Umuryango wa Bibiliya mu Rwanda,BSR, watangije ku mugaragaro ubukangurambaga bugamije gukangurira abakunda ijambo ry’Imana binyuze muri Bibiliya gutera inkunga ibikorwa byo kuyicapa bwiswe “Shyigikira Bibiliya Campaign”.
Ubu bukangurambaga bwatangijwe mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cya Bibiliya nyuma y’uko bamwe mu bahoze ari abaterankunga ba Bibiliya bagabanutse cyane ku kigero cya 80% guhera muri 2013.
Igabanuka ry’abaterankunga ba Bibiliya rishingiye ku kuba bamwe mu bari bayoboye ibigo byatangaga inkunga bagiye bitaba Imana, abandi bagasaza bakaraga abana babo ibigo byabo ariko ugasanga bo ntibafite umutima wo kuyishyigikira nk’uko ababyeyi babo babyitagaho.
Igikorwa cyo gutangiza ubu bukangurambaga ku mugaragaro cyabereye muri Kigali Convention Center, cyitabirwa n’abayobozi b’amadini n’amatorero atandukanye mu Rwanda basabwe gukora ibishoboka kugira ngo abanyamadini n’abakunda Bibiliya bagire uruhare mu gucapa bibiliya.
Umuvugizi Mukuru w’Umuryango wa Bibiliya mu Rwanda, Antoine Cardinal Kambanda, yavuze ko ubu bukangurambaga bugamije kwibutsa buri wese ko afite inshingano zo guharanira ko Bibiliya ikomeza kuboneka mu Rwanda.
Ati “Kuba dufite Bibiliya yanditswe mu Kinyarwanda, tukamenya ko Imana ivuga ikinyarwanda ni amahirwe akomeye, ni umugisha ko iryo jambo ry’Imana riboneka kuri bose.”
Yavuze ko ari igihe cyo kongera guharanira ko umuryango wa Bibiliya mu Rwanda wongera gukura cyane ko uri guhura na zimwe mu mbogamizi zikomeye zishingiye ku bibazo byugarije Isi, bikagira ingaruka no kuri Bibiliya.
Ati “Ikitubabaza ntabwo BSR iri kugendera ku muvuduko nk’uwo n’ibindi biri kugenderaho. Wagira ngo umuryango wa Bibiliya uracyari uwo muri 1980, turagira ngo tuwuhe imbaraga kandi dufatanyije byashoboka.”
Antoine Cardinal Kambanda yavuze ko buri Munyarwanda atanze 1000 Frw haboneka nibura miliyoni 12 Frw mu gihe hatangwa 500 Frw nibura hakaboneka miliyoni esheshatu, bityo ko ubufatanye ari bwo bw’ingenzi mu guteza imbere iki gitabo gitagatifu.
Yakomeje ati “Bibiliya tuyisangamo twese, inkunga yabonaga zigenda zigabanuka umunsi ku munsi ariyo mpamvu tugira ngo twishakemo ibisubizo. Twifuje gukangurira buri wese ukunda Bibiliya ngo mu bushobozi bwacu twishakemo ibisubizo byazatuma tutagira ibibazo bya Bibiliya mu minsi iri imbere.”
Umunyamabanga w’Umuryango Bibiliya mu Rwanda,Viateur Ruzibiza, uyasobanuye ko muryango wa Bibiliya ufite intego yo gutuma haboneka Bibiliya mu Rwanda kandi ikaboneka ku giciro kiboneye ngo abantu babashe kuyibona mu buryo bworoshye.
Yasobanuye ko hari uburyo 12 buzabafasha kwegeranya inkunga no kugera kuri benshi burimo imbugankoranyambaga, itangazamakuru, insegero, ibitaramo, kwamamaza n’ibindi. Yasabye abitabiriye kubafasha gushishikariza abantu gushyigikira bibiliya ngo ikomeze kuboneka mu Rwanda.
Ubusanzwe kugira ngo Bibiliya imwe iboneke itwara arenga ibihumbi ijana by’amafaranga y’u Rwanda kandi nibura 85% yavaga mu bagiraneza.
Nubwo igendaho ayo mafaranga yose, kugira ngo umuntu ayitunge bitwara angana na 8$, aho yiyongereye avuye kuri 4$.
Bitewe n’imbogamizi zikomeye Bibiliya ikomeje guhura nazo, imiryango ya Bibiliya mu bihugu yahisemo umuvuno wo kwishakamo ibisubizo ngo hato zitazabura cyane ko nk’u Rwanda rucapa izirenge ibihumbi 200 ku mwaka kandi ugaragaza ko zikiri nkeya.
Uburyo bwashyizwe bwo gutera inkunga Bibiliya ni ubu bunyuranya, burimo www.biblesociety-rwanda.org/donate
World remit: +250 788 304 142
Mobile money/Money/Western Union: mobile money: +250 788 304 142
MOMO CODE (MTN/AIRTEL): 051766
Konti muri Banki ya Kigali: 100007836044, RIA & Money Gram: Bible Society of Rwanda, mu mazina ya LA SOCIETE BIBLIQUE PROJ CENTR.
Tubibutse ko mushobora gukurikirana iki gitangazamakuru ku mbuga nkoranyambaga zacyo zemewe, mukazajya mugezwaho amakuru agezweho ako kanya. Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu.
Niba mwifuza ko tubamamariza ibikorwa byanyu bikabasha kwamamara hose ku isi, mushobora kuduhamagara/kutwandikira kuri +250782967060
Niba usanzwe ucika intege mu gihe cyo gutera akabariro koresha REVIVE capsules (Ni Umwe mu miti Gakondo y’abashinywa yizewe ku rwego Mpuzamahanga Mugezwaho N’Ivuriro Fukang Healthcare)
REVIVE ikorwa gusa mu byatsi bisanzwe byitwa Epimedium. N’igihingwa kirandaranda cyiri mu muryango w’ibihingwa bizwi nka berberidacea kiboneka mu majyepfo y’Ubushinwa ndetse no mu bice bimwe na bimwe bya Aziya.
REVIVE yongera ogisijeni (Oxygen) mu maraso. REVIVE irinda kandi ikavura gusohora imburagihe ndetse ikanavura ingaruka ziterwa no kwikinisha.
IBYIZA BYO GUKORESHA REVIVE:
Ikiza gusohora imburagihe no gucika intege utera akabariro. Yongera libido (Ubushake) ku kigero cyo hejuru. Yongera umusaruro w’intanga mu bwiza n’ubwinshi. Ihangana n’ingaruka zo kwikinisha, ikongera imbaraga za kigabo ndetse ikanafasha mu kongera amasohoro
Gukoresha revive bikakurinda gupfubya uwo muhuye.
REVIVE IGIZWE N’IBININI 10
UKO IFATWA: Unywa ikinini kimwe mu minsi ine, ukakinywesha amazi y’akazuyaze.
Niba wiyumva nkutakibasha gushimisha uwo mwashakanye cg se umukunzi (partner) wawe, Wizuyaza kuduhamagara cg se kutwandikira ngo tugufashe!
N.B ubaye ufite ikindi kibazo kihariye kigendanye n’ubuzima waca mugikari tukabiganiraho Birambuye. Aho uherereye hose imiti yacu yakugeraho.
Iyi product wayibona ku giciro cya 40000 Frw. Hamagara & WhatsApp Number: +250788920788
People Beats Muzika ni company nshya ikora ibijyanye na music consultancy ndetse ikanatunganya ibihangano n’ibindi byose bifitanye isano na sound engineering Uramutse ukeneye kubagana wahamagara kuri +250 787167585 cyangwa ukabandikira ku mbuga nkoranyambaga zabo, aho bakoresha amazina ya People Beats ku mbuga nkoranyambaga zose. Kanda hano ubashe kubandikira kuri facebook
Niba hari inkuru mufite mushaka gusangiza abakurikira uru rubuga (Amazuku.com), mwatwandikira kuri info@amazuku.com