Perezida Macron w’u Buafaransa yazamuye Umujinya w’Abanyafurika nyuma y’amagambo yatangaje yafashwe nk’igitutsi ku batuye Afurika

Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron, yatangaje ko iyo hataba ingabo z’igihugu cye zatabaye muri Afurika, ibihugu bya Mali, Burkina Faso ndetse na Niger biba byarasibanganye ku ikarita, ibintu bitakiriwe neza n’abumvise iri jambo cyane cyane Abanyafurika. 

Mu gihe umwuka mubi ugenda wiyongera mu mibanire y’u Bufaransa na Afurika, Emmanuel Macron we yashimye ubutwari bw’abadipolomate mu turere tw’ibibazo. 

Perezida wa Repubulika y’u Bufaransa, kuri uyu wa Mbere, itariki 28 Kanama, akaba yifuje gushima ubutwari n’ubudahangarwa by’abadipolomate b’Abafaransa bari ku Isi hose, cyane cyane mu turere tw’imivurungano nka Niger nk’uko bitangazwa n’ibinyamakuru byo mu Bufaransa. 

Hari mu nama ngarukamwaka y’abadipolomate b’Abafaransa , yagarutse cyane cyane ku kuntu ibintu byifashe muri Niger aho, abasirikare baherutse guhirika ku butegetsi umukuru w’igihugu ndetse abasirikare bafashe ubutegetsi bagasaba Ambasaderi w’u Bufaransa kuva muri iki gihugu ariko undi akanga, ibintu Macron yashimye cyane. 

Mu ijambo rye anibutsa uruhare rw’u Bufaransa muri Sudani yagize ati: “Mu mezi ashize u Bufaransa n’abadipolomate bahuye n’ibibazo mu bihugu bimwe na bimwe bigoye.” 

Perezida Macron kandi usibye gushima abadipolomate b’igihugu cye yatangaje icyafashwe nk’igitutsi aho yibasiye “abiyita aba Panafricanists bahuza u Bufaransa na ba mpatsibihugu bashya.” 

Yavuze ko u Bufaransa bwagize uruhare runini mu kuzana ituze mu bihugu byinshi bya Afurika, ashimangira ko iyo hataba gutabara k’u Bufaransa, ibihugu bya Mali, Burkina Faso cyangwa Niger biba bitakiriho. 

Ati ” Iyo u Bufaransa budatabara, iyo ingabo zacu zitagwa ku rugamba rw’icyubahiro muri Afurika, iyo Serval ndetse nyuma na Barkhane bitemezwa, ntituba tuvuga uyu munsi yaba Mali, Burkina Faso cyangwa Niger. Izi leta ntizakabaye zikiriho uyu munsi…” 

Ibi ntibyakiriwe neza ku mbuga nkoranyambaga 

Amagambo ya Perezida Macron ntiyatinze kuzamura ibitekerezo bitandukanye ku mbuga nkoranyambaga. Abakoresha interineti benshi bo muri Afurika bagaragaje ko bababajwe no kwivanga kw’Abafaransa ku mugabane wa Afurika. 

Umwe muri bo yagize ati: “Afurika ntishaka ubufasha bwawe, u Bufaransa”, bityo agaragaza ko ibihugu bimwe byifuza kwandika amateka yabyo hatabayeho kwivanga kw’amahanga. 

Abandi bibukije uruhare rukomeye rw’abarashi bo muri Senegali mu gihe cy’intambara ebyiri z’Isi yose kugira ngo bibutse ko u Bufaransa na Afurika bifitaniye imyenda. 

Tubibutse ko mushobora gukurikirana iki gitangazamakuru ku mbuga nkoranyambaga zacyo zemewe, mukazajya mugezwaho amakuru agezweho ako kanya. Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu. 

Niba mwifuza ko tubamamariza ibikorwa byanyu bikabasha kwamamara hose ku isi, mushobora kuduhamagara/kutwandikira kuri +250782967060 

Niba usanzwe ucika intege mu gihe cyo gutera akabariro koresha REVIVE capsules (Ni Umwe mu miti Gakondo y’abashinywa yizewe ku rwego Mpuzamahanga Mugezwaho N’Ivuriro Fukang Healthcare) 

REVIVE ikorwa gusa mu byatsi bisanzwe byitwa Epimedium. N’igihingwa kirandaranda cyiri mu muryango w’ibihingwa bizwi nka berberidacea kiboneka mu majyepfo y’Ubushinwa ndetse no mu bice bimwe na bimwe bya Aziya. 

REVIVE yongera ogisijeni (Oxygen) mu maraso. REVIVE irinda kandi ikavura gusohora imburagihe ndetse ikanavura ingaruka ziterwa no kwikinisha. 

IBYIZA BYO GUKORESHA REVIVE: 

Ikiza gusohora imburagihe no gucika intege utera akabariro. Yongera libido (Ubushake) ku kigero cyo hejuru. Yongera umusaruro w’intanga mu bwiza n’ubwinshi. Ihangana n’ingaruka zo kwikinisha, ikongera imbaraga za kigabo ndetse ikanafasha mu kongera amasohoro 

Gukoresha revive  bikakurinda gupfubya uwo muhuye. 

REVIVE IGIZWE N’IBININI 10 

UKO IFATWA: Unywa ikinini kimwe mu minsi ine, ukakinywesha amazi y’akazuyaze. 

Niba wiyumva nkutakibasha gushimisha uwo mwashakanye cg se umukunzi (partner) wawe, Wizuyaza kuduhamagara cg se kutwandikira ngo tugufashe! 

N.B ubaye ufite ikindi kibazo kihariye kigendanye n’ubuzima waca mugikari tukabiganiraho Birambuye. Aho uherereye hose imiti yacu yakugeraho. 

Iyi product wayibona ku giciro cya 40000 Frw. Hamagara & WhatsApp Number: +250788920788 

People Beats Muzika ni company nshya ikora ibijyanye na music consultancy ndetse ikanatunganya ibihangano n’ibindi byose bifitanye isano na sound engineering Uramutse ukeneye kubagana wahamagara kuri +250 787167585 cyangwa ukabandikira ku mbuga nkoranyambaga zabo, aho bakoresha amazina ya People Beats ku mbuga nkoranyambaga zose. Kanda hano ubashe kubandikira kuri facebook

Niba hari inkuru mufite mushaka gusangiza abakurikira uru rubuga (Amazuku.com), mwatwandikira kuri info@amazuku.com  

About Kwizera Yamini

I only talk when i feel my words are better than my silence. sometimes it may hurt or irritate but i like my Silence

View all posts by Kwizera Yamini →

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *