Nyuma yo kugera muri Tanzania Diamond Platnumz yasangije abarenga miliyoni 16 bamukurikira kuri Instagram amashusho ye ajya kuramukanya na Perezida Kagame wakurikiye igitaramo uyu muhanzi yakoreye muri BK Arena gitangiza Iserukiramuco Giants Of Africa.
Aya mashusho agaragaramo Masai Ujiri ayoboye Diamond mu cyumba kirimo Perezida Kagame n’umuryango agenda amusobanurira buri umwe uhari na we akagenda abasuhuza.
Ni igikorwa cyakoze ku mutima wa Diamond Platnumz wishimiye guhura n’Umukuru w’Igihugu nyuma yo kumubona mu bafana igihe we yari ku rubyiniro.
Umuyobozi w’Ikipe ya Toronto Raptors n’Umuryango Giants of Africa, Masai Ujiri, yahishuye ko ari we wahuje Diamond na Perezida Kagame nyuma y’uko uyu muhanzi yari abimusabye ko yifuza gusuhuza Umukuru w’Igihugu.
Ibi yabitangaje kuri uyu wa Mbere, tariki ya 14 Kanama 2023, ubwo habaga umuhango wo gushyira ibuye ry’ifatizo ahagiye kubakwa ibikorwa bya “Zaria Court”, i Remera ahegereye Stade Amahoro.
Masai Ujiri yatangaje ko umuziki na Siporo ari ibintu bibiri bihuza cyane abantu benshi ndetse bikagira uruhare mu mibanire y’abantu.
Aha ni ho yatanze urugero rw’ukuntu Diamond yamusabye guhura na Perezida Kagame nyuma yo kumubona ari mu bafana bari bizihiwe n’umuziki we.
Ati “Nimugoroba twari dufite igitaramo kidasanzwe, twaramiwe na Diamond Platnumz, nyuma yaje arambwira ati ‘ndifuza guhura na Perezida Kagame’, yahuye na Perezida gusa ikintu cya mbere yamubwiye ni iyi Arena amubwira uburyo hari byinshi yigiye kuri iyi nyubako n’uko arota kuzabona Arena mu gihugu iwabo.”
Nyuma yo guhura na Perezida Kagame, Diamond yanditse ubutumwa burebure amushimira umuhate agira mu guteza imbere imibereho y’urubyiruko n’ibikorwa by’imyidagaduro muri rusange.
Yanditse ati “Nyuma y’akazi kenshi muba mufite, urukundo ukunda urubyiruko no kwiyemeza guteza imbere ubuhanzi na siporo byagaragaye nk’uko mwifatanyije natwe ejo. Ubwitange bwawe mu guteza imbere umuco n’ubuhanzi birashimishije rwose.”
“Ndabashimira ku buryo mwanyakiriye no gushyiraho umwuka mwiza ushishikariza ubufatanye n’iterambere.”
“Tugiye gukomeza gushimangira umubano uri hagati y’ibihugu byacu, imiryango yacu y’ubuhanzi hamwe na siporo.”
Diamond Platnumz yakabije inzozi zo kuririmba muri BK Arena ku wa 13 Kanama 2023, nyuma yo kuyisura mu 2019 akifuza kuyitaramiramo.
Tubibutse ko mushobora gukurikirana iki gitangazamakuru ku mbuga nkoranyambaga zacyo zemewe, mukazajya mugezwaho amakuru agezweho ako kanya. Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu.
Niba mwifuza ko tubamamariza ibikorwa byanyu bikabasha kwamamara hose ku isi, mushobora kuduhamagara/kutwandikira kuri +250782967060
Niba usanzwe ucika intege mu gihe cyo gutera akabariro koresha REVIVE capsules (Ni Umwe mu miti Gakondo y’abashinywa yizewe ku rwego Mpuzamahanga Mugezwaho N’Ivuriro Fukang Healthcare)
REVIVE ikorwa gusa mu byatsi bisanzwe byitwa Epimedium. N’igihingwa kirandaranda cyiri mu muryango w’ibihingwa bizwi nka berberidacea kiboneka mu majyepfo y’Ubushinwa ndetse no mu bice bimwe na bimwe bya Aziya.
REVIVE yongera ogisijeni (Oxygen) mu maraso. REVIVE irinda kandi ikavura gusohora imburagihe ndetse ikanavura ingaruka ziterwa no kwikinisha.
IBYIZA BYO GUKORESHA REVIVE:
Ikiza gusohora imburagihe no gucika intege utera akabariro. Yongera libido (Ubushake) ku kigero cyo hejuru. Yongera umusaruro w’intanga mu bwiza n’ubwinshi. Ihangana n’ingaruka zo kwikinisha, ikongera imbaraga za kigabo ndetse ikanafasha mu kongera amasohoro
Gukoresha revive bikakurinda gupfubya uwo muhuye.
REVIVE IGIZWE N’IBININI 10
UKO IFATWA: Unywa ikinini kimwe mu minsi ine, ukakinywesha amazi y’akazuyaze.
Niba wiyumva nkutakibasha gushimisha uwo mwashakanye cg se umukunzi (partner) wawe, Wizuyaza kuduhamagara cg se kutwandikira ngo tugufashe!
N.B ubaye ufite ikindi kibazo kihariye kigendanye n’ubuzima waca mugikari tukabiganiraho Birambuye. Aho uherereye hose imiti yacu yakugeraho.
Iyi product wayibona ku giciro cya 40000 Frw. Hamagara & WhatsApp Number: +250788920788
People Beats Muzika ni company nshya ikora ibijyanye na music consultancy ndetse ikanatunganya ibihangano n’ibindi byose bifitanye isano na sound engineering Uramutse ukeneye kubagana wahamagara kuri +250 787167585 cyangwa ukabandikira ku mbuga nkoranyambaga zabo, aho bakoresha amazina ya People Beats ku mbuga nkoranyambaga zose. Kanda hano ubashe kubandikira kuri facebook
Niba hari inkuru mufite mushaka gusangiza abakurikira uru rubuga (Amazuku.com), mwatwandikira kuri info@amazuku.com