Ishimwe Dieudonné [Prince Kid] yasabye anakwa umukunzi we Miss Iradukunda Elsa wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu 2017 mu birori byabereye mu busitani bwa Jalia Hall & Garden i Kabuga.
Ibi birori byabaye kuri uyu wa Kane, tariki ya 31 Kanama 2023 byitabiriwe n’inshuti n’imiryango y’aba bombi barimo Mushyoma Joseph washinze East African Promoters (EAP) akaba ari na we ‘Parrain’ wa ‘Prince Kid’, Kate Bashabe, Massamba Intore waririmbiye abageni, Platini P, Miss Iradukunda Liliane, Miss Nimwiza Meghan, Mariya Yohana, Ingabire Marie Immaculée, Lt Col. Simon Kabera, Umuvugizi Wungirije wa RDF n’abandi.
Abahanzi buje ibigwi mu muziki w’u Rwanda, Massamba Intore na Mariya Yohana baririmbye Miss Iradukunda Elsa asanganira umukunzi we Ishimwe Dieudonné ‘Prince Kid’.
Ni ibirori byari biyobowe na Basile Uwimana. Biteganyijwe ko bikurikirwa n’umuhango wo gusezerana imbere y’Imana uzaba ku wa 1 Nzeri 2023 i Rusororo mu Intare Conference Arena.
Uyu muhango wo gusaba no gukwa ubaye nyuma yo guhana isezerano ryo kubana akaramata imbere y’amategeko ku wa 2 Werurwe 2023 mu Murenge wa Rusororo mu karere ka Gasabo.
Hari amakuru avuga ko umwaka ushize ubwo Prince Kid yatabwaga muri yombi yari yaramaze gufata irembo kwa Miss Iradukunda Elsa.
Ni ubukwe butashye nyuma y’amakuru yavuzwe ko bwasubitswe nyuma yaho Ubushinjacyaha bujuririye icyemezo cyo kugira umwere Ishimwe Dieudonné.
Ni ibirori byari bitegerezanyijwe amatsiko na benshi dore ko inkuru y’urukundo rwa Iradukunda na Ishimwe iri mu zagarutsweho na benshi mu 2022 mu bakurikira imyidagaduro.
Iradukunda Elsa umukobwa wamamaye cyane ubwo yegukanaga ikamba rya Miss Rwanda mu 2017, mu 2022 yongeye kuzamura amarangamutima ya benshi ubwo yagaragazaga kurwanira ishyaka Ishimwe Dieudonné [Prince Kid] wari watawe muri yombi.
Icyo gihe Prince Kid yafashwe akurikiranyweho ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina byakekwaga ko yakoreye bamwe mu bakobwa bitabiriye Miss Rwanda yari amaze igihe ategura.
Nyuma yo kubona ibibaye ku mukunzi we, Iradukunda Elsa, yihaye intego zo gukusanya inyandiko zizifashishwa nk’ibimenyetso byo gushinjura uyu musore bakundanaga.
Yanyuze kuri bamwe mu bakobwa bitabiriye Miss Rwanda mu myaka itandukanye bamusinyira impapuro z’uko ibyo byaha Prince Kid atigeze abibakorera, yewe ashaka na noteri aramusinyira.
Ni igikorwa cyafashwe nko kubangamira iperereza bituma na we atabwa muri yombi aba yinjiye inzira y’ubutabera atyo gusa yaje kurekurwa nyuma y’ibyumweru hafi bitatu.
Ibikorwa Iradukunda yakoze byarushijeho kugaragaza urukundo akunda Prince Kid, aha ni ho benshi batangiye gutega iminsi Prince Kid bashaka kureba niba koko azitura uyu mukobwa ku rukundo yamweretse.
Hari amakuru avuga ko aho Prince Kid yari afungiye by’agateganyo abantu bamugeragaho bamubwiraga inzira y’umusaraba Iradukunda Elsa ari gucamo kubera uko kumurwanira ishyaka.
Ibi byakoze ku mutima w’uyu musore bivugwa ko mu minsi ya nyuma ari muri gereza, yari yarafashe icyemezo cy’uko narekurwa azahita akora ibishoboka byose akarushinga na Iradukunda Elsa.
IGIHE
Tubibutse ko mushobora gukurikirana iki gitangazamakuru ku mbuga nkoranyambaga zacyo zemewe, mukazajya mugezwaho amakuru agezweho ako kanya. Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu.
Niba mwifuza ko tubamamariza ibikorwa byanyu bikabasha kwamamara hose ku isi, mushobora kuduhamagara/kutwandikira kuri +250782967060
Niba usanzwe ucika intege mu gihe cyo gutera akabariro koresha REVIVE capsules (Ni Umwe mu miti Gakondo y’abashinywa yizewe ku rwego Mpuzamahanga Mugezwaho N’Ivuriro Fukang Healthcare)
REVIVE ikorwa gusa mu byatsi bisanzwe byitwa Epimedium. N’igihingwa kirandaranda cyiri mu muryango w’ibihingwa bizwi nka berberidacea kiboneka mu majyepfo y’Ubushinwa ndetse no mu bice bimwe na bimwe bya Aziya.
REVIVE yongera ogisijeni (Oxygen) mu maraso. REVIVE irinda kandi ikavura gusohora imburagihe ndetse ikanavura ingaruka ziterwa no kwikinisha.
IBYIZA BYO GUKORESHA REVIVE:
Ikiza gusohora imburagihe no gucika intege utera akabariro. Yongera libido (Ubushake) ku kigero cyo hejuru. Yongera umusaruro w’intanga mu bwiza n’ubwinshi. Ihangana n’ingaruka zo kwikinisha, ikongera imbaraga za kigabo ndetse ikanafasha mu kongera amasohoro
Gukoresha revive bikakurinda gupfubya uwo muhuye.
REVIVE IGIZWE N’IBININI 10
UKO IFATWA: Unywa ikinini kimwe mu minsi ine, ukakinywesha amazi y’akazuyaze.
Niba wiyumva nkutakibasha gushimisha uwo mwashakanye cg se umukunzi (partner) wawe, Wizuyaza kuduhamagara cg se kutwandikira ngo tugufashe!
N.B ubaye ufite ikindi kibazo kihariye kigendanye n’ubuzima waca mugikari tukabiganiraho Birambuye. Aho uherereye hose imiti yacu yakugeraho.
Iyi product wayibona ku giciro cya 40000 Frw. Hamagara & WhatsApp Number: +250788920788
People Beats Muzika ni company nshya ikora ibijyanye na music consultancy ndetse ikanatunganya ibihangano n’ibindi byose bifitanye isano na sound engineering Uramutse ukeneye kubagana wahamagara kuri +250 787167585 cyangwa ukabandikira ku mbuga nkoranyambaga zabo, aho bakoresha amazina ya People Beats ku mbuga nkoranyambaga zose. Kanda hano ubashe kubandikira kuri facebook
Niba hari inkuru mufite mushaka gusangiza abakurikira uru rubuga (Amazuku.com), mwatwandikira kuri info@amazuku.com