Abasirikare ba Uganda binjiye ku butaka bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo bashimuta abantu 3.

Abasirikare ba Uganda binjiye ku butaka bw’igihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, mu ntara ya Ituri, bashimuta abaturage 3 b’iki gihugu.

Actu.7  ducyesha iyi nkuru, ivuga ko iki gikorwa cyabaye kuwa 2 Ugushyingo 2021, muri Sheferi ya  Warpalara, Teritwari ya  Mahagi y’Intara ya Ituri.

Abaturiye aka gace kagaragayemo abasirikare ba UPDF, bavuga ko izi ngabo zahagaragaye mu masaha ya saa 15h00.

Bivugwa ko ngo aba basirikare byagaragaraga ko barakaye bahise bafata abaturage batatu bivugwa ko bari mu bavuga rikijyana muri aka gace baberekeza muri Uganda ku buryo kugeza ubu bitazwi aho  bafungiwe.

Bivugwa ko abaturage ba Uriwo bakibona ingabo za Uganda mu gace kabo batangiye guhingira mu bindi bice bitandukanye by’iyi ntara.

Mushobora kudukurikirana ku mbuga nkoranyambaga zacu, mukazajya mugezwaho amakuru agezweho ako kanya.

Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu.

https://youtu.be/JQKoyC3ZVBo

https://youtu.be/tLZPcuI2yaE

https://youtu.be/wB8OZhhjjiE

https://youtu.be/VFx7RbXdB8E

https://youtu.be/Z_kyu7POWBM

https://youtu.be/XBfVYIw3c6k

Niba hari inkuru mufite mushaka gusangiza abakurikira uyu rubuga, mwatwandikira kuri info@amazuku.com

About Kwizera Yamini

I only talk when i feel my words are better than my silence. sometimes it may hurt or irritate but i like my Silence

View all posts by Kwizera Yamini →

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *