RIB yataye muri yombi abagabo batatu bakoreye ibya kinyamaswa umukobwa w’imyaka 20 baraye basambanya nyuma bakamwambura ubuzima

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi abagabo batatu barimo umwe wo mu murenge wa Gashaki na babiri bo mu wa Remera yo mu karere ka Musanze, bakaba bafunzwe bakekwaho kwica umukobwa w’imyaka 20 y’amavuko. 

Abafunzwe batawe muri yombi Ku wa Gatandatu tariki ya 11 Gicurasi, nyuma y’uko umurambo wa nyakwigendera Nishimwe Marie José wari umaze kuboneka mu nzu y’umukecuru uherutse kwitaba Imana. 

Amakuru avuga ko byamenyekanye ko Nishimwe yishwe ubwo umwe mu bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwe yabonwaga n’abaturage ava aho umurambo we wasanzwe nkuko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umusigire w’umurenge wa Remera, Barihuta Assiel, yabwiye BWIZA ducyesha iyi nkuru. 

Ubwo yaganiraga na kiriya gitangazamakuru, Barihuta Assie yagize ati: “Uburyo umurambo wabonetse abaturage babonye umuntu w’umusore ava muri iyo nzu yirukanka bahita bamufata bagira ngo ni umujura, bagiye kureba muri icyo gikoni bahita basangamo umurambo w’umuntu”. 

Yakomeje avuga ko uyu witwa Habumugisha Emmanuel wafashwe asanzwe ari uwo mu murenge wa Gashaki uhana imbibi n’uwa Remera. 

Habumugisha w’imyaka 30 y’amavuko akimara gufatwa yemereye inzego z’ubuyobozi n’iz’umurekano ko ari we wishe Nishimwe, nyuma yo guhabwa ikiraka na mugenzi we kuri ubu bafunganywe nkuko byakomeje bitangazwa n’uriya muyobozi. 

Yagize ati: “Yadusobanuriye ko ari we wamwishe mu ijoro, ariko akavuga ko yamwishe afatanyije n’undi witwa Ishimwe Jean Gilbert ’Fils’ w’imyaka 23 wari waranamuhaye gahunda yo kwica uriya mukobwa, ngo kuko yavugaga ko uyu Ishimwe yamuteye inda”. 

Gitifu Habumugisha kandi yemera ko mbere yo kwica nyakwigendera yari yaraye amusambanya. 

Amakuru yatanzwe n’abaturage bo hafi y’aho umurambo wa Nishimwe ni uko imyanya ye y’ibanga bazanze yapfundagiwemo ibitambaro. 

Umugabo wa gatatu ufunzwe ni uw’imyaka 54 uzira kuba yarabonye abakekwaho kwica Nishimwe bajya guhisha umurambo we akabakingira ikibaba, nyuma yo kumushukisha amafaranga na telefoni nkuko Gitifu wa Remera akomeza abivuga. 

Mu gihe iperereza rigikomeje, Abatawe muri yombi kuri ubu bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Muhoza. 

Umurambo wa Nyakwigendera wo wahise ujyanwa mu buruhukiro bw’ibitaro bya Ruhengeri kugira ngo ukorerwe isuzuma. 

IGIHE CYO KUBIKUZA KURI PI NETWORK CYAGEZE: Reba ibisabwa muri iyi nkuru 

Muntu uba muri iyi si y’ikoranabuhanga ukaba udakora mining ya cryptocurrency waracikanwe. 

Ubundi ku bantu batabizi, mining ni uburyo bukoreshwa muri cryptocurrency, nk’ubucukuzi bw’amafaranga atangwa ku buntu nta gishoro watanze.  

Icyo wowe ukora ni ugukanda ku ijambo mine gusa ubundi amafaranga y’ubunu akaba downloaded icyo gihe uba uri gucukura icyo bita coin. Izo coin nizo uvunjamo amafaranga ku buntu  

Habaho coin nyinshi zikorerwa mining nzagenda nzibereka gacyegacye bitewe nuko nzajya mbanza nkayikoraho ubushakashatsi nkamenya ko ifite gahunda ifatika, ndetse binatewe n’umubare w’abakoresha Username yanjye mu gihe bagiye gutangira urugendo rwa mining.  

Nk’ubu nawe iyo wakora ukaba uyicukura ni pi network: Icyo nkubwira nuko iyo umaze kwiyandikisha buri masaaha 24 wajya ugenda kuri app yayo ugakanda ijambo mine mine gusa ubundi amafaranga akidownlodinga mu masaha 24 akurikiyeho.  

Waca kuri iyi link unyuze hano ubundi ukoreshe iyi username (Yamini01234) nka invitation code, nawe ugatangira ugacukura amafaranga y’ubuntu  

Iyo ufunguye account udakoresheje iyo Username ntabwo umutekano w’amafaranga wamininze uba wizewe, ndetse n’ingano y’amafaranga udownloadinga agahita yiyongera kuko iyo ukoresheje iriya Username utangirana Pi imwe ihwanye n’Amadorali 40. 

Buri munsi usabwe kujya wibuka gukanda ku ijambo mine kugirango ukomeze kudownloadinga amafaranga y’ubuntu, igihe cyo kubikuza tuzababwira uburyo bikorwa. 

Ku bantu basanzwe bakora mining ya Pi Network, igihe cyo kubikuza kiregereje kuko yatangiye no gukoreshwa mu guhaha ibintu bitandukanye. Abemerewe kuyikoresha bahaha ni abamaze gukorerwa KYC verification. 

Kugirango wemererwe gukora KYC Verification ari nayo izagufasha mu kubikuza, ni uko uba usanzwe ukora mining buri munsi.  

Ku bindi bisobanuro by’uko wabikuza twandikire kuri WhatsApp: +254700212775 

Tubibutse ko mushobora gukurikirana iki gitangazamakuru ku mbuga nkoranyambaga zacyo zemewe, mukazajya mugezwaho amakuru agezweho ako kanya.  

Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu, cyangwa ukande hano udukurikirane kuri WhatsApp group. 

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *