Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwongeye kotswa igitutu, nyuma y’uko ikibazo cy’imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange gikomeje gufata intera hirya no hino mu gihugu.
Ikibazo cy’imodoka zitwara abagenzi zabaye nke haba rwagati mu mujyi wa Kigali cyangwa ku ngendo ziva n’izijya mu mujyi wa Kigali si gishya, kuko kimaze imyaka myinshi.
Nko muri gare zitegerwamo imodoka hirya no hino mu gihugu, abagenzi bagaragaza ko mu masaha y’umugoroba bashobora kumara hagati y’iminota 30 n’amasaha abiri bahagaze muri gare babuze imodoka.
Ikibazo nk’iki kandi kigaragara mu masaha ya mu gitondo; ibituma abenshi bakererwa muri gahunda zabo nyamara baba bazindutse.
Leta y’u Rwanda incuro nyinshi yagiye yizeza guha umurongo iki kibazo; gusa uko imyaka igenda yicuma kirushaho gufata indi intera.
Ni ikibazo mu by’ukuri kitagarukira gusa ku kuba abagenzi bamara igihe kirekire bategereje imodoka, kuko gisa n’icyongereye ikiguzi cy’ingendo kubera abamamyi bagura amatike kuri za agence zitwara abagenzi bakayagurisha abagenzi ku kiguzi gishobora kwikuba incuro zirenga ebyiri ku giciro itike y’urugendo isanzwe igura.
Ntamugabumwe Sylivestre wo mu karere ka Musanze, yabwiye ikinyamakuru BWIZA ko mu mpera z’icyumweru gishize ubwo yari avuye i Kigali byabaye ngombwa ko agura itike ya Frw 5000 kugira ngo atarara mu nzira.
Ni mu gihe ikiguzi cy’urugendo ruva i Nyabugogo rujya i Musanze mu modoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange ari Frw 1970.
RURA irashinjwa kuba yarananiwe gukemura ikibazo burundu. RURA ni rwo rwego rufite mu nshingano ubwikorezi bw’abantu n’ibintu mu gihugu.
Uru rwego by’umwihariko mu nshingano rufite harimo gukora ku buryo imirimo ifitiye igihugu akamaro ikomeza gutangwa idahagaze n’ababyemerewe no kubungabunga inyungu rusange; kurengera inyungu z’abahabwa n’abatanga serivisi z’imirimo ifitiye igihugu akamaro, hafatwa ibyemezo bigamije guharanira ko ihiganwa mu gutanga izo serivisi rikorwa rikurikije amategeko n’amabwiriza ariho ndetse no kurengera no guteza imbere inyungu z’abafatabuguzi.
Kuri uyu wa Mbere bamwe mu Banyarwanda bakoresha imbuga nkoranyambaga bokeje igitutu RURA, nyuma yo kunanirwa gukemura burundu ikibazo cy’imodoka zitwara abagenzi zikomeje kuba ingorabahizi.
Bigitangira uwitwa Emma Marie Umurerwa yanditse kuri Twitter abaza ati: “Mwaramutse RURA? Ikibazo cy’imodoka zitwara abagenzi cyaburiwe umuti burundu? Imodoka zijya mu ntara murabizi ko zabuze?”
Yakomeje agira ati: “Ikindi kibazo : gutanga lift byahindutse icyaha gituma umuntu acibwa amande kuva ryari?”
Ku kibazo cy’imodoka zijya mu ntara, Umurerwa yatanze urugero rw’uko kuva i Kigali ujya i Muhanga ubusanzwe ari Frw 1030, gusa kubera ikibazo cy’imodoka zabuze umuntu akaba asigaye yishyura Frw 3,000 Frw.
Yavuze ko iyo hagize umugiraneza utanga Lift ku mugenzi birangira RURA imuciye amande, agasaba ko hakongerwa imodoka cyangwa guca amande abatanga lift bigahagarara.
Uwitwa Sekamana Jean Maurice we yavuze ko uva i Kigali ujya i Rwamagana ni Frw 1250, ariko iyo ugeze muri gare ku cyumweru saa08:00 ticket ziba ziboneka niza saa 11:00.
Uyu yunzemo ko iyo ugiye gutega bisanzwe baguca 2,000, mu gihe nko kuva i Kigali ujya i Kayonza urugendo rusanzwe ari 1,500 baguca 2,500 kandi nta kwinginga.
RURA yasubije ko “gutanga lift si ikibazo, ahubwo ni uko hari ababyihisha inyuma bakabikora nk’ubucuruzi batwara abagenzi bakabishyuza; kandi umuntu wese ukora ubucuruzi bwo gutwara abantu cyangwa ibintu agomba kubisabira icyangombwa (authorisation) muri RURA.”
Yakomeje igira iti: “Iyo imodoka ifashwe turagenzura neza tukaganira n’umugenzi, ndetse n’umushoferi, iyo dusanze ari lift yamuhaye biba nta kibazo kibirimo. Hahanwa uwatwaye abagenzi akabishyuza kandi nta ruhushya afite rumwemerera gukora uwo murimo.”
Umunyamakuru Niwemwiza Anne Marie yahise abaza RURA uko ibigenza “iyo umugenzi yumiye ku nzira”, gusa ntiyasubizwa.
Nizeyimana Alexis na we yaje abaza RURA ati: “Hanyuma kuki mutagenzura n’abagenzi babuze imodoka se ngo mubaze abo mwahaye imihanda impamvu batabatwara? Ibi bintu ni ukujya gukubura umugaruro kandi mu rugo harabaye icukiro! Ubu koko nta soni biteye kujya kureba uwatanze lift kandi gare hari imirongo y’abagenzi yabuze imodoka?”
Abenshi mu bakoresha imbuga nkoranyambaga bahuriza ku kuba RURA yarananiwe gukemura burundu ikibazo cy’imodoka zitwara abagenzi.
Nka Mbarushimana Pio usanzwe ari umunyamakuru muri RBA yagize ati: “Ubwo se icyo nicyo kibazo? @RURA_RWANDA mwakabaye mukemura ikibazo cy’imodoka nke ziri mu muhanda, naho abo batwara abagenzi batabifitiye uruhushya, bazakomeza babikore mu gihe nta modoka zihagije zo gutwara abagenzi. Uko ni ugukemura ikibazo macuri rwose.”
Oswald Niyonzima na we usanzwe ari umunyamakuru we yavuze ko “ibya regulation ya transport byo seriously [RURA] byarayicanze. Urugero: Nka ligne ya Nyabugogo-Gaseke igiciro RURA yashyizeho ni 600FRW ariko imyaka igiye kuba itatu abatwara abagenzi barishyiriyeho 1,000FRW.”
Umunyamakuru Mutesi Scovia na we ati: “Erega n’uko uwatsinzwe atemera @RURA_RWANDA yarananiwe pe! Kandi ntiyatubwira ngo twige kugenda namaguru.”
RURA ivuga ko abakozi bayo bashinzwe kugenzura serivisi zo gutwara abantu n’ibintu bari gukurikirana ikibazo cy’amafaranga y’umurengera acibwa abagenzi hirya no hino mu gihugu.
Uru rwego cyakora nta gisubizo rutanga ku kibazo cy’imodoka zabaye nke ari na cyo gifatwa nka nyirabayazana yo kuba abagenzi bacibwa amafaranga menshi y’ingendo.
BWIZA
Tubibutse ko mushobora gukurikirana iki gitangazamakuru ku mbuga nkoranyambaga zacyo zemewe, mukazajya mugezwaho amakuru agezweho ako kanya. Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu.
Niba mwifuza ko tubamamariza ibikorwa byanyu bikabasha kwamamara hose ku isi, mushobora kuduhamagara/kutwandikira kuri +250782967060
Niba usanzwe ucika intege mu gihe cyo gutera akabariro koresha REVIVE capsules (Ni Umwe mu miti Gakondo y’abashinywa yizewe ku rwego Mpuzamahanga Mugezwaho N’Ivuriro Fukang Healthcare)
REVIVE ikorwa gusa mu byatsi bisanzwe byitwa Epimedium. N’igihingwa kirandaranda cyiri mu muryango w’ibihingwa bizwi nka berberidacea kiboneka mu majyepfo y’Ubushinwa ndetse no mu bice bimwe na bimwe bya Aziya.
REVIVE yongera ogisijeni (Oxygen) mu maraso. REVIVE irinda kandi ikavura gusohora imburagihe ndetse ikanavura ingaruka ziterwa no kwikinisha.
IBYIZA BYO GUKORESHA REVIVE:
Ikiza gusohora imburagihe no gucika intege utera akabariro. Yongera libido (Ubushake) ku kigero cyo hejuru. Yongera umusaruro w’intanga mu bwiza n’ubwinshi. Ihangana n’ingaruka zo kwikinisha, ikongera imbaraga za kigabo ndetse ikanafasha mu kongera amasohoro
Gukoresha revive bikakurinda gupfubya uwo muhuye.
REVIVE IGIZWE N’IBININI 10
UKO IFATWA: Unywa ikinini kimwe mu minsi ine, ukakinywesha amazi y’akazuyaze.
Niba wiyumva nkutakibasha gushimisha uwo mwashakanye cg se umukunzi (partner) wawe, Wizuyaza kuduhamagara cg se kutwandikira ngo tugufashe!
N.B ubaye ufite ikindi kibazo kihariye kigendanye n’ubuzima waca mugikari tukabiganiraho Birambuye. Aho uherereye hose imiti yacu yakugeraho.
Iyi product wayibona ku giciro cya 40000 Frw. Hamagara & WhatsApp Number: +250788920788
People Beats Muzika ni company nshya ikora ibijyanye na music consultancy ndetse ikanatunganya ibihangano n’ibindi byose bifitanye isano na sound engineering Uramutse ukeneye kubagana wahamagara kuri +250 787167585 cyangwa ukabandikira ku mbuga nkoranyambaga zabo, aho bakoresha amazina ya People Beats ku mbuga nkoranyambaga zose. Kanda hano ubashe kubandikira kuri facebook
Niba hari inkuru mufite mushaka gusangiza abakurikira uru rubuga (Amazuku.com), mwatwandikira kuri info@amazuku.com