Kayonza: Abarimu n’ubuyobozi bw’ishuri barapfa agahimbazamusyi. >>>Inkuru irambuye

Abarimu bigisha ku rwunge rw’amashuri rwa Kayonza ruherereye mu kagari ka Kayonza, mu murenge wa Mukarange bavuga ko inama y’ababyeyi yemeje ko bazajya bahabwa agahimbazamusyi ariko igihembwe cya mbere cyarangiye batagahawe kandi abanyeshuri bakishyura.

Abaganiriye na BWIZA ducyesha iyi nkuru, ni abarimu bigisha mu ishuri ryisumbuye.

Bavuga ko kuva umwaka w’amashuri watangira, ababyeyi basabwe gutanga agahimbazamusyi kangana n’amafaranga 3000 kuri buri mwana.

Abo barimu bavuga ko igihembwe cya mbere amafaranga bemerewe batigeze bayahabwa ndetse igihembwe cya kabiri nacyo kigeze hagati Kandi bakaba nta cyizere ko bazayahabwa.

Umwe mu barimu yavuze ko abana amafaranga bayaha ubuyobozi bw’ishuri ariko kugeza ubu bagatangazwa nuko batayabaha nk’uko byemejwe.

Agira ati: “Amafaranga y’agahimbazamusyi ntabwo bayaduha kandi barayishyuza bakatubwira ngo bagaburiye abana”.

“Igihembwe cya mbere cyarashize batubwira ko bazayaduha, none ikindi kigezemo hagati kandi buri mwana yishyura amafaranga ibihumbi bitatu ku gihembwe”.

Undi mwarimu yavuze ati: “Abana batubwira ko amafaranga bayatanga ntabwo twakemeza ko yariwe ariko yaratanzwe ntitwayabwa”.

“Kudahabwa ako gahimbazamusyi twebwe tubifata nko kudaha agaciro imyanzuro y’inama y’ababyeyi. Tubona ubuyobozi butarabyitwayemo neza”.

Uyu mwarimu akomeza asaba ko bahabwa agahimbazamusyi bemerewe.

Ati: “Ndasaba ko baduha agahimbazamusyi ababyeyi bageneye abarimu kandi bakaduha ayatanzwe mu gihembwe cya mbere n’ayatanzwe igihembwe cya kabiri”.

Niyirora Betholde Umuyobozi w’uru rwunge yabwiye kiriya gitangazamakuru ko impamvu abarimu batahawe agahimbazamusyi yatewe n’uko ababyeyi bitabiriye gutanga amafaranga babaye bake.

Agira ari: “Mu nama yabaye ku wa 24 k’ukwezi kwa 12 umwaka ushize barabisobanuriwe, tubabwira ko iyi gahunda y’agahimbazamusyi yahuriranye no gufatira ifunguro ku ishuri ku bana bo mu mashuri abanza (Primaire)”.

“Ubukangurambaga ni bwo bwari bugitangira, ababyeyi batanga amafaranga yo kugaburira abana babo twemeranya ko ubukangurambaga bukomeza bakazahabwa agahimbazamusyi mu gihembwe cya kabiri, kandi inzego z’ubuyobozi twazigejejeho raporo barabitwemerera”.

Imibare itangwa n’ubuyobozi bw’ishuri yerekana ko abana 131 muri 511 mu ishuri ryisumbuye ari bo batanze agahimbazamusyi.

Tubibutse ko mushobora gukurikirana iki gitangazamakuru ku mbuga nkoranyambaga zacyo zemewe, mukazajya mugezwaho amakuru agezweho ako kanya.

Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu.

People Beats Muzika ni company nshya ikora ibijyanye na music consultancy ndetse ikanatunganya ibihangano n’ibindi byose bifitanye isano na sound engineering

Uramutse ukeneye kubagana wahamagara kuri +250 787167585 cyangwa ukabandikira ku mbuga nkoranyambaga zabo, aho bakoresha amazina ya People Beats ku mbuga nkoranyambaga zose.

Kanda hano ubashe kubandikira kuri facebook

Niba hari inkuru mufite mushaka gusangiza abakurikira uru rubuga (Amazuku.com), mwatwandikira kuri info@amazuku.com

Wari uzi ko iyo gutega (Betting) ku mikino byaguhiriye bishobora kugufasha kwinjiza amafaranga atubutse?

Ujya wifuza gutega (Betting) ku mikino, ariko ukabura aho ubikorera n’ubigufashamo kubera imbogamizi zitanukanye?

Qatal Empire Association Limited ibigufashamo.

Utiriwe wigora uta umwanya wawe wari gukoresha ukora akazi kawe ka buri munsi, turagutumikira tukagufasha gutega ku mikino wifuza ndetse no mu buryo bwose ubyifuzamo.

Icyo usabwa ni ukuduhamagara/kutwandikira ukatubwira amakipe wifuza gutegera n’umubare w’amafaranga wifuza gushyiraho tugahita tubigukorera ako kanya.

Mu gihe wifuza gutega ku mikino iri kuba ako kanya (Live Betting) nabyo turabigukorera ndetse tukanagukurikiranira uburyo ibikubo (Odds) bihagaze mu gihe umukino uri kuba.

Akarusho, iyo wabaye umunyamahirwe (Ipari yawe yariye), amafaranga yawe tuyaguha ako kanya kuko dukora amasaha 24/24.

 Iyo wahisemo gukorana natwe, icyo usabwa ni ukwishyura amafaranga 100 Frw yonyine ya service (Kugutumikira), hanyuma waba umunyamahirwe (Ipari yawe yariye), ukatwishyura 10% y’amafaranga watsindiye.

Dukorana bya hafi na Forte Bet, Premier Bet, Lucky Bet, Golilla Games, Forzza Bet,…

Tubibutse ko Qatar Empire Association Ltd ari kompanyi yizewe kandi yemewe mu Rwanda, ikora ibijyanye no gutumikira abantu bashaka gutega (Betting) ku mikino bahisemo, ndetse muri iki gihe services zacu tuzitangira Online amasaha 24 ku yandi.

Twandikire kuri WhatsApp: 0790703644

Duhamagare kuri 0791448543

MoMo Pay: *182*8*1*096890#

Amazina dukoresha kuri MoMo Pay ni: Qatar Empire Association Ltd

Ku bantu badakoresha MoMo Pay, mushobora kwishyura munyuze hano

Qatar Empire Association Ltd: Turatumika kuko Twizewe 100%

https://youtu.be/Dmf_w1XDgek

https://youtu.be/OCZmbyvaoG8

https://youtu.be/7jbOXCXHmzE

https://youtu.be/PeKMcst2-QE

https://youtu.be/hMHdfBxUtKo

https://youtu.be/Xz2BV2_-2hg

https://youtu.be/3vHUFVQ2RlQ

About Kwizera Yamini

I only talk when i feel my words are better than my silence. sometimes it may hurt or irritate but i like my Silence

View all posts by Kwizera Yamini →

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *