Hamenyekanye imyanzuro ikomeye cyane yavuye mu biganiro byahuje u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda yatangaje ko abayobozi bitabiriye ibiganiro bya Luanda bigamije gushakira umuti ikibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byanzuye ko impande zihanganye mu mirwano zigomba kuyihagarika. 

Ku wa Kabiri Tariki 31 Nyakanga i Luanda muri Angola hongeye guteranira inama igamije gushakira igisubizo iki kibazo cy’umutekano muke, n’ibibazo by’umwuka mubi uri hagati y’u Rwanda na RDC. 

Muri ibi biganiro, uruhande rw’u Rwanda rwari ruhagarariwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe, RDC yo ihagarariwe na Thérèse Kayikwamba. Perezida wa Angola João Lourenço yabyitabiriye nk’umuhuza. 

Amakuru Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda yashyize hanze yavuze ko “Iyi nama ya kabiri iri ku rwego rwa minisiteri ku mutekano n’amahoro mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yabereye muri Angola yasojwe. Inama yanzuye ihagarikwa ry’imirwano hagati y’impande zihanganye mu Burasirazuba bwa Congo uhereye tariki 4 Kanama[…] u Rwanda ruracyashikamye ku ntego yo kugira ku mahoro arambye mu karere binyuze mu gukemura ibibazo haherewe mu mizi.” 

Intumwa z’u Rwanda n’iza RDC zaherukaga guhurira muri Angola muri Werurwe 2024, zifata imyanzuro irimo ko kugira ngo umutekano muke mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru wabaye izingiro ry’aya makimbirane ugaruke, imirwano hagati y’ingabo za RDC n’umutwe wa M23 igomba guhagarara. 

Muri Werurwe 2024, byari byarateganyijwe ko ibiganiro byari kuba muri Mata bizategura uguhura kwa Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Félix Tshisekedi wa RDC, cyane ko bigizwemo uruhare na Angola, aba bakuru b’ibihugu byombi bari baremeye guhura amaso ku yandi. 

Intumwa za RDC zemeye kandi ko muri iyi nama yari yarateganyijwe muri Mata 2024, zizerekana uburyo ziteganya gusenya umutwe wa FDLR. 

Gusa nyuma y’iminsi mike ibi biganiro bibaye, Christophe Lutundula wari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa RDC yabwiye abanyamakuru i Kinshasa ko we n’abari mu butegetsi batazi aho FDLR iherereye, bitera kwibaza niba koko ibyo biyemeje bazabikora. 

Tubibutse ko mushobora gukurikirana iki gitangazamakuru ku mbuga nkoranyambaga zacyo zemewe, mukazajya mugezwaho amakuru agezweho ako kanya.  

Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu. 

IGIHE CYO KUBIKUZA KURI PI NETWORK CYAGEZE: Reba ibisabwa muri iyi nkuru 

Muntu uba muri iyi si y’ikoranabuhanga ukaba udakora mining ya cryptocurrency waracikanwe. 

Ubundi ku bantu batabizi, mining ni uburyo bukoreshwa muri cryptocurrency, nk’ubucukuzi bw’amafaranga atangwa ku buntu nta gishoro watanze.  

Icyo wowe ukora ni ugukanda ku ijambo mine gusa ubundi amafaranga y’ubunu akaba downloaded icyo gihe uba uri gucukura icyo bita coin. Izo coin nizo uvunjamo amafaranga ku buntu  

Habaho coin nyinshi zikorerwa mining nzagenda nzibereka gacyegacye bitewe nuko nzajya mbanza nkayikoraho ubushakashatsi nkamenya ko ifite gahunda ifatika, ndetse binatewe n’umubare w’abakoresha Username yanjye mu gihe bagiye gutangira urugendo rwa mining.  

Nk’ubu nawe iyo wakora ukaba uyicukura ni pi network: Icyo nkubwira nuko iyo umaze kwiyandikisha buri masaaha 24 wajya ugenda kuri app yayo ugakanda ijambo mine mine gusa ubundi amafaranga akidownlodinga mu masaha 24 akurikiyeho.  

Waca kuri iyi link unyuze hano ubundi ukoreshe iyi username (Yamini01234) nka invitation code, nawe ugatangira ugacukura amafaranga y’ubuntu  

Iyo ufunguye account udakoresheje iyo Username ntabwo umutekano w’amafaranga wamininze uba wizewe, ndetse n’ingano y’amafaranga udownloadinga agahita yiyongera kuko iyo ukoresheje iriya Username utangirana Pi imwe ihwanye n’Amadorali 40. 

Buri munsi usabwe kujya wibuka gukanda ku ijambo mine kugirango ukomeze kudownloadinga amafaranga y’ubuntu, igihe cyo kubikuza tuzababwira uburyo bikorwa. 

Ku bantu basanzwe bakora mining ya Pi Network, igihe cyo kubikuza kiregereje kuko yatangiye no gukoreshwa mu guhaha ibintu bitandukanye. Abemerewe kuyikoresha bahaha ni abamaze gukorerwa KYC verification. 

Kugirango wemererwe gukora KYC Verification ari nayo izagufasha mu kubikuza, ni uko uba usanzwe ukora mining buri munsi.  

Ku bindi bisobanuro by’uko wabikuza twandikire kuri WhatsApp: +254700212775 

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *