Padiri Habimfura washinjwaga gusambanya umwana w’umuhungu yagizwe umwere

Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwagize umwere Padiri wa Diyosezi ya Kabgayi, Habimfura Jean Baptiste, wari ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana w’umuhungu w’imyaka 17 n’icyo guhimba inyandiko itavugisha ukuri.

Uru rubanza rwasomwe ku wa Kabiri, tariki ya 28 Ukuboza 2021, saa Munani z’amanywa.

Padiri Habimfura Jean Baptiste yatawe muri yombi muri Gashyantare 2021. Mu ifatwa rye havuzwe ko icyaha yari akurikiranyweho yagikoreye umwana wari usanzwe akorera abapadiri aho batuye mu Murenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga.

Amakuru yatangajwe icyo gihe yagaragaje ko yafashwe ku wa 10 Gashyantare 2021, asanzwe ku Mupaka wa Rusumo aho byanaketswe ko yashakaga gucika ubutabera akajya muri Malawi aho afite abavandimwe.

Padiri Habimfura Jean Baptiste yagejejwe mu butabera ashinjwa ibyaha bibiri birimo icyo gusambanya umwana n’icyaha cyo guhimba no gukoresha inyandiko itavugisha ukuri.

Ubushinjacyaha bwasobanuye ko ku wa 7 Gashyantare 2021, Musenyeri wa Diyosezi ya Kabgayi yandikiye RIB mu Karere ka Muhanga asaba ko hakorwa iperereza ku makuru avugwa kuri Padiri Habimfura Jean Baptiste ajyanye n’ihohoterwa ry’umwana w’imyaka 17, uvuga ko yamuhohoteye dore ko uwo mwana yari umukozi wabo wo mu rugo kuri Paruwasi ya Ntarabana.

Bukomeza buti: “Amubwira kwicara ku gitanda Padiri aratambuka ajya mu bwogero agaruka yambaye ubusa ahita amufata amwubikisha inda ku gitanda amukuramo agakabutura yari yambaye atangira kumusambanya mu kibuno arangije kumusambanya ni bwo yahitaga amubwira ngo nasohoke agende’’.

Ubushinjacyaha bwavuze ko byakozwe inshuro zitandukanye kugeza igihe umwana ashwanye na padiri yanga kongera gusubira mu cyumba cye, anabimenyesha undi mupadiri, wamugiriye inama yo kubibwira Musenyeri wa Diyosezi.

Bwavuze ko mu bimenyetso bushingiraho harimo ko Padiri Habimfura nubwo yaburanye ahakana icyaha cyo kuba yarasambanyije umwana w’umuhungu mu kibuno yemera ko yavuganye n’uwitwa Nsanzineza Aimable akamuha 100.000 Frw ari nabwo bamwandikishaga inyandiko ivuguruza amakuru yari yaratanzwe nyuma ngo bagasaba ko iyo nyandiko ayishyiraho umukono we. Aha ni naho havuye icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano.

Ubushinjacyaha bwari bwamusabiye igifungo cy’imyaka 32, irimo irindwi ku cyaha cy’inyandiko mpimbano na 25 ku cyaha cyo gusambanya umwana utarageza imyaka y’ubukure.

Nyuma yo gusesengura ubwiregure bw’impande zombi, urukiko rwanzuye ko ikirego cyatanzwe n’Ubushinjacyaha nta shingiro gifite ku byaha byombi Padiri Habimfura Jean Baptiste yari akurikiranyweho ndetse rutegeka ko ahita arekurwa.

Umwunganizi we, Me Joseph Twagirayezu, yavuze ko yishimiye ko uwo yunganira yagizwe umwere. Yongeyeho ko hari ibitarashingiweho bamufata birimo no kuba umwana yaravuze ko Padriri yamufashe mu mpera z’umwaka wa 2020 ariko agafatwa muri Gashyantare 2021.

Padiri Habimfura yabaye Umuyobozi w’Amasomo muri College Sainte Marie Reine Kabgayi nyuma yimurirwa gukorera umurimo muri Paruwasi ya Ntarabana mu Murenge wa Rongi hafi ya Diyosezi ya Kabgayi.

Inteko yaburanishije uru rubanza yategetse ko amagarama y’uru rubanza aherera mu isanduku ya Leta; umucamanza yibukije ababuranyi ko utishimiye imikirize yarwo yajuririra icyemezo cyafashwe.

Src: IGIHE

Tubibutse ko mushobora gukurikirana iki gitangazamakuru ku mbuga nkoranyambaga zacyo zemewe, mukazajya mugezwaho amakuru agezweho ako kanya.

Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu.

Wari uzi ko iyo gutega (Betting) ku mikino byaguhiriye bishobora kugufasha kwinjiza amafaranga atubutse?

Ujya wifuza gutega (Betting) ku mikino, ariko ukabura aho ubikorera n’ubigufashamo kubera imbogamizi zitanukanye?

Qatal Empire Association Limited ibigufashamo.

Utiriwe wigora uta umwanya wawe wari gukoresha ukora akazi kawe ka buri munsi, turagutumikira tukagufasha gutega ku mikino wifuza ndetse no mu buryo bwose ubyifuzamo.

Icyo usabwa ni ukuduhamagara/kutwandikira ukatubwira amakipe wifuza gutegera n’umubare w’amafaranga wifuza gushyiraho tugahita tubigukorera ako kanya.

Mu gihe wifuza gutega ku mikino iri kuba ako kanya (Live Betting) nabyo turabigukorera ndetse tukanagukurikiranira uburyo ibikubo (Odds) bihagaze mu gihe umukino uri kuba.

Akarusho, iyo wabaye umunyamahirwe (Ipari yawe yariye), amafaranga yawe tuyaguha ako kanya kuko dukora amasaha 24/24.

Iyo wahisemo gukorana natwe, icyo usabwa ni ukwishyura amafaranga 100 Frw yonyine ya service (Kugutumikira), hanyuma waba umunyamahirwe (Ipari yawe yariye), ukatwishyura 10% y’amafaranga watsindiye.

Dukorana bya hafi na Forte Bet, Premier Bet, Lucky Bet, Golilla Games, Forzza Bet,…

Tubibutse ko Qatar Empire Association Ltd ari kompanyi yizewe kandi yemewe mu Rwanda, ikora ibijyanye no gutumikira abantu bashaka gutega (Betting) ku mikino bahisemo, ndetse muri iki gihe services zacu tuzitangira Online amasaha 24 ku yandi.

Twandikire kuri WhatsApp: 0790703644

Duhamagare kuri 0791448543

MoMo Pay: *182*8*1*096890#

Amazina dukoresha kuri MoMo Pay ni: Qatar Empire Association Ltd

Ku bantu badakoresha MoMo Pay, mushobora kwishyura munyuze hano

Qatar Empire Association Ltd: Turatumika kuko Twizewe 100%

https://youtu.be/45bUPa2_zPs

https://youtu.be/WfbqIQHaa8c

https://youtu.be/5hCBIj43gRE

https://youtu.be/2XX5Aa1v59o

https://youtu.be/IF0iRpc-ltw

https://youtu.be/8UBSIQjeJ-Y

People Beats Muzika ni company nshya ikora ibijyanye na music consultancy ndetse ikanatunganya ibihangano n’ibindi byose bifitanye isano na sound engineering

Uramutse ukeneye kubagana wahamagara kuri +250 787167585 cyangwa ukabandikira ku mbuga nkoranyambaga zabo, aho bakoresha amazina ya People Beats ku mbuga nkoranyambaga zose.

Niba hari inkuru mufite mushaka gusangiza abakurikira uru rubuga (Amazuku.com), mwatwandikira kuri info@amazuku.com

About Kwizera Yamini

I only talk when i feel my words are better than my silence. sometimes it may hurt or irritate but i like my Silence

View all posts by Kwizera Yamini →

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *