Hashyizwe hanze Umubare w’Abanyarwanda bari mu bukene watumye benshi bacika Ururondogoro

U Rwanda rwagiye rushyiraho porogaramu zitandukanye zigamije kugabanya ubukene zuzuzanya n’izo ku rwego ariko haracyari umubare munini w’abaturage barwo bakennye n’abakennye cyane. 

Ingamba zo kugabanya ubukene zavuzwe muri porogaramu z’igihugu zirimo Icyerekezo 2020, EDPRS 1 na 2 n’izo ku rwego mpuzamhanga nk’Intego z’Ikinyagihumbi naho kuri ubu ni Icyerekezo 2050, NST1 na Agenda2063. 

Uko imyaka yagiye ishira ni ko habayeho impinduka mu mibereho y’Abanyarwanda by’umwihariko bigaragarira ku kuba icyizere cyo kubaho cyaravuye ku myaka 51,2 mu 2002 ikaba 64,5 mu 2021 na 69,6 mu 2022. 

Ubukene bwaragabanutse buva ku ijanisha rya 60,4 mu 2000 bugera kuri 38,2 mu 2017 mu gihe ubukene bukabije bwagabanutse bukava kuri 40% bukagera kuri 16% mu gihe nk’iki. 

Kugabanya ubukene biracyari imwe mu nkingi z’icyerekezo cy’u Rwanda 2050 ndetse igihugu gifite intumbero yo guhindura imibereho y’abagituye harandurwa ubukene bukabije bitarenze umwaka wa 2024 (NST1). 

Ibarura Rusange ry’Abaturage n’Imiturire ryakozwe mu 2022 ryerekanye ko Abanyarwanda barenga miliyoni 13. 

Isesengura ry’ibyavuye muri iri barura ku bijyanye n’ubukene mu Banyarwanda, ryerekana ko abaturage 887.508 bafite ubukene bukabije naho 3.139.395 bari mu bukene bworoheje. Muri rusange abakennye bose ni 4.026.903 bangana na 30,4% by’ababaruwe. 

Ibice by’icyaro ni byo bifite umubare munini w’abaturage bakennye (3.502.686) bangana na 37,3% ugereranyije na 13,4% mu mijyi. 

Ku rwego rw’Intara, iy’Iburengerazuba n’Amajyepfo zinganya ijanisha ry’abakennye (35), mu gihe Iburasirazuba habarurwa 34,6% na ho mu Mujyi wa Kigali bakaba 9,5%. 

Ibyavuye muri iri barura bitandukanye n’ibyo mu yaribanjirije kuko mu 2012 Intara z’Iburengerazuba n’Iburasirazuba ni zo zari zikennye cyane n’ijanisha rya 42% kuri buri ntara. 

Ku rwego rw’Uturere, Gisagara, Nyanza, Rutsiro, Nyamagabe, Ngororero, Nyaruguru, Gatsibo, Nyagatare na Ngoma [dufite ibice binini by’icyaro] dufite abaturage bari mu bukene ku ijanisha riri hagati ya 37 na 45. 

Uturere turimo Nyamasheke, Rubavu, Rusizi, Burera, Karongi, Kirehe, Nyabihu, Kayonza na Ruhango dufite ijanisha ry’abakene riri hagati ya 32 na 36. Utundi turimo Rulindo, Muhanga, Rwamagana, Musanze na Gakenke turi munsi ya 30% by’igipimo cy’ubukene. 

Mu Mujyi wa Kigali, Kicukiro ifite igipimo cy’ubukene kiri hasi (6,7%) igakurikirwa na Nyarugenge (9%) na Gasabo (11,1%). 

Ibisubizo by’ibarura ku bijyanye n’ubukene bigera no ku rwego rw’umurenge. Abaturage bakennye cyane ni abo mu Mirenge ya Muhanda (Ngororero), Gishubi (Gisagara), Nkombo (Rusizi), Cyanzarwe (Rubavu), Busasamana (Rubavu), Nkomane (Nyamagabe), Rusebeya (Rutsiro), Jarama (Nyagatare) naButare (Rusizi). 

Abakennye byo mu rugero ni abo mu Mirenge ya Niboye (Kicukiro), Rwezamenyo (Nyarugenge), Nyarugunga (Kicukiro), Kicukiro (Kicukiro), Kacyiru (Gasabo), Kimironko (Gasabo), Gikondo (Kicukiro), Kimihurura (Gasabo), Muhima (Nyarugenge) na Nyarugenge (Nyarugenge). 

Imirenge ikennye cyane ni iyo mu turere tugaragaramo ubukene bwo ku rwego rwo hejuru mu Ntara y’Iburengerazuba, Iburasirazuba n’Amajyepfo mu gihe ikennye byoroheje ari iyo mu Mujyi wa Kigali. 

Mu biranga abakene nk’uko ibarura ryabigaragaje harimo kuba batuye mu nzu zubakishije cynagwa zisakaje ibikoresho bidakomeye, bize amashuri abanza yonyine cyangwa batarigeze bagera mu ishuri. 

Ni abantu bagwiriyemo abapfakaye, abatandukanye n’abo bashakanye cyangwa abo mu ngo zirangwamo amakimbirane. Muri izi ngo z’abakene internet ntiharangwa kandi usanga benezo byabyara abana benshi. 

Abazigize bakora imirimo y’ubuhinzi budatanga umusaruro ufatika, bafite ubumenyi buciriritse kandi bahora bimuka bashakisha ubuzima. 

Abari mu cyiciro cy’imyaka 30-44 ni bo benshi mu bakene aho Ikigo cy’Ibarurishamibare kivuga ko bishobora kuba biterwa n’uko ari bwo benshi baba batangiye gushing ingo. 

Iri barura kandi ryerekana ko miliyoni 7,9 ari bo Banyarwanda bari mu kigero cyo gukora, ni ukuvuga ko ari abafite kuva ku myaka 16 gusubiza hejuru. Muri abo abafite akazi ni 45,9%. 

Ku rwego rw’Igihugu urubyiruko rungana na 40% [bafite imyaka iri hagati ya 16 na 30] ntibari mu kazi cyangwa mu ishuri. 

IGIHE

Tubibutse ko mushobora gukurikirana iki gitangazamakuru ku mbuga nkoranyambaga zacyo zemewe, mukazajya mugezwaho amakuru agezweho ako kanya. Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu. 

Niba mwifuza ko tubamamariza ibikorwa byanyu bikabasha kwamamara hose ku isi, mushobora kuduhamagara/kutwandikira kuri +250782967060 

Niba usanzwe ucika intege mu gihe cyo gutera akabariro koresha REVIVE capsules (Ni Umwe mu miti Gakondo y’abashinywa yizewe ku rwego Mpuzamahanga Mugezwaho N’Ivuriro Fukang Healthcare) 

REVIVE ikorwa gusa mu byatsi bisanzwe byitwa Epimedium. N’igihingwa kirandaranda cyiri mu muryango w’ibihingwa bizwi nka berberidacea kiboneka mu majyepfo y’Ubushinwa ndetse no mu bice bimwe na bimwe bya Aziya. 

REVIVE yongera ogisijeni (Oxygen) mu maraso. REVIVE irinda kandi ikavura gusohora imburagihe ndetse ikanavura ingaruka ziterwa no kwikinisha. 

IBYIZA BYO GUKORESHA REVIVE: 

Ikiza gusohora imburagihe no gucika intege utera akabariro. Yongera libido (Ubushake) ku kigero cyo hejuru. Yongera umusaruro w’intanga mu bwiza n’ubwinshi. Ihangana n’ingaruka zo kwikinisha, ikongera imbaraga za kigabo ndetse ikanafasha mu kongera amasohoro 

Gukoresha revive  bikakurinda gupfubya uwo muhuye. 

REVIVE IGIZWE N’IBININI 10 

UKO IFATWA: Unywa ikinini kimwe mu minsi ine, ukakinywesha amazi y’akazuyaze. 

Niba wiyumva nkutakibasha gushimisha uwo mwashakanye cg se umukunzi (partner) wawe, Wizuyaza kuduhamagara cg se kutwandikira ngo tugufashe! 

N.B ubaye ufite ikindi kibazo kihariye kigendanye n’ubuzima waca mugikari tukabiganiraho Birambuye. Aho uherereye hose imiti yacu yakugeraho. 

Iyi product wayibona ku giciro cya 40000 Frw. Hamagara & WhatsApp Number: +250788920788 

People Beats Muzika ni company nshya ikora ibijyanye na music consultancy ndetse ikanatunganya ibihangano n’ibindi byose bifitanye isano na sound engineering Uramutse ukeneye kubagana wahamagara kuri +250 787167585 cyangwa ukabandikira ku mbuga nkoranyambaga zabo, aho bakoresha amazina ya People Beats ku mbuga nkoranyambaga zose. Kanda hano ubashe kubandikira kuri facebook

Niba hari inkuru mufite mushaka gusangiza abakurikira uru rubuga (Amazuku.com), mwatwandikira kuri info@amazuku.com  

About Kwizera Yamini

I only talk when i feel my words are better than my silence. sometimes it may hurt or irritate but i like my Silence

View all posts by Kwizera Yamini →

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *