Abanyarwanda 115 bafashwe bashaka guhunga Igihugu kubera inkingo za COVID-19.

Abaturage 115 bo mu turere dutandukanye tugize Intara y’Iburasirazuba, bamaze gufatirwa mu bice bitandukanye by’imipaka bashaka guhunga igihugu ngo kubera gahunda yo kwikingiza COVID-19, ubuyobozi buvuga ko abagifite imyumvire idahwitse buri kubigisha kandi abenshi bagenda bahinduka.

Ibi byatangajwe ku wa Kabiri tariki ya 11 Mutarama 2022 mu kiganiro cyahuje itangazamakuru n’ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba.

Iki kiganiro cyagarutse kuri gahunda yo gusubiza abanyeshuri ku ishuri, uko COVID-19 ihagaze muri iyi Ntara ndetse n’ibijyanye n’ubukangurambaga bwatangijwe bugamije kurwanya ibiribwa n’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge.

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Gasana Emmanuel, yavuze ko imirimo yo gukingira igenda neza muri rusange, aho abatuye iyi Ntara barenga miliyoni ebyiri (bangana na 98%) bamaze guhabwa urukingo rwa mbere, gusa avuga ko hari abanze kwikingiza kubera imyemerere yabo ari nabo bakiri kwigisha kugira ngo bikingize.

Yavuze ko muri ubwo bukangurambaga bwo kwigisha abafite imyemerere itabemerera kwikingiza hamaze kwigishwa abarenga 2000 ku bufatanye bw’amadini n’amatorero kandi ngo barahindutse barikingiza. Yavuze ko hari n’ababyanze bahitamo guhunga.

Ati: “Guhunga byo byarabaye abantu ba Rwamagana bafatirwa Nyagatare, abantu ba Gatsibo bafatirwa Rubavu, abantu ba Kirehe bafatirwa ku mupaka bagenda bashaka kujya mu gihugu cy’abaturanyi n’ahandi n’ahandi, usanga ari abantu bake bafite imyumvire itandukanye, ubu hamaze gufatwa abantu 115 bakagarurwa bakigishwa hari n’abandi bagendaga bifungirana mu nzu nabo basangwayo bakigishwa”.

Guverineri Gasana yavuze ko ku bufatanye n’abanyamadini batandukanye bakomeje kwigisha aba bantu kandi hari ikigenda gihinduka.

Yatanze urugero rw’uburyo we ubwe yagize uruhare mu kwigisha abaturage 100 mu Bugesera kandi ngo barabyumvise barikingiza, Nyagatare naho ngo bigishije abarenga 200.

Yakomeje avuga ko bake bakinangiye nabo bagenda bigishwa.

Ati: “Ibi ni amahirwe adasanzwe Leta iba yakoze yo gushobora kubonera abantu bose inkingo kugira ngo birinde kandi ntibatakaze ubuzima kubera COVID-19 abantu ntibakwiriye gutangwa kwikingiza rwose”.

Mu banyamadini bakomeje kwinangira harimo Abadivantiste b’Umunsi wa Karindwi bavuguruye, Abahamya ba Yehova, Umuriro wa Panthecote n’andi madini atandukanye avuga ko imyemerere bagenderaho ibabuza kwikingiza.

Kuri ubu abaturage 98% bo mu Ntara y’Iburasirazuba bamaze guhabwa urukingo rwa mbere, 66% bamaze guhabwa inkingo ebyiri, mu gihe 8% bamaze guhabwa urukingo rwa gatatu.

Ubuyobozi buvuga ko kuba ahantu hatandukanye harimo mu isoko, kwinjira mu modoka ndetse n’ahandi henshi basigaye batanga serivisi ku bantu bikingije gusa byatumye n’abatarabikora babikora ku bwinshi.

IGIHE

Tubibutse ko mushobora gukurikirana iki gitangazamakuru ku mbuga nkoranyambaga zacyo zemewe, mukazajya mugezwaho amakuru agezweho ako kanya.

Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu.

Wari uzi ko iyo gutega (Betting) ku mikino byaguhiriye bishobora kugufasha kwinjiza amafaranga atubutse?

Ujya wifuza gutega (Betting) ku mikino, ariko ukabura aho ubikorera n’ubigufashamo kubera imbogamizi zitanukanye?

Qatal Empire Association Limited ibigufashamo.

Utiriwe wigora uta umwanya wawe wari gukoresha ukora akazi kawe ka buri munsi, turagutumikira tukagufasha gutega ku mikino wifuza ndetse no mu buryo bwose ubyifuzamo.

Icyo usabwa ni ukuduhamagara/kutwandikira ukatubwira amakipe wifuza gutegera n’umubare w’amafaranga wifuza gushyiraho tugahita tubigukorera ako kanya.

Mu gihe wifuza gutega ku mikino iri kuba ako kanya (Live Betting) nabyo turabigukorera ndetse tukanagukurikiranira uburyo ibikubo (Odds) bihagaze mu gihe umukino uri kuba.

Akarusho, iyo wabaye umunyamahirwe (Ipari yawe yariye), amafaranga yawe tuyaguha ako kanya kuko dukora amasaha 24/24.

Iyo wahisemo gukorana natwe, icyo usabwa ni ukwishyura amafaranga 100 Frw yonyine ya service (Kugutumikira), hanyuma waba umunyamahirwe (Ipari yawe yariye), ukatwishyura 10% y’amafaranga watsindiye.

Dukorana bya hafi na Forte Bet, Premier Bet, Lucky Bet, Golilla Games, Forzza Bet,…

Tubibutse ko Qatar Empire Association Ltd ari kompanyi yizewe kandi yemewe mu Rwanda, ikora ibijyanye no gutumikira abantu bashaka gutega (Betting) ku mikino bahisemo, ndetse muri iki gihe services zacu tuzitangira Online amasaha 24 ku yandi.

Twandikire kuri WhatsApp: 0790703644

Duhamagare kuri 0791448543

MoMo Pay: *182*8*1*096890#

Amazina dukoresha kuri MoMo Pay ni: Qatar Empire Association Ltd

Ku bantu badakoresha MoMo Pay, mushobora kwishyura munyuze hano

Qatar Empire Association Ltd: Turatumika kuko Twizewe 100%

People Beats Muzika ni company nshya ikora ibijyanye na music consultancy ndetse ikanatunganya ibihangano n’ibindi byose bifitanye isano na sound engineering

Uramutse ukeneye kubagana wahamagara kuri +250 787167585 cyangwa ukabandikira ku mbuga nkoranyambaga zabo, aho bakoresha amazina ya People Beats ku mbuga nkoranyambaga zose.

Niba hari inkuru mufite mushaka gusangiza abakurikira uru rubuga (Amazuku.com), mwatwandikira kuri info@amazuku.com

About Kwizera Yamini

I only talk when i feel my words are better than my silence. sometimes it may hurt or irritate but i like my Silence

View all posts by Kwizera Yamini →

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *