti y’abantu benshi cyane. Cyane cyane mu itangazamakuru ni umuntu washimishije abantu cyane binyuze mu ndirimbo no mu biganiro yakoraga. Ni umuntu twamenyanye bivuye kuri Visi Meya wa Nyamasheke niwe muntu wampuje nawe.’’
“Nyuma yaho nibwo twaje kuba inshuti magara cyane ko twasanze tuvuka mu karere kamwe mufata nka mushiki wanjye. Twabanye mu rugendo rwiza yaba mu biganiro twakoze cyangwa gutekereza uburyo twakiteza imbere.’’
Fina’ warwaje mu bitaro ’Dorimbogo’, yavuze ko yamurwaje igihe kinini, ariko igihe kiragera umuvandimwe wa ’Dorimbogo’ aza kumusimbura. Yavuze ko ubwo bari bamugejeje ku bitaro bya Kibuye mu gihe cy’amasaha atatu gusa yahise yitaba Imana.
Ariko kandi avuga ko ku bitaro bya Kibogora bamuhaye ’Transfer’ imwerekeza ku bitaro bya Kibuye, akabanza kunyura mu rugo. Uyu mubyeyi yavuze ko nta burangare umuryango wagize mu kwita ku mwana wabo nk’uko byagiye bivugwa.
Yagaragaje ko abaganga bamuhaye ‘Transfer’ gusa uburwayi bugaragara ko burimo amayobera. Yakomeje avuga ko Dorimbogo nta kindi yazize uretse amarozi.
Ati “Bamuhaye ’Transfer’ kuko nyine babonaga uburwayi bwe ndetse babonaga birimo n’amayobera, ikibazo cyari igifu. Baramusuzumaga, bakabura izindi ndwara, bakabona ararembye. Bigaragaza ko nabo batari bazi icyo arwaye[…] ni amarozi amuhitanye, ntabwo ari igifu. Ni abanzi bamwivuganye.’’
Dorimbogo yamamaye kuva mu 2022 biturutse ku mashusho ye yagiye hanze ari kuririmba mu buryo bwasekeje benshi.
Tubibutse ko mushobora gukurikirana iki gitangazamakuru ku mbuga nkoranyambaga zacyo zemewe, mukazajya mugezwaho amakuru agezweho ako kanya.
Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu.
IGIHE CYO KUBIKUZA KURI PI NETWORK CYAGEZE: Reba ibisabwa muri iyi nkuru
Muntu uba muri iyi si y’ikoranabuhanga ukaba udakora mining ya cryptocurrency waracikanwe.
Ubundi ku bantu batabizi, mining ni uburyo bukoreshwa muri cryptocurrency, nk’ubucukuzi bw’amafaranga atangwa ku buntu nta gishoro watanze.
Icyo wowe ukora ni ugukanda ku ijambo mine gusa ubundi amafaranga y’ubunu akaba downloaded icyo gihe uba uri gucukura icyo bita coin. Izo coin nizo uvunjamo amafaranga ku buntu
Habaho coin nyinshi zikorerwa mining nzagenda nzibereka gacyegacye bitewe nuko nzajya mbanza nkayikoraho ubushakashatsi nkamenya ko ifite gahunda ifatika, ndetse binatewe n’umubare w’abakoresha Username yanjye mu gihe bagiye gutangira urugendo rwa mining.
Nk’ubu nawe iyo wakora ukaba uyicukura ni pi network: Icyo nkubwira nuko iyo umaze kwiyandikisha buri masaaha 24 wajya ugenda kuri app yayo ugakanda ijambo mine mine gusa ubundi amafaranga akidownlodinga mu masaha 24 akurikiyeho.
Waca kuri iyi link unyuze hano ubundi ukoreshe iyi username (Yamini01234) nka invitation code, nawe ugatangira ugacukura amafaranga y’ubuntu
Iyo ufunguye account udakoresheje iyo Username ntabwo umutekano w’amafaranga wamininze uba wizewe, ndetse n’ingano y’amafaranga udownloadinga agahita yiyongera kuko iyo ukoresheje iriya Username utangirana Pi imwe ihwanye n’Amadorali 40.
Buri munsi usabwe kujya wibuka gukanda ku ijambo mine kugirango ukomeze kudownloadinga amafaranga y’ubuntu, igihe cyo kubikuza tuzababwira uburyo bikorwa.
Ku bantu basanzwe bakora mining ya Pi Network, igihe cyo kubikuza kiregereje kuko yatangiye no gukoreshwa mu guhaha ibintu bitandukanye. Abemerewe kuyikoresha bahaha ni abamaze gukorerwa KYC verification.
Kugirango wemererwe gukora KYC Verification ari nayo izagufasha mu kubikuza, ni uko uba usanzwe ukora mining buri munsi.
Ku bindi bisobanuro by’uko wabikuza twandikire kuri WhatsApp: +254700212775