Umucuruzi w’Umunyarwanda wabaga i Kampala muri Uganda yapfiriye muri Gereza z’Urwego rw’Ubutasi rwa Gisirikare, CMI, mu buryo butarasobanuka kugeza ubu.
Uwo mucuruzi yitwaga Fred Kamariza, yari umwe mu bazwi mu Mujyi wa Kampala ndetse kenshi yakundaga kugaragara mu modoka ye nziza ya Range Rover ifite pulake ya Uganda yanditse mu mazina ye, Fred K.
CMI ni Urwego rw’Ubutasi rw’Igisirikare cya Uganda. Ntacyo ruratangaza kugeza ubu ku rupfu rw’uyu mugabo ndetse inkuru y’ugutabaruka kwe yamenyekanye ku mugoroba wo ku wa Mbere.
Amakuru avuga ko urupfu rwa Kamariza rwabaye mu mpera z’icyumweru gishize ku wa Gatandatu ku mugoroba, aho ngo yapfuye yiyahuye. Bivugwa ko yaba yarasimbutse igorofa rya kabiri ry’inyubako ya CMI i Mbuya.
Hari n’andi makuru anyomoza iby’uko yaba yarasimbutse igorofa kuko nta kintu na kimwe kigaragaza aho yaba yarasimbutse n’aho yapfiriye.
Bivugwa kandi ko Kamariza yafashwe n’abakozi ba CMI bafatanyije n’abashinzwe ibikorwa byo kurwanya iterabwoba babarizwa mu mutwe wa JATT (Joint Anti-Terrorism Task Force), bakajya ku mufunga, gusa ibyo yari akurikiranyweho ntibirasobanuka.
Hari n’andi makuru avuga kandi ko uyu mugabo yaba yashinjwaga ibyaha bijyanye n’ikoranabuhahanga, gusa nta gihamya cyabyo iraboneka. Abo mu muryango we bavuze ko bababajwe n’urupfu rwe.
Ikiriyo cyo kumwibuka kiri kubera i Kampala ndetse hari na gahunda yo gucyura umurambo we mu Rwanda. Ikibazo kigihari kugeza ubu ni ibyangombwa bye kuko ngo bigifitwe n’abayobozi.
Umuvugizi wungirije w’Ingabo za Uganda, Col Deo Akiiki, yabwiye Daily Monitor ko nta makuru afite ku rupfu rwa Kamariza.
Si ubwa mbere abanyarwanda bafashwe muri Uganda, bagafungirwa muri gereza za CMI i Mbuya mu buryo budasobanutse gusa hari hashize iminsi bitavugwa. Byamenyekanye cyane mu myaka ya 2017 ubwo umubano w’u Rwanda na Uganda wari urimo agatotsi.
Gusa ibiganiro byo guhosha umwuka mubi byahuje impande zombi, byatumye abari bafunzwe bafungurwa.
Muri Kamena umwaka ushize, Maj Gen James Birungi uyobora CMI yagiriye uruzinduko mu Rwanda ahura n’abayobozi bakuru mu Ngabo z’u Rwanda.
IGIHE
Tubibutse ko mushobora gukurikirana iki gitangazamakuru ku mbuga nkoranyambaga zacyo zemewe, mukazajya mugezwaho amakuru agezweho ako kanya. Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu.
Niba mwifuza ko tubamamariza ibikorwa byanyu bikabasha kwamamara hose ku isi, mushobora kuduhamagara/kutwandikira kuri +250782967060
Niba usanzwe ucika intege mu gihe cyo gutera akabariro koresha REVIVE capsules (Ni Umwe mu miti Gakondo y’abashinywa yizewe ku rwego Mpuzamahanga Mugezwaho N’Ivuriro Fukang Healthcare)
REVIVE ikorwa gusa mu byatsi bisanzwe byitwa Epimedium. N’igihingwa kirandaranda cyiri mu muryango w’ibihingwa bizwi nka berberidacea kiboneka mu majyepfo y’Ubushinwa ndetse no mu bice bimwe na bimwe bya Aziya.
REVIVE yongera ogisijeni (Oxygen) mu maraso. REVIVE irinda kandi ikavura gusohora imburagihe ndetse ikanavura ingaruka ziterwa no kwikinisha.
IBYIZA BYO GUKORESHA REVIVE:
Ikiza gusohora imburagihe no gucika intege utera akabariro. Yongera libido (Ubushake) ku kigero cyo hejuru. Yongera umusaruro w’intanga mu bwiza n’ubwinshi. Ihangana n’ingaruka zo kwikinisha, ikongera imbaraga za kigabo ndetse ikanafasha mu kongera amasohoro
Gukoresha revive bikakurinda gupfubya uwo muhuye.
REVIVE IGIZWE N’IBININI 10
UKO IFATWA: Unywa ikinini kimwe mu minsi ine, ukakinywesha amazi y’akazuyaze.
Niba wiyumva nkutakibasha gushimisha uwo mwashakanye cg se umukunzi (partner) wawe, Wizuyaza kuduhamagara cg se kutwandikira ngo tugufashe!
N.B ubaye ufite ikindi kibazo kihariye kigendanye n’ubuzima waca mugikari tukabiganiraho Birambuye. Aho uherereye hose imiti yacu yakugeraho.
Iyi product wayibona ku giciro cya 40000 Frw. Hamagara & WhatsApp Number: +250788920788
People Beats Muzika ni company nshya ikora ibijyanye na music consultancy ndetse ikanatunganya ibihangano n’ibindi byose bifitanye isano na sound engineering Uramutse ukeneye kubagana wahamagara kuri +250 787167585 cyangwa ukabandikira ku mbuga nkoranyambaga zabo, aho bakoresha amazina ya People Beats ku mbuga nkoranyambaga zose. Kanda hano ubashe kubandikira kuri facebook
Niba hari inkuru mufite mushaka gusangiza abakurikira uru rubuga (Amazuku.com), mwatwandikira kuri info@amazuku.com