Abaturage bo mu Budage bazindukiye mu myigaragambyo ishyigikira u Burusiya mu gihe Ukraine iri kwitegura intambara ikomeye.

Umuryango OTAN/NATO ukomeje koherereza Ukraine inkunga y’intwaro n’amafaranga, mu gihe u Burusiya na bwo bwashyizeho Umuyobozi mushya w’urwo rugamba witwa Gen Alexander Dvornikov, wahanganye n’Abanyamerika muri Syria.

Ibimodoka by’intambara n’ibindi bikoresho byatanzwe n’u Bwongereza byamaze kugera muri Ukraine nk’uko Minisitiri w’Intebe, Boris Johnson, yabitangaje ubwo yasuraga Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelenskyy, ku wa Gatandatu tariki 09 Mata 2022.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) na zo zahise zitangaza ko zigiye guha Ukraine intwaro ikeneye mu rwego rwo kubuza u Burusiya kwigarurira ubutaka bwayo.

Ukraine itangaza ko nyuma yo kwakira inkunga y’ibikoresho by’intambara irimo guhabwa n’ibihugu bigize OTAN, irimo guhita ibyohereza mu burasirazuba n’amajyepfo aho urugamba rugiye kwambikana, hafi y’umupaka w’u Burusiya.

Ubutegetsi bwa Ukraine buvuga ko buzarwana intambara karundura mu burasirazuba bwayo, nyuma y’uko Leta y’u Burusiya ikuye ingabo mu murwa Mukuru Kiev, ikazirundanyiriza mu burasirazuba bwa Ukraine mu ntara ya Donbass (igizwe n’uturere twa Lughansk na Donetsk).

Icyakora mu bimodoka by’intambara n’ibindi bikoresho by’ubwirinzi byahawe Ukraine, u Burusiya buvuga ko hari ibyo bwamaze gusenya byari byakoze umurongo byerekeza ahazabera intambara.

U Burusiya buvuga ko bwasenye ibyo bimodoka bubirasheho ibisasu bya misile, bukoresheje kajugujugu zabwo ebyiri zitwa KA-52.

Ntabwo bisanzwe ko muri iki gihe u Burusiya bwahawe akato mu Burayi na Amerika, haboneka abantu babarirwa mu magana (barenga 600 muri buri mujyi) bigaragambya babushyigikira.

Imyigaragambyo bayikoreye mu mijyi ya Frankfort, Hanovre, Lubeck na Stuttgart mu Budage, bamagana icyo bise urwango u Burusiya bufitiwe ndetse n’urugomo Abarusiya ngo barimo gukorerwa hanze y’igihugu cyabo.

I Frankfort Abarusiya baba mu Budage bahahuriye n’Abanya-Ukraine na bo bari mu myigaragambyo bamagana intambara u Burusiya bwagabye ku gihugu cyabo, maze Polisi y’u Budage ibajya hagati kugira ngo batarwana.

Tubibutse ko mushobora gukurikirana iki gitangazamakuru ku mbuga nkoranyambaga zacyo zemewe, mukazajya mugezwaho amakuru agezweho ako kanya.

Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu.

Niba mwifuza ko tubamamariza ibikorwa byanyu bikabasha kwamamara hose ku isi, mushobora kuduhamagara/kutwandikira kuri +250782967060

People Beats Muzika ni company nshya ikora ibijyanye na music consultancy ndetse ikanatunganya ibihangano n’ibindi byose bifitanye isano na sound engineering

Uramutse ukeneye kubagana wahamagara kuri +250 787167585 cyangwa ukabandikira ku mbuga nkoranyambaga zabo, aho bakoresha amazina ya People Beats ku mbuga nkoranyambaga zose.

Kanda hano ubashe kubandikira kuri facebook 

Niba hari inkuru mufite mushaka gusangiza abakurikira uru rubuga (Amazuku.com), mwatwandikira kuri info@amazuku.com

Wari uzi ko iyo gutega (Betting) ku mikino byaguhiriye bishobora kugufasha kwinjiza amafaranga atubutse?

Ujya wifuza gutega (Betting) ku mikino, ariko ukabura aho ubikorera n’ubigufashamo kubera imbogamizi zitanukanye?

Qatal Empire Association Limited ibigufashamo.

Utiriwe wigora uta umwanya wawe wari gukoresha ukora akazi kawe ka buri munsi, turagutumikira tukagufasha gutega ku mikino wifuza ndetse no mu buryo bwose ubyifuzamo.

Icyo usabwa ni ukuduhamagara/kutwandikira ukatubwira amakipe wifuza gutegera n’umubare w’amafaranga wifuza gushyiraho tugahita tubigukorera ako kanya.

Mu gihe wifuza gutega ku mikino iri kuba ako kanya (Live Betting) nabyo turabigukorera ndetse tukanagukurikiranira uburyo ibikubo (Odds) bihagaze mu gihe umukino uri kuba.

Akarusho, iyo wabaye umunyamahirwe (Ipari yawe yariye), amafaranga yawe tuyaguha ako kanya kuko dukora amasaha 24/24.

 Iyo wahisemo gukorana natwe, icyo usabwa ni ukwishyura amafaranga 100 Frw yonyine ya service (Kugutumikira), hanyuma waba umunyamahirwe (Ipari yawe yariye), ukatwishyura 10% y’amafaranga watsindiye.

Dukorana bya hafi na Forte Bet, Premier Bet, Lucky Bet, Golilla Games, Forzza Bet,…

Tubibutse ko Qatar Empire Association Ltd ari kompanyi yizewe kandi yemewe mu Rwanda, ikora ibijyanye no gutumikira abantu bashaka gutega (Betting) ku mikino bahisemo, ndetse muri iki gihe services zacu tuzitangira Online amasaha 24 ku yandi.

Twandikire kuri WhatsApp: 0790703644

Duhamagare kuri 0791448543

MoMo Pay: *182*8*1*096890#

Amazina dukoresha kuri MoMo Pay ni: Qatar Empire Association Ltd

Ku bantu badakoresha MoMo Pay, mushobora kwishyura munyuze hano

Qatar Empire Association Ltd: Turatumika kuko Twizewe 100%

Imyigaragambyo ishyigikira u Burusiya mu Budage
Abasirikare ba Ukraine aha barimo kwakira intwaro bohererejwe na USA.

https://youtu.be/Dmf_w1XDgek

https://youtu.be/OCZmbyvaoG8

https://youtu.be/hMHdfBxUtKo

https://youtu.be/3vHUFVQ2RlQ

About Kwizera Yamini

I only talk when i feel my words are better than my silence. sometimes it may hurt or irritate but i like my Silence

View all posts by Kwizera Yamini →

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *