Koreya ya Ruguru yemeje ko ifunze umusirikare wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Travis King nyuma yo kwinjira ku butaka bwayo ahunze.
Uyu musirikare ngo yinjiye ku butaka bwa Koreya ya Ruguru anyuze ku mupaka uyigabanya na Koreya y’Epfo tariki 18 Nyakanga uyu mwaka. Uwo musirikare ngo yari yagiye gutembera bisanzwe.
Ni we musirikare wa mbere wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ufungiwe muri Koreya ya Ruguru mu gihe cy’imyaka itanu ishize, nk’uko France 24 yabitangaje.
Ibiro Ntaramakuru bya Koreya ya Ruguru, KCNA byatangaje ko uwo musirikare yinjiye muri iki gihugu ahunze, nyuma yo gutekereza ku ihonyorwa ry’uburenganzira bwa muntu n’ivangura riba mu gisirikare cya Amerika.
Amakuru avuga ko yinjiye muri Koreya ashaka ubuhungiro bitakunda bakamujyana mu kindi gihugu gishobora kumwakira.
Haribazwa niba ibyatangajwe n’icyo kinyamakuru gisanzwe gikorera mu kwaha kwa Leta ya Koreya ya Ruguru ari ibyo kwizerwa cyangwa se niba koko King yaragiye asaba ubuhungiro.
Impamvu ni uko hari abandi bantu bagiye bafatwa na Koreya ya Ruguru ibinyamakuru bigatangaza ibyo bemeye, bazarekurwa bakabihakana.
Uyu musirikare w’imyaka 23 yari amaze igihe afungiye muri Koreya y’Epfo. Ubwo yarekurwaga, byari byitezwe ko asubira iwabo muri Texas. King ni umwe mu basirikare 28 000 ba Amerika bari baroherejwe muri Koreya y’Epfo gufasha icyo gihugu kwitegura Koreya ya Ruguru mu gihe yaba igabye ibitero.
Igihano yahawe cyari icy’icyaha cyo gutoroka akajya hanze y’inkambi ya gisirikare nta ruhushya, aho yagombaga guhitamo gufungwa cyangwa se agacibwa amande angana na $4,000.
Koreya ya Ruguru imaze igihe irebana nabi na Amerika kubera ibihano icyo gihugu cyafatiwe, biturutse ku mugambi wacyo wo gukora intwaro kirimbuzi.
Kubera umubano mwiza hagati ya Amerika na Koreya y’Epfo, Koreya ya Ruguru ihora mu myitozo ya gisirikare no kugerageza intwaro zikomeye mu kuburira Amerika ku bufasha ikomeje guha Koreya y’Epfo.
Nko mu mwaka umwe ushize, icyo gihugu kimaze kugerageza intwaro inshuro zisaga ijana.
Koreya ya Ruguru yatangaje ko King azakomeza gukorwaho iperereza kuko uburyo yinjiyemo butemewe.
Tubibutse ko mushobora gukurikirana iki gitangazamakuru ku mbuga nkoranyambaga zacyo zemewe, mukazajya mugezwaho amakuru agezweho ako kanya. Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu.
Niba mwifuza ko tubamamariza ibikorwa byanyu bikabasha kwamamara hose ku isi, mushobora kuduhamagara/kutwandikira kuri +250782967060
Niba usanzwe ucika intege mu gihe cyo gutera akabariro koresha REVIVE capsules (Ni Umwe mu miti Gakondo y’abashinywa yizewe ku rwego Mpuzamahanga Mugezwaho N’Ivuriro Fukang Healthcare)
REVIVE ikorwa gusa mu byatsi bisanzwe byitwa Epimedium. N’igihingwa kirandaranda cyiri mu muryango w’ibihingwa bizwi nka berberidacea kiboneka mu majyepfo y’Ubushinwa ndetse no mu bice bimwe na bimwe bya Aziya.
REVIVE yongera ogisijeni (Oxygen) mu maraso. REVIVE irinda kandi ikavura gusohora imburagihe ndetse ikanavura ingaruka ziterwa no kwikinisha.
IBYIZA BYO GUKORESHA REVIVE:
Ikiza gusohora imburagihe no gucika intege utera akabariro. Yongera libido (Ubushake) ku kigero cyo hejuru. Yongera umusaruro w’intanga mu bwiza n’ubwinshi. Ihangana n’ingaruka zo kwikinisha, ikongera imbaraga za kigabo ndetse ikanafasha mu kongera amasohoro
Gukoresha revive bikakurinda gupfubya uwo muhuye.
REVIVE IGIZWE N’IBININI 10
UKO IFATWA: Unywa ikinini kimwe mu minsi ine, ukakinywesha amazi y’akazuyaze.
Niba wiyumva nkutakibasha gushimisha uwo mwashakanye cg se umukunzi (partner) wawe, Wizuyaza kuduhamagara cg se kutwandikira ngo tugufashe!
N.B ubaye ufite ikindi kibazo kihariye kigendanye n’ubuzima waca mugikari tukabiganiraho Birambuye. Aho uherereye hose imiti yacu yakugeraho.
Iyi product wayibona ku giciro cya 40000 Frw. Hamagara & WhatsApp Number: +250788920788
People Beats Muzika ni company nshya ikora ibijyanye na music consultancy ndetse ikanatunganya ibihangano n’ibindi byose bifitanye isano na sound engineering Uramutse ukeneye kubagana wahamagara kuri +250 787167585 cyangwa ukabandikira ku mbuga nkoranyambaga zabo, aho bakoresha amazina ya People Beats ku mbuga nkoranyambaga zose. Kanda hano ubashe kubandikira kuri facebook
Niba hari inkuru mufite mushaka gusangiza abakurikira uru rubuga (Amazuku.com), mwatwandikira kuri info@amazuku.com