Diregiteri w’Ishuri yaguwe gitumo asambanyiriza umwana muto mu biro bye abura aho akwirwa.

Umuyobozi w’Ishuri rimwe riherereye ahitwa Ashanti mu Gihugu cya Ghana, yaguwe gitumo mu biro bye ari gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 15.

Bivugwa ko uyu muyobozi yari asanzwe asambanya uriya munyeshuri utaruzuza imyaka y’ubukure.

Amakuru aturuka muri kiriya gihugu, avuga ko uyu muyobozi w’Ishuri ryitwa Offinso JHS ngo yasambanyije uriya mwana w’umukobwa abanje kumufungirana mu biro bye.

Amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye, agaragaza abantu benshi bafungura ibiro by’uyu muyobozi ubundi bakamusangana n’uriya mukobwa.

Abaturage bo muri kariya gace binjiye mu biro by’uyu muyobozi w’ikigo ari benshi batangira kumuhagata, agerageza gusohoka ngo ahunge ariko bamubera ibamba.

Amakuru kandi avuga ko uriya muyobozi-gito atari ubwa mbere asambanyije uriya mwana w’umukobwa ahubwo ko yari yarabigize akamenyero none iminsi imubereye nka ya yindi 40 y’igisambo.

Inzego z’ubutabera muri kiriya Gihugu cya Ghana, zitangaza ko kuba uriya mwana w’umukobwa wasambanyijwe akiri muto bishobora gutuma uriya muyobozi w’ishuri ashobora gukatirwa igifungo cy’imyaka myinshi mu gihe yaba ahamwe n’icyaha.

Tubibutse ko mushobora gukurikirana iki gitangazamakuru ku mbuga nkoranyambaga zacyo zemewe, mukazajya mugezwaho amakuru agezweho ako kanya.

Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu.

https://youtu.be/c3AwAXvWYTU

https://youtu.be/_18mOZbl5pc

https://youtu.be/JQKoyC3ZVBo

https://youtu.be/tLZPcuI2yaE

https://youtu.be/wB8OZhhjjiE

https://youtu.be/VFx7RbXdB8E

https://youtu.be/Z_kyu7POWBM

https://youtu.be/XBfVYIw3c6k

People Beats Muzika ni company nshya ikora ibijyanye na music consultancy ndetse ikanatunganya ibihangano n’ibindi byose bifitanye isano na sound engineering

Uramutse ukeneye kubagana wahamagara kuri +250 787167585 cyangwa ukabandikira ku mbuga nkoranyambaga zabo, aho bakoresha amazina ya People Beats ku mbuga nkoranyambaga zose.

Niba hari inkuru mufite mushaka gusangiza abakurikira uru rubuga (Amazuku.com), mwatwandikira kuri info@amazuku.com

About Kwizera Yamini

I only talk when i feel my words are better than my silence. sometimes it may hurt or irritate but i like my Silence

View all posts by Kwizera Yamini →

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *