Umugabo w’imyaka 40 yafashwe ari kwivugana umwana w’imyaka 8 amutamika itaka mu kanwa, mu mazuru, no mu matwi

Mu karere ka Kirehe mu murenge wa Gahara, akagari ka Muhamba mu mudugudu wa Kabeza, haravugwa umugabo w’imyaka 40 wafashwe ari kugerageza kwica umwana w’umuhungu w’imyaka 8 ariko umugambi we ukaburizwamo. 

Ku munsi wejo tariki 12 Kanama 2024, mu masaha y’umugoroba nibwo uyu mugabo witwa DUSHIMIMANA Theogene yahamagaye umwana w’imyaka 8 witwa NTIHEMUKA Enock, amujyana inyuma y’amazu nko muri metero 40 uvuye ku mazu atangira kumuniga. 

Uyu mugabo yarambitse hasi uyu mwana atangira kumushyira itaka ryinshi mu kanwa, mu mazuru, ndetse no mu matwi, akomeza no kumushinja amakosa menshi ari kumuniga ashaka ko amuheza umwuka. 

Gusa umugambi we ntiwamuhiriye kuko abaturage bamukubise ijijo kare bihutira kujya gutabara, batabaye uyu mwana bamukura itaka mu kanwa no mu matwi yari yamushyizemo agirango amuheze umwuka. 

Ubwo uyu mugabo yafatwaga ntabwo yigize avuga impamvu yashaka kwica uwo mwana, ndetse yabanje kwanga guhaguruka ngo ajyanywe mu nzego z’umutekano ariko hitabazwa Police. 

Uyu mwana witwa Enock ni mwene NGENDAHIMANA Pierre na MUKASINE Claudine, nyuma yo gukizwa uwo mugizi wa nabi, umwana yahise ajyanwa kwa muganga naho uyu mugabo washaka kumwica ajyanwa kuri RIB sitasiyo ya Gahara. 

Tubibutse ko mushobora gukurikirana iki gitangazamakuru ku mbuga nkoranyambaga zacyo zemewe, mukazajya mugezwaho amakuru agezweho ako kanya.  

Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu. 

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *