Menya Igihugu kimwe cya Afurika cyashyigikiye ko u Burusiya bukomeza intambara, Perezida wa Ukraine agira icyo abivugaho

Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye yaraye itoye umwanzuro usaba u Burusiya guhagarika intambara bwashoje kuri Ukraine guhera tariki ya 24 Gashyantare 2022.

Mu itora ryitabiriwe n’ibihugu 181; 141 muri byo byashyigikiye ko u Burusiya buhagarika iyi ntambara, 5 birimo u Burusiya bishyigikira ko buyikomeza, ibindi 35 birifata.

Ibihugu byashyigikiye ko u Burusiya bukomeza intambara ni bwo, Belarus irimo kubufasha, Koreya ya Ruguru, Syria na Eritrea; igihugu rukumbi cyo ku mugabane wa Afurika.

Ni mu gihe ibindi bihugu byinshi byo kuri uyu mugabane birimo bine by’umuryango w’akarere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC) byahisemo kwifata, keretse u Rwanda na Kenya gusa byashyigikiye umwanzuro w’Inteko Rusange.

Ibihugu bine byo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) byifashe; birimo u Burundi, Uganda, Tanzania na Sudani y’Epfo mu gihe Kenya n’u Rwanda ari byo byashyigikiye ko u Burusiya buvana ingabo muri Ukraine.

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky nyuma yo kubona ibyavuye muri iri tora, yagize icyo avuga kuri ibi bihugu bine byashyigikiye u Burusiya, n’ubusanzwe byari inshuti zabwo z’akadasohoka.

Zelensky yagize ati: “Inshuti z’u Burusiya: Koreya ya Ruguru, Eritrea, Syria, Belarus, nta yindi. U Burusiya nta zindi nshuti bwagira kubera ko butazi kubana mu mahoro.”

U Rwanda rubinyujije muri Ambasade yarwo mu Muryango w’Abibumbye rwagaragaje ko intambara yo muri Ukraine ikwiye guhagarara impande zombi zigahurira mu biganiro kuko ari byo byatanga igisubizo kirambye.

U Burusiya bwateye Ukraine ku wa 24 Gashyantare 2022. Kugeza ubu intambara imaze kwangiza byinshi birimo abantu bapfuye, ibikorwaremezo byasenywe, abaturage bahunze n’ibindi.

Iyi ntambara imaze kugwamo abantu babarirwa mu 2000, mu gihe abamaze guhunga babarirwa 800,000.

Amahame shingiro y’Umuryango w’Abibumbye ni uko ibihugu bibana mu mahoro hitawe ku nyungu zishingiye ku mutekano wa buri gihugu.

Mu Nteko Rusange ya Loni yabaye kuri uyu wa 2 Werurwe, u Rwanda rwasobanuye aho ruhagaze ku bijyanye n’iyi ntambara rubinyujije mu mwanzuro rwatoye rushyigikira ko ubusugire bwa buri gihugu, ubwigenge n’ukutavogerwa kw’imbibi zacyo bigomba kubahwa nk’uko bigenwa n’amasezerano ashyiraho Umuryango w’Abibumbye.

U Rwanda rwasabye ko ibikorwa bya gisirikare muri Ukraine bihagarara bwangu hagamijwe guhosha amakimbirane hagati y’u Burusiya na Ukraine ruvuga ko ibi bihugu byombi ari byo bifite urufunguzo rwo kuyakemura naho imbaraga ziturutse hanze icyo zakora kikaba ari ugusubiza ibintu irudubi.

Umwanzuro w’u Rwanda ugira uti “Dushyigikiye ko amahanga hamwe n’Umunyamabanga Mukuru wa Loni bakora ibishoboka mu guhosha intambara hashakwa umuti w’aya makimbirane.”

“Turahamagarira impande zirebwa n’ikibazo kugaragaza ituze no gushakira igisubizo amakimbirane binyuze mu biganiro kugira ngo abasivile badakomeza kwirengera umutwaro uremereye n’ingaruka z’ibikorwa bya gisirikare birushaho kwiyongera”.

U Rwanda kandi rwavuze ko iyi ntambara idatanga icyizere ko izazana amahoro ahubwo ishobora kubyara ibindi bibazo n’ingorane zizahaza abantu.

Rwagaragaje kandi ko ruhangayikishijwe n’abantu bari guhura n’ingaruka ku bw’ibyabo byangizwa, ihungabana ry’amahoro n’umutekano ryatewe n’iyi ntambara harimo ko Abanyafurika barimo gukorerwa ivangura rishingiye ku ruhu kandi bakabangamirwa mu gihe bashaka guhunga no kwakirwa mu bihugu bituranyi.

“Turasaba abo bireba bose gufasha nta vangura abashaka guhunga hatitawe ku ibara ry’uruhu cyangwa inkomoko”.

U Rwanda rwakomeje ruvuga ko uburyo bwa dipolomasi bwafasha mu kubona ibisubizo by’amarahoro arambye atari kuri ibi bihugu bihanganye gusa ahubwo ngo iyi ntambara igira ingaruka ku mutekano n’amahoro ku rwego mpuzamahanga.

Inteko Rusange la Loni yateranye nyuma y’aho ibihugu 193 by’ibinyamuryango byayihamagaje by’ikubagahu bwa mbere uhereye mu 1997.

Umwanzuro nk’uyu w’Inteko Rusange ya Loni ufatwa nk’icyifuzo; nta mbaraga ugira nk’uw’Akanama Gashinzwe Amahoro keretse kwerekana uko ibihugu bitandukanye bihagaze.

Tubibutse ko mushobora gukurikirana iki gitangazamakuru ku mbuga nkoranyambaga zacyo zemewe, mukazajya mugezwaho amakuru agezweho ako kanya.

Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu.

People Beats Muzika ni company nshya ikora ibijyanye na music consultancy ndetse ikanatunganya ibihangano n’ibindi byose bifitanye isano na sound engineering

Uramutse ukeneye kubagana wahamagara kuri +250 787167585 cyangwa ukabandikira ku mbuga nkoranyambaga zabo, aho bakoresha amazina ya People Beats ku mbuga nkoranyambaga zose.

Kanda hano ubashe kubandikira kuri facebook 

Niba hari inkuru mufite mushaka gusangiza abakurikira uru rubuga (Amazuku.com), mwatwandikira kuri info@amazuku.com

Wari uzi ko iyo gutega (Betting) ku mikino byaguhiriye bishobora kugufasha kwinjiza amafaranga atubutse?

Ujya wifuza gutega (Betting) ku mikino, ariko ukabura aho ubikorera n’ubigufashamo kubera imbogamizi zitanukanye?

Qatal Empire Association Limited ibigufashamo.

Utiriwe wigora uta umwanya wawe wari gukoresha ukora akazi kawe ka buri munsi, turagutumikira tukagufasha gutega ku mikino wifuza ndetse no mu buryo bwose ubyifuzamo.

Icyo usabwa ni ukuduhamagara/kutwandikira ukatubwira amakipe wifuza gutegera n’umubare w’amafaranga wifuza gushyiraho tugahita tubigukorera ako kanya.

Mu gihe wifuza gutega ku mikino iri kuba ako kanya (Live Betting) nabyo turabigukorera ndetse tukanagukurikiranira uburyo ibikubo (Odds) bihagaze mu gihe umukino uri kuba.

Akarusho, iyo wabaye umunyamahirwe (Ipari yawe yariye), amafaranga yawe tuyaguha ako kanya kuko dukora amasaha 24/24.

 Iyo wahisemo gukorana natwe, icyo usabwa ni ukwishyura amafaranga 100 Frw yonyine ya service (Kugutumikira), hanyuma waba umunyamahirwe (Ipari yawe yariye), ukatwishyura 10% y’amafaranga watsindiye.

Dukorana bya hafi na Forte Bet, Premier Bet, Lucky Bet, Golilla Games, Forzza Bet,…

Tubibutse ko Qatar Empire Association Ltd ari kompanyi yizewe kandi yemewe mu Rwanda, ikora ibijyanye no gutumikira abantu bashaka gutega (Betting) ku mikino bahisemo, ndetse muri iki gihe services zacu tuzitangira Online amasaha 24 ku yandi.

Twandikire kuri WhatsApp: 0790703644

Duhamagare kuri 0791448543

MoMo Pay: *182*8*1*096890#

Amazina dukoresha kuri MoMo Pay ni: Qatar Empire Association Ltd

Ku bantu badakoresha MoMo Pay, mushobora kwishyura munyuze hano

Qatar Empire Association Ltd: Turatumika kuko Twizewe 100%

https://youtu.be/Dmf_w1XDgek

https://youtu.be/OCZmbyvaoG8

https://youtu.be/7jbOXCXHmzE

https://youtu.be/PeKMcst2-QE

https://youtu.be/hMHdfBxUtKo

https://youtu.be/Xz2BV2_-2hg

https://youtu.be/3vHUFVQ2RlQ

About Kwizera Yamini

I only talk when i feel my words are better than my silence. sometimes it may hurt or irritate but i like my Silence

View all posts by Kwizera Yamini →

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *