Kuri uyu wa 5 Gicurasi 2022, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yahagaritse ku mirimo Bwana Bamporiki Edouard wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco kubera ibyo agomba kubazwa akurikiranyweho.
Bamporiki Edouard wahagaritswe, RIB igatangaza ko afungiwe mu rugo rwe akurikiranyweho icyaha cya ruswa n’ibifitanye isano na yo, si ubwa mbere afunzwe kuko na mbere yigeze kumara icyumweru muri kasho ya Polisi.
Muri Nyakanga 2021 ubwo u Rwanda rwizihizaga imyaka 27 rumaze rubohowe n’ingabo zari zishamikiye kuri FPR Inkotanyi, Bamporiki yagiriye ikiganiro kuri radiyo y’igihugu, asobanura ubuzima bugoye yanyuzemo akiri muto n’iterambere amaze kugeraho, byose ahamya ko abikesha politiki nziza y’ubuyobozi buriho.
Icyo gihe ni bwo Bamporiki yahishyuye ko yaje i Kigali mu mwaka w’2000 avuye iwabo i Cyangugu, afite ibiceri by’amafaranga y’u Rwanda 300, ubu akaba afite umutungo ufite agaciro kataburamo amafaranga miliyari imwe.
Yavuze ko ubwo yari akiri i Cyangugu, yiga mu mwaka wa gatatu w’amashuri yisumbuye, we na bagenzi be batanu batagize amahirwe yo gukora ikizamini cya Leta, kuko ngo abandi bagikoze bafungiwe muri kasho ya Polisi.
Bamporiki yasobanuye ko Polisi ijya kubafunga, yabitiranyije n’ibisambo, bamara icyumweru muri kasho, mu gufungurwa basanga ibizamini bya Leta byararangiye.
Bagenzi be ngo bakomereje amasomo mu mwaka wa kane w’amashuri yisumbuye mu mashuri yigenga, we ava iwabo, ajya gushaka umuhanzi Munyanshoza Dieudonné i Kigali (bigeze guhurira mu marushanwa) kugira ngo amufashe mu busizi n’ubuhanzi afitemo impano.
Bamporiki yavuze ko i Kigali yagiye ahabona amahirwe yo kwerekana impano ye, aza kubonamo amafaranga, agera aho aba menshi maze yinjira muri politiki, aho yaje guhabwa inshingano na FPR Inkotanyi, imutuma gukorera Abanyarwanda.
Mu nshingano yagize mu gihugu harimo kuba yarabaye Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko mu 2013 ahagarariye urubyiruko, aba Umuyobozi w’Itorero ry’Igihugu, guhera mu 2019 yari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco.
Nk’uko bigaragara mu itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe, Bamporiki yahagaritswe hashingiwe ku biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe mu 2015, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 116.
Ihagarikwa rye kuri izi nshingano yakoraga guhera mu mwaka wa 2019, avuye ku buyobozi bw’Itorero ry’Igihugu yari amazeho indi myaka itatu, rije rikurikira amakuru yazindutse acaracara ku mbuga nkoranyambaga bihwihwiswa ko yatawe muri yombi.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwemeje ko Bamporiki Edouard wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco afunzwe akaba akurikiranweho icyaha cya ruswa n’ibyaha bifitanye isano na yo. Iperereza ku byaha akurikiranyweho rirakomeje mu gihe afungiwe iwe mu rugo.
Bamporiki wavutse mu mwaka wa 1983, yabaye umwanditsi n’umukinnyi w’amafilimi, by’umwihariko akaba umutahira n’umusizi wabigize umwuga.
Bamporiki Edouard yamaze imyaka igera kuri ine mu Nteko Ishinga Amategeko hanyuma muri Kanama 2017 agirwa Umuyobozi w’Itorero ry’Igihugu asimbuye Rucagu Boniface.
Tubibutse ko mushobora gukurikirana iki gitangazamakuru ku mbuga nkoranyambaga zacyo zemewe, mukazajya mugezwaho amakuru agezweho ako kanya.
Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu, cyangwa ukande hano ukore subscribe kuri Youtube Channel yacu
Niba mwifuza ko tubamamariza ibikorwa byanyu bikabasha kwamamara hose ku isi, mushobora kuduhamagara/kutwandikira kuri +250782967060
People Beats Muzika ni company nshya ikora ibijyanye na music consultancy ndetse ikanatunganya ibihangano n’ibindi byose bifitanye isano na sound engineering
Uramutse ukeneye kubagana wahamagara kuri +250 787167585 cyangwa ukabandikira ku mbuga nkoranyambaga zabo, aho bakoresha amazina ya People Beats ku mbuga nkoranyambaga zose.
Kanda hano ubashe kubandikira kuri facebook
Niba hari inkuru mufite mushaka gusangiza abakurikira uru rubuga (Amazuku.com), mwatwandikira kuri info@amazuku.com
Wari uzi ko iyo gutega (Betting) ku mikino byaguhiriye bishobora kugufasha kwinjiza amafaranga atubutse?
Ujya wifuza gutega (Betting) ku mikino, ariko ukabura aho ubikorera n’ubigufashamo kubera imbogamizi zitanukanye?
Qatal Empire Association Limited ibigufashamo.
Utiriwe wigora uta umwanya wawe wari gukoresha ukora akazi kawe ka buri munsi, turagutumikira tukagufasha gutega ku mikino wifuza ndetse no mu buryo bwose ubyifuzamo.
Icyo usabwa ni ukuduhamagara/kutwandikira ukatubwira amakipe wifuza gutegera n’umubare w’amafaranga wifuza gushyiraho tugahita tubigukorera ako kanya.
Mu gihe wifuza gutega ku mikino iri kuba ako kanya (Live Betting) nabyo turabigukorera ndetse tukanagukurikiranira uburyo ibikubo (Odds) bihagaze mu gihe umukino uri kuba.
Akarusho, iyo wabaye umunyamahirwe (Ipari yawe yariye), amafaranga yawe tuyaguha ako kanya kuko dukora amasaha 24/24.
Iyo wahisemo gukorana natwe, icyo usabwa ni ukwishyura amafaranga 100 Frw yonyine ya service (Kugutumikira), hanyuma waba umunyamahirwe (Ipari yawe yariye), ukatwishyura 10% y’amafaranga watsindiye.
Dukorana bya hafi na Forte Bet, Premier Bet, Lucky Bet, Golilla Games, Forzza Bet,…
Tubibutse ko Qatar Empire Association Ltd ari kompanyi yizewe kandi yemewe mu Rwanda, ikora ibijyanye no gutumikira abantu bashaka gutega (Betting) ku mikino bahisemo, ndetse muri iki gihe services zacu tuzitangira Online amasaha 24 ku yandi.
Twandikire kuri WhatsApp: 0790703644
Duhamagare kuri 0791448543
MoMo Pay: *182*8*1*096890#
Amazina dukoresha kuri MoMo Pay ni: Qatar Empire Association Ltd
Ku bantu badakoresha MoMo Pay, mushobora kwishyura munyuze hano
Qatar Empire Association Ltd: Turatumika kuko Twizewe 100%