Byagenze gute ngo Perezida mushya wa Senegal akunde uwari umunyeshuri we? Inkuru y’Urukundo rwa kabiri.

Yahanganye n’amarangamutima ye, ariko nyuma y’igihe, akuruwe n’ubwenge, indero n’ubuhanga bya Absa, Bassirou Diomaye Faye byarangiye akunze umunyeshuri we. 

Absa Faye ni umugore wa kabiri wa Perezida mushya wa Senegal, Bassirou Diomaye Faye watsinze amatora ya perezida yo ku itariki ya 24 Werurwe, bituma bwa mbere igihugu kigira abadamu babiri ba mbere. 

Inkuru y’urukundo n’umugore we wa kabiri yakuruye itangazamakuru nkuko tubikesha urubuga pulse.ng rwo muri Nigeria. 

Ni iki tuzi kuri Absa Faye? 

Kugira abagore benshi ni umuco gakondo kandi w’idini ushinze imizi mu muco wa Senegal, aho usanga umubare munini w’Abayisilamu. Umugabo ashobora kugira abagore bagera kuri bane, nubwo amategeko yoroshye, agomba kubafasha bose. 

Kubwa Perezida mushya warahiye muri Senegal rero, ku nshuro ya mbere mu mateka igihugu gifite abadamu babiri ba mbere (First ladies). Perezida yamenyanye na Maria Khone, utarigeze agaragara kugeza ubu, kuva mu bwana, bakomoka mu mudugudu umwe. Hashize imyaka 15 bashyingiranwe kandi babyaranye abana bane. 

Nyuma y’imyaka 14 y’ubukwe, Faye yongeye gushaka. Umugore we wa kabiri yahoze ari umunyeshuri we. 

Inkuru y’urukundo rwa kabiri 

Absa Faye akomoka muri Dakar. Amashuri ye yatangiriye muri Ben Tally nyuma akomereza muri Keur Massar. Absa Faye amaze kurangiza amashuri yisumbuye, yahisemo kwiga muri Ecole Supérieure Polytechnique (ESP) i Dakar, aho yize imiyoborere kuva mu mwaka wa 2010-2012. Aho niho yahuriye n’umugabo we wari umwarimu we. 

Ngo mu ntangiriro y’umubano wabo, Faye ntabwo yari afite gahunda yo gusangira ubuzima bwe na Absa. 

Umugambi we wibanze ku kwitangira umugore we wa mbere n’abana babo. Yarwanye n’amarangamutima ye, ariko nyuma y’igihe, akuruwe n’ubwenge, indero n’ubuhanga bya Absa, aramukunda. Yavuze ko Absa Faye, yumvaga neza amasomo kandi agaragaza ubumenyi bwinshi kuri buri ngingo. 

Uru rukundo ntirwahagaze nubwo Absa yagiye mu Bufaransa, aho yahise abona akazi muri banki. Nubwo hari intera, Absa na Faye bakomeje guhana amakuru. Mu 2022, Faye yashakaga kurongora Absa nk’umugore we wa kabiri, ariko kubera uburwayi bwa mukuru we, Thierno Faye, byabaye ngombwa ko asubika ubukwe. 

Gusa ku itariki ya 4 Gashyantare 2023, umubano wabo washyizweho kashe n’abagize imiryango yabo yombi. 

Absa Faye, nubwo afite imbogamizi, ngo yakomeje kuba hafi y’umugabo we, wabaye Perezida wa Gatanu wa Republika ya Senegal ku myaka 44. 

BWIZA 

Muntu uba muri iyi si y’ikoranabuhanga ukaba udakora mining ya cryptocurrency waracikanwe. 

Ubundi ku bantu batabizi, mining ni uburyo bukoreshwa muri cryptocurrency, nk’ubucukuzi bw’amafaranga atangwa ku buntu nta gishoro watanze.  

Icyo wowe ukora ni ugukanda ku ijambo mine gusa ubundi amafaranga y’ubunu akaba downloaded icyo gihe uba uri gucukura icyo bita coin. Izo coin nizo uvunjamo amafaranga ku buntu  

Habaho coin nyinshi zikorerwa mining nzagenda nzibereka gacyegacye bitewe nuko nzajya mbanza nkayikoraho ubushakashatsi nkamenya ko ifite gahunda ifatika, ndetse binatewe n’umubare w’abakoresha Username yanjye mu gihe bagiye gutangira urugendo rwa mining.  

Nk’ubu nawe iyo wakora ukaba uyicukura ni pi network: Icyo nkubwira nuko iyo umaze kwiyandikisha buri masaaha 24 wajya ugenda kuri app yayo ugakanda ijambo mine mine gusa ubundi amafaranga akidownlodinga mu masaha 24 akurikiyeho.  

Waca kuri iyi link unyuze hano ubundi ukoreshe iyi username (Yamini01234) nka invitation code, nawe ugatangira ugacukura amafaranga y’ubuntu  

Iyo ufunguye account udakoresheje iyo Username ntabwo umutekano w’amafaranga wamininze uba wizewe, ndetse n’ingano y’amafaranga udownloadinga agahita yiyongera kuko iyo ukoresheje iriya Username utangirana Pi imwe ihwanye n’Amadorali 40. 

Buri munsi usabwe kujya wibuka gukanda ku ijambo mine kugirango ukomeze kudownloadinga amafaranga y’ubuntu 

Tubibutse ko mushobora gukurikirana iki gitangazamakuru ku mbuga nkoranyambaga zacyo zemewe, mukazajya mugezwaho amakuru agezweho ako kanya.  

Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *