M23 yatangaje ikigiye gukurikiraho nyuma y’uko abasivile bakomeje kwicwa mu mujyi wa Goma.

Umuvugizi wa M23 mu bya politike, Lawrence Kanyuka yagize icyavuga ku bwicanyi bumaze iminsi bukorerwa i Goma, ku murwa mukuru w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru. 

Ni mu butumwa bugufi Lawrence Kanyuka yatanze akoresheje urubuga rwa x, muri ibi bihe gupfa kw’abasivile mu mujyi wa Goma bisa n’ibyabaye nk’ibisanzwe. 

Mu minsi itarenze icumi gusa, abantu 14 bamaze kwicirwa mu mujyi wa Goma bamwe barashwe abandi bagaterwa amabuye. Abakora ibyo bikorwa harimo Wazalendo n’abasirikare ba FARDC. 

Umuvugizi wa M23 mu bya politike, Lawrence Kanyuka yatanze ubutumwa nyuma y’ibi bikorwa by’urugomo n’ubwicanyi bikomeje gukorerwa mu mujyi wa Goma, avuga ko igihe kigeze kugira ngo bo, bahagarike ubwo bwicanyi bukorerwa abasivilemuri uyu mujyi. 

Yagize ati: “Igihe kirageze ngo duhagarike ubwo bwicanyi buri gukorerwa mu mujyi wa Goma.” 

Bwana Lawrence Kanyuka yanavuze ko ubwo bwicanyi bukorwa n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. 

Ati: “Ni ubwicanyi bukorwa n’ingabo za bwana Tshisekedi Tshilombo.” 

Ku munsi w’ejo hashize undi muntu usanzwe akora akazi ko gutwara abantu kuri moto yiciwe i Goma arashwe, amakuru yahise avuga ko ari umusirikare wa FARDC warashe uwo mumotari ku manywa y’ihangu. 

Ibyo byabaye ahagana saa tanu z’igitondo.  

Ni mu gihe kandi ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu hatoraguwe undi murambo w’umugore ariko ntihamenyekana icyaba cyamwishe. 

Ikibazo cy’umutekano muke i Goma kimaze gufata indi ntera, nubwo ubutegetsi bwa gisirikare muri Kivu y’Amajyaruguru bwabujije urubyiruko rwahawe imbunda ruzwi nka Wazalendo, kutazongera kuzijyana muri uyu mujyi. 

INKURU NZIZA 

Muntu uba muri iyi si y’ikoranabuhanga ukaba udakora mining ya cryptocurrency waracikanwe. 

Ubundi ku bantu batabizi, mining ni uburyo bukoreshwa muri cryptocurrency, nk’ubucukuzi bw’amafaranga atangwa ku buntu nta gishoro watanze.  

Icyo wowe ukora ni ugukanda ku ijambo mine gusa ubundi amafaranga y’ubunu akaba downloaded icyo gihe uba uri gucukura icyo bita coin. Izo coin nizo uvunjamo amafaranga ku buntu  

Habaho coin nyinshi zikorerwa mining nzagenda nzibereka gacyegacye bitewe nuko nzajya mbanza nkayikoraho ubushakashatsi nkamenya ko ifite gahunda ifatika, ndetse binatewe n’umubare w’abakoresha Username yanjye mu gihe bagiye gutangira urugendo rwa mining.  

Nk’ubu nawe iyo wakora ukaba uyicukura ni pi network: Icyo nkubwira nuko iyo umaze kwiyandikisha buri masaaha 24 wajya ugenda kuri app yayo ugakanda ijambo mine mine gusa ubundi amafaranga akidownlodinga mu masaha 24 akurikiyeho.  

Waca kuri iyi link unyuze hano ubundi ukoreshe iyi username (Yamini01234) nka invitation code, nawe ugatangira ugacukura amafaranga y’ubuntu  

Iyo ufunguye account udakoresheje iyo Username ntabwo umutekano w’amafaranga wamininze uba wizewe, ndetse n’ingano y’amafaranga udownloadinga agahita yiyongera kuko iyo ukoresheje iriya Username utangirana Pi imwe ihwanye n’Amadorali 40. 

Buri munsi usabwe kujya wibuka gukanda ku ijambo mine kugirango ukomeze kudownloadinga amafaranga y’ubuntu, igihe cyo kubikuza tuzababwira uburyo bikorwa. 

Tubibutse ko mushobora gukurikirana iki gitangazamakuru ku mbuga nkoranyambaga zacyo zemewe, mukazajya mugezwaho amakuru agezweho ako kanya.  

Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *