Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi ryanze gusezeranya umukirisitu waryo wari ugiye gushakana n’uwo mu rindi dini

Umukirisitu wo mu itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi (SDA), avuga ko ari ryo torero ririmo abantu b’indyarya bigeze babaho nyuma y’aho mugenzi we, abayobozi banze kumusezeranya kubera ko agiye kubana n’undi muntu utari uwo muri iryo torero.

Uyu mukirisitu wo muri Ghana witwa Obaa Yaa Amponsah kuri Facebook yavuze ko mugenzi we banze kumusezeranya ndetse bagatanga amabwiriza ko umupasiteri bose ko batagomba gusezeranya abo bombi.

Akomeza avuga ko abayobozi batanze amabwiriza ko umupasiteri uzasezeranya umudive n’undi muntu utari umudive, azahanwa ku buryo ashobora no kwamburwa urupapuro rw’ubushumba.

Obaa Yaa hari icyo yanenze kuri iyi ngingo, Ati “Twiyita abasigajwe, ngo dushaka gutsindira imitima. Ibi mbona biri mu nyigisho no mu ndirimbo”.

Ati: “Ntekereza ko no gushakana nabyo bihuza abantu. Ese nidukomeza gukora gutya ni gute tuzabwiriza abasigaye bo muri iki kiragano?”

Akomeza yibaza impamvu iri torero ryemera kwakira amaturo yatanzwe n’abatari abadive ariko kubakira mu itorero bikaba ingorabahizi.

Uyu mukirisitu yavuze ko iyi ariyo mpamvu iyo umudive ashakanye n’utari umudive atagaruka ku rusengero kuko baba baramubabaje.

Ati: “Mureke twumve ko no mu ishyingirwa habamo agakiza”.

Obaa Yaa ariko ntiyavuze ishami rya SDA Ghana ryanze gusezeranya uyu mugenzi we.

Ubusanzwe andi madini, abashaka gusezerana imbere y’Imana badahuje ukwemera, umwe ahindurira undi, bukabona bugataha.

Tubibutse ko mushobora gukurikirana iki gitangazamakuru ku mbuga nkoranyambaga zacyo zemewe, mukazajya mugezwaho amakuru agezweho ako kanya.

Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu.

https://youtu.be/Ki-dVcWT0xA

https://youtu.be/c3AwAXvWYTU

https://youtu.be/_18mOZbl5pc

https://youtu.be/JQKoyC3ZVBo

https://youtu.be/tLZPcuI2yaE

https://youtu.be/wB8OZhhjjiE

https://youtu.be/VFx7RbXdB8E

https://youtu.be/Z_kyu7POWBM

People Beats Muzika ni company nshya ikora ibijyanye na music consultancy ndetse ikanatunganya ibihangano n’ibindi byose bifitanye isano na sound engineering

Uramutse ukeneye kubagana wahamagara kuri +250 787167585 cyangwa ukabandikira ku mbuga nkoranyambaga zabo, aho bakoresha amazina ya People Beats ku mbuga nkoranyambaga zose.

Niba hari inkuru mufite mushaka gusangiza abakurikira uru rubuga (Amazuku.com), mwatwandikira kuri info@amazuku.com

About Kwizera Yamini

I only talk when i feel my words are better than my silence. sometimes it may hurt or irritate but i like my Silence

View all posts by Kwizera Yamini →

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *