Rurangiranwa Jimmy Gatete yahishuye ko amanyanga ya Rayon Sports ariyo yatumye imwibikaho ndetse anavuga impamvu atagiye gukina i Burayi

Rutahizamu wibihihe byose mu ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi, Jimmy Gatete, yahishuye byinshi kubyo abakunzi ba ruhago y’u Rwanda bamutekerezaho. 

Jimmy Gatete yabivugiye mu kiganiro yagiranye na Radiyo Rwanda mu Rubuga rw’imikino, aho yahishuye ko nubwo yavuye mu ikipe ya Mukura VS atijwe muri Rayon Sports mu 1997, ariko Gikundiro yakoze amanyanga kugira ngo imwigarurire ibashe kumugumana. 

Yagize ati “Hari umuco wari uhari mu Rwanda, iyo ikipe zisohotse zatiraga abakinnyi, bakaza kubafasha. Ni byo bakoze kuri njye, mva muri Mukura njya muri Rayon Sports.” 

Yakomeje agira ati: “Barantiye, nagombaga gusubirayo, noneho navuga ko Rayon Sports yakoze amanyanga, ikoresha amayeri nsigara muri Rayon Sports, byanga ko nsubira inyuma kuko bitwaje ko nasinye ikarita ya CAF mbere y’uko nsinya Licence ya Federasiyo.” 

“Rero bavuga ko iyo uyisinye mbere y’indi, bahita babibara ko uri uw’iyo kipe. Ni uko byagenze ariko ntibyazana ikibazo.” 

Jimmy Gatete yahishuye ko impamvu atakinnye ku mugabane w’u Burayi ari imvune za hato na hato zamwibasiraga ubwo yabaga ari mu igerageza, ariko yakinnyeho mu Cyiciro cya Gatatu mu gihugu cya Portugal no mu Buholandi. 

Ku bijyanye n’abavuga ko mbere ya buri mukino yajyaga i Burundi, ndetse yakoreshaga ‘feye’ kugira ngo abashe gutsinda ibitego, Gatete yavuze ko ibyo atabyemera ndetse ibyo yagezeho byose byari imyitozo n’amahirwe. 

Ati “Abantu benshi bakunze kubimbaza, uretse abanyamakuru, n’abantu duhura mu muhanda banzi mu bintu by’umupira barabimbaza. Ndagira ngo umunsi nzongera kuganira n’umunyamakuru, ntazongere kumbaza ibintu bya feye. Feye si yo yangize njyewe, feye ntayo nzi. Ibyo bintu by’amafuti sinshaka no kubyumva. Umuntu wese tuzakorana ikiganiro ntazabimbazeho.” 

Yakomeje agira ati “Njyewe, ibyo nakoze byose byari imyitozo, ikinyabupfura, kuruhuka, amahirwe. Ni amahirwe nagize, ari ibyo navuga ngo nari igitangaza cyane. Gusa ikintu kijya kintangaza ahubwo iyo nsubije amaso inyuma, abantu batangiye kuvuga ibintu bya feye ni imikino ikomeye bagiye babivugaho. Ni umukino wa Ghana, Nigeria, Cameroun…Iyo ukoze ibintu bidasanzwe abantu babyibazaho.” 

“Iyo baza kuvuga feye ku mukino wa Mukura na KCC mu 1994 nari kubyumva kuko ni bwo navuga ko nakoze ibintu bidasanzwe, wari umukino wa mbere ndi mutoya, nkora ibimeze nk’ibitangaza. Naho ahandi nari maze kuba umukinnyi umenyereye, gutsinda ni ibintu navukanye. Ndabinginze, ntihazagire umuntu uzongera kumbaza icyo kibazo. Ni amafuti, sinshaka kongera kumva ibyo bintu.” 

Yongeyeho ko hari igitabo ari gutegura aho azahishura byinshi ku rugendo rwe rwo gukina birimo n’ibyo abenshi batamenye. 

Nyuma yo guhagarika gukina, Gatete yize ubutoza mu Budage aho yakoreye UEFA Licence C mu 2014. Yavuze ko yashatse kubyinjiramo ariko abona bitazakunda, arabyihorera. 

Muri iki kiganiro yagiranye na Radio Rwanda, yavuze ko aba muri Florida aho afite umugore n’abana babiri b’abakobwa bahisemo gukina Tennis. 

Gatete Jimmy yakiniye Mukura VS ubwo yayoborwaga na nyakwigendera Gasarabwe Jean Damascène nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. 

Yayivuyemo ajya muri Rayon Sports hagati ya 1997-2001, batwarana CECAFA mu 1997 batsinze Mlandege yo muri Zanzibar ibitego 2-1. 

Nyuma yaho yakiniye amakipe atandukanye arimo APR FC, Rayon Sports (ku nshuro ya kabiri), Police FC, St George yo muri Ethiopia na Maritziburg United yo muri Afurika y’Epfo. 

Jimmy Gatete kandi yakoranye imyitozo na bagenzi bahoze bakinana muri iyi kipe bahuriye mu muryango Former Amavubi Players Association. 

Iyi myitozo yabaye ku wa Gatatu, tariki 8 Gicurasi 2024 kuri Tapis Rouge. Yitabiriwe n’abahoze bakinira Amavubi bahuriye mu muryango witwa Former Amavubi Players Association. 

Abo barimo Jimmy Gatete, Nshimiyimana Eric, Murangwa Eugène, Thierry Hitimana, Sembagare Jean Chrysostome (wari umusifuzi), Mateso Jean de Dieu, Rucogoza Aimable uzwi nka Mambo, Achraf Kadubiri n’abandi. 

Nyuma yo kongera guhurira mu kibuga na bagenzi be, Gatete yatangaje ko ari iby’agaciro gakomeye mu gihe banakomeje kwitegura n’Igikombe cy’Isi cy’Abakanyujije. 

Yagize ati “Ni ibintu bishimishije cyane kongera gukina n’abo twahoze dukinana twagiranye ibihe byiza. Kugeza ubu buri wese ari kwitegura ku giti cye nk’aha n’abandi bari ahatandukanye. Nyuma tuzahurira inaha twitegurire hamwe.” 

IGIHE CYO KUBIKUZA KURI PI NETWORK CYAGEZE: Reba ibisabwa 

Muntu uba muri iyi si y’ikoranabuhanga ukaba udakora mining ya cryptocurrency waracikanwe. 

Ubundi ku bantu batabizi, mining ni uburyo bukoreshwa muri cryptocurrency, nk’ubucukuzi bw’amafaranga atangwa ku buntu nta gishoro watanze.  

Icyo wowe ukora ni ugukanda ku ijambo mine gusa ubundi amafaranga y’ubunu akaba downloaded icyo gihe uba uri gucukura icyo bita coin. Izo coin nizo uvunjamo amafaranga ku buntu  

Habaho coin nyinshi zikorerwa mining nzagenda nzibereka gacyegacye bitewe nuko nzajya mbanza nkayikoraho ubushakashatsi nkamenya ko ifite gahunda ifatika, ndetse binatewe n’umubare w’abakoresha Username yanjye mu gihe bagiye gutangira urugendo rwa mining.  

Nk’ubu nawe iyo wakora ukaba uyicukura ni pi network: Icyo nkubwira nuko iyo umaze kwiyandikisha buri masaaha 24 wajya ugenda kuri app yayo ugakanda ijambo mine mine gusa ubundi amafaranga akidownlodinga mu masaha 24 akurikiyeho.  

Waca kuri iyi link unyuze hano ubundi ukoreshe iyi username (Yamini01234) nka invitation code, nawe ugatangira ugacukura amafaranga y’ubuntu  

Iyo ufunguye account udakoresheje iyo Username ntabwo umutekano w’amafaranga wamininze uba wizewe, ndetse n’ingano y’amafaranga udownloadinga agahita yiyongera kuko iyo ukoresheje iriya Username utangirana Pi imwe ihwanye n’Amadorali 40. 

Buri munsi usabwe kujya wibuka gukanda ku ijambo mine kugirango ukomeze kudownloadinga amafaranga y’ubuntu, igihe cyo kubikuza tuzababwira uburyo bikorwa. 

Ku bantu basanzwe bakora mining ya Pi Network, igihe cyo kubikuza kiregereje kuko yatangiye no gukoreshwa mu guhaha ibintu bitandukanye. Abemerewe kuyikoresha bahaha ni abamaze gukorerwa KYC verification. 

Kugirango wemererwe gukora KYC Verification ni uko uba usanzwe ukora mining buri munsi.  

Ku bindi bisobanuro by’uko wabikuza twandikire kuri WhatsApp: +254700212775 

Tubibutse ko mushobora gukurikirana iki gitangazamakuru ku mbuga nkoranyambaga zacyo zemewe, mukazajya mugezwaho amakuru agezweho ako kanya.  

Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *