Kigali – Rusizi: Hamenyekanye inkuru nziza cyane kuri buri Munyarwanda wese ufite inzozi zo kugendera mu ndege

Abakora ingendo Kigali-Kamembe bagaragaza ko yihutisha akazi kabo kandi bikabarinda igihombo ugereranije no gutega imodoka. 

Bamwe mu bakora ingendo Kigali-Kamembe basobanura impamvu bahitamo gukoresha inzira yo mu kirere kuruta gukoresha inzira y’ubutaka. 

Cyiza Richard yagize ati: “Nk’umuntu ufite imodoka nini ya V8 ushobora gukoresha ibihumbi 180 bya Essence ugashyiraho n’umunaniro n’urugendo rurerure, waza n’indege ukishyura ibihumbi 119 by’amafaranga, urumva ko harimo itandukaniro rinini cyane”. 

Rugema Odele na we ahamya ko harimo itandukaniro. Ati “Urumva rero ni ibintu byiza, itike yaragabanutse nibura uramutse wari gufata imodoka yawe ugatega ukaza i Rusizi ugasubirayo, usanga byenda kungana na essence wari kugura kandi noneho indege yo irihuta”. 

Akomeza avuga ko mu minota 40 aba ageze i Rusizi agakora ibyo akora akagenda ku munsi ukurikiyeho. 

Ati: “Ejo wasubirayo utarushye nta n’ikibazo cy’uko imodoka yanagupfiraho mu nzira ukaba wabura n’umukanishi”. 

Indege nka kimwe mu buryo bwihutisha ingendo Kigali-Kamembe ihakoresha iminota itarenga 30 mu gihe imodoka ihakoresha igihe kitari munsi y’amasaha 5. 

Hari bamwe mu batuye n’abakorera mu Mujyi wa Kigali bavuga ko kwiyongera kw’ibibuga by’indege no gukora ingendo nyinshi hirya no hino mu gihugu byarushaho gutuma abantu bitabira kuzikoresha. 

Gahongayire Beatrice, umucuruzi mu Mujyi wa Kigali, agira ati: “Ku bwanjye nk’umucuruzi numva byari byaratinze kubera yuko iyo ushatse kujya nka Rusizi, ugenda n’imodoka, ukagerayo wananiwe, imodoka yawe ikanywa essence no kuba imodoka ubwayo izamura ibirometero. 

Uko uhora ugenda buri munsi bituma imodoka isaza noneho ubwo no kuba wagerayo wananiwe ukaba utakora bwa bucuruzi bwawe wari ugiye gukora nabyo ni ikindi gihombo”. 

Umuhoza Celine agaraga ko kuva i Kigali kugera muri Nyungwe, akoresha amasaha 6. 

Ati: “Ku muntu usura hari igihe agerayo yananiwe cyane ugasanga bitumye atabasha gusura ariko kubera ko bitumye agerayo ananiwe, cya gikorwa cyo gusura aragisubitse. 

Gukoresha ibibuga by’indege bizadufasha kuko bizafata igihe gitoya ku buryo niba nafataga amasaha 6 n’imodoka, ubu bizantwara isaha kugira ngo mpagere”. 

Kuva mu ntangiriro z’uyu mwaka, Sosiyete ya RwandAir yagabanijeho 50% by’igiciro cy’itike y’indege mu cyerekezo cya Kigali – Kamembe aho ubu ari amadolari 99. 

Ku rundi ruhande, abacuruzi b’amatike y’indege bavuga ko hari abantu bakwiye guhindura imyumvire kuko n’abafite ubushobozi badakunze gukoresha indege mu ngendo zabo. 

Nyirantwari Esperance, umucuruzi w’amatike y’indege agira ati “Kamembe RwandAir yaragabanije, kera yari amadolari 180 ubu yashyize ku madolari 90. 

Abanyarwanda bagakwiye kubyiyumvamo bagatega indege, bakumva ko indege ari izabo cyane ko amafaranga ari make, abanyarwanda bafite amafaranga ikibazo ni uguhindura imyumvire”. 

Umuhire Celine, Umuyobozi w’ishami ry’ubucuruzi muri RwandAir ku kibuga cya Kamembe, ashimangira ko kugabanya ibiciro byatumye abatega indege barushaho kwiyongera. 

Ati: “Abaturage bacu ba kano Karere bari basabye yuko bagabanyirizwa noneho ikigo na Leta yacu babirebaho kandi bahita babikora. 

Kamembe – Kigali ubundi dutwara abantu bageze kuri 40 kubera kino kibuga cyacu gifite imbago (Limite). 

Kugabanya ibiciro by’amatike y’indege byabanje gukorwa ku banyarwanda batega indege y’urugendo Kigali – Kamembe ariko kuri ubu birakorwa kuri buri wese uyitega”. 

Kugeza ubu hakenewe ubukangurambaga no guhindura imyumvire kugira ngo abantu bitabire gukoresha indege mu ngendo zabo Kigali-Kamembe. Hakorwa urugendo rumwe ku munsi rwo kugenda no kugaruka. 

Sosiyete y’indege ya RwandAir ivuga ko kugabanya ibiciro by’ingendo z’imbere mu gihugu byongereye umubare w’abayitega bityo bikuba inshuro 8. 

Imvaho Nshya

Tubibutse ko mushobora gukurikirana iki gitangazamakuru ku mbuga nkoranyambaga zacyo zemewe, mukazajya mugezwaho amakuru agezweho ako kanya. Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu. 

Niba mwifuza ko tubamamariza ibikorwa byanyu bikabasha kwamamara hose ku isi, mushobora kuduhamagara/kutwandikira kuri +250782967060 

Niba usanzwe ucika intege mu gihe cyo gutera akabariro koresha REVIVE capsules (Ni Umwe mu miti Gakondo y’abashinywa yizewe ku rwego Mpuzamahanga Mugezwaho N’Ivuriro Fukang Healthcare) 

REVIVE ikorwa gusa mu byatsi bisanzwe byitwa Epimedium. N’igihingwa kirandaranda cyiri mu muryango w’ibihingwa bizwi nka berberidacea kiboneka mu majyepfo y’Ubushinwa ndetse no mu bice bimwe na bimwe bya Aziya. 

REVIVE yongera ogisijeni (Oxygen) mu maraso. REVIVE irinda kandi ikavura gusohora imburagihe ndetse ikanavura ingaruka ziterwa no kwikinisha. 

IBYIZA BYO GUKORESHA REVIVE: 

Ikiza gusohora imburagihe no gucika intege utera akabariro. Yongera libido (Ubushake) ku kigero cyo hejuru. Yongera umusaruro w’intanga mu bwiza n’ubwinshi. Ihangana n’ingaruka zo kwikinisha, ikongera imbaraga za kigabo ndetse ikanafasha mu kongera amasohoro 

Gukoresha revive  bikakurinda gupfubya uwo muhuye. 

REVIVE IGIZWE N’IBININI 10 

UKO IFATWA: Unywa ikinini kimwe mu minsi ine, ukakinywesha amazi y’akazuyaze. 

Niba wiyumva nkutakibasha gushimisha uwo mwashakanye cg se umukunzi (partner) wawe, Wizuyaza kuduhamagara cg se kutwandikira ngo tugufashe! 

N.B ubaye ufite ikindi kibazo kihariye kigendanye n’ubuzima waca mugikari tukabiganiraho Birambuye. Aho uherereye hose imiti yacu yakugeraho. 

Iyi product wayibona ku giciro cya 40000 Frw. Hamagara & WhatsApp Number: +250788920788 

People Beats Muzika ni company nshya ikora ibijyanye na music consultancy ndetse ikanatunganya ibihangano n’ibindi byose bifitanye isano na sound engineering Uramutse ukeneye kubagana wahamagara kuri +250 787167585 cyangwa ukabandikira ku mbuga nkoranyambaga zabo, aho bakoresha amazina ya People Beats ku mbuga nkoranyambaga zose. Kanda hano ubashe kubandikira kuri facebook

Niba hari inkuru mufite mushaka gusangiza abakurikira uru rubuga (Amazuku.com), mwatwandikira kuri info@amazuku.com  

About Kwizera Yamini

I only talk when i feel my words are better than my silence. sometimes it may hurt or irritate but i like my Silence

View all posts by Kwizera Yamini →

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *