Hari abishimira amafoto, bakumva byarangiye. Njye siko meze – Perezida Kagame ku mubano w’u Rwanda na Uganda.

Perezida Paul Kagame aherutse kugirana ikiganiro n’ikinyamakuru Jeune Afrique, agaruka ku ngingo zitandukanye zirimo ibivugwa ku Rwanda, ku Karere na Afurika ndetse no ku buzima bwe bwite.

Muri icyo kiganiro cyabaye tariki 20 Mutarama i Kigali cyashyizwe mu Kinyarwanda, Perezida Kagame yasubije ibibazo bitandukanye birimo bimwe muri ibi bikurikira:

Umuhungu wa Perezida Museveni, Lt Gen Kainerugaba aherutse kuburira abatekereza kukurwanya. Mwakiriye intumwa yihariye iturutse muri Uganda. Byaba ari intangiriro y’ubwiyunge hagati y’u Rwanda na Uganda?

Buri mushoramari aba akwiriye kugenzura akamenya neza umusaruro uva mu byo yashoye. Yego, turi mu biganiro ariko ntegereje kureba ko ari ibyo twashoramo. Kuri ubu, nta musaruro ndabona kandi intumwa nakira ndabizibwira.

Hari abishimira amafoto, bakumva byarangiye. Njye siko meze. Yego nishimiye ibyatangajwe n’umuhungu wa Perezida Museveni ariko nizeye ko bizarenga hariya hakavamo ibisubizo bya nyabyo.

Nubwo hari ukwiyunga, ntabwo murahura na mugenzi wanyu w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye. Ikibazo ni ikihe?

Ku ruhande rwanjye nta kibazo. Nta kibazo kiri hagati yacu. Abashinzwe umutekano ku mpande zombi na ba Minisitiri bashinzwe ububanyi n’amahanga barahuye.

Minisitiri w’Intebe wacu yitabiriye umuhango wo kwizihiza ubwigenge bw’u Burundi. Tuzahura mu gihe cya nyacyo.

Ingabo za Uganda ziri muri RDC ahari imitwe ishaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda, byaba bibateye impungenge?

Umutwe w’iterabwoba wa ADF ni ikibazo gikomeye, kitareba Uganda gusa. Ni ikibazo gikora kuri RDC natwe bikatugeraho ndetse n’akarere.

Muri ADF, harimo Abanya-Uganda, abanye-Congo, Abanyarwanda, Abarundi, Abanya-Kenya n’abanya-Tanzania. Vuba aha, mu Rwanda twataye muri yombi abari muri uwo mutwe.

Ntabwo ari abantu bari bafitanye isano neza na ADF ariko hari aho bahuriye. Twaje kumenya ko bari barahawe inyigisho hifashishijwe amashusho bikozwe n’umuntu uri muri RDC n’Umunya-Uganda.

Twamenye ko bashakaga kugaba ibitero ku Rwanda bihimura ku bikorwa turimo muri Mozambique mu ntara ya Cabo Delgado. Ibyo ni ibigaragaza ko ikibazo kireba akarere kose. Mu kugikemura hakenewe ubufatanye bw’akarere.

Perezida Félix Tshisekedi yaba yarabamenyesheje mbere y’uko izo ngabo zijyayo?

Nta n’umwe twaganiriye yaba RDC cyangwa Uganda. Ntiharashira ukwezi tubonye ibisobanuro.

Mbere y’uko izo ngabo zoherezwa, twari mu biganiro na Guverinoma ya Congo dusanganywe imikoranire myiza kandi dufatanyije gushakira igisubizo ku bibazo duterwa n’imitwe yitwaje intwaro iri mu Burasirazuba bwa Congo.

[…] ibikorwa byo kurwanya ADF bikozwe mu buryo butari bwo, bishobora gukongeza izindi mvururu. Hakenewe ibiganiro n’ubufatanye.

Mu ntangiriro z’Ugushyingo 2021, muri Kivu y’Amajyaruguru ingabo za Congo zavuze ko zigabwaho ibitero n’abahoze muri M23 bari mu Rwanda. Ese kuba abo bahoze ari inyeshyamba bari ku butaka bwanyu ntabwo byongera umutekano muke?

Ubwo M23 yasenyukaga, bamwe mu bari bayigize baje mu Rwanda, abandi bajya muri Uganda mu gihe hari n’abagumye muri Congo.

Ku baje mu Rwanda, twaganiriye kenshi na Guverinoma ya Joseph Kabila, nyuma dukomeza n’iya Félix Tshisekedi ku buryo bataha.

Twamenyesheje bagenzi bacu ko abo bantu bambuwe intwaro, tukabashyira mu nkambi kandi ko tugenzura ibikorwa byabo. Ni ikibazo kimaze igihe. Twasabye Abanye-Congo kubajyana, aho babashyira ni ibyabo.

Abanya-Uganda nabo basabye nk’ibyo kuko hariyo benshi bahoze muri M23. Bamwe bari mu nkambi ariko hari itsinda riyobowe na Sultani Makenga riri ku mupaka uhuza RDC, u Rwanda na Uganda ku ruhande rwa Uganda. Bahamaze imyaka ibiri kandi bakomeje kugaba ibitero kuri RDC.

Twaganiriye n’abayobozi ba Congo kandi hari itsinda rishinzwe ubugenzuzi ryageze aho baherereye. Kuvuga ko bafite aho bahuriye n’u Rwanda, ntabwo ari byo.

Kugeza ubu RDC niyo igomba gufata umwanzuro w’uko izakemura icyo kibazo. Bamwe mu nshuti z’izo nyeshyamba bari muri Guverinoma i Kinshasa, abandi baba muri RDC. Na Guverinoma ya Congo irabizi ko abagize M23 bagomba kuba bari iwabo.

Tubibutse ko mushobora gukurikirana iki gitangazamakuru ku mbuga nkoranyambaga zacyo zemewe, mukazajya mugezwaho amakuru agezweho ako kanya.

Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu.

Wari uzi ko iyo gutega (Betting) ku mikino byaguhiriye bishobora kugufasha kwinjiza amafaranga atubutse?

Ujya wifuza gutega (Betting) ku mikino, ariko ukabura aho ubikorera n’ubigufashamo kubera imbogamizi zitanukanye?

Qatal Empire Association Limited ibigufashamo.

Utiriwe wigora uta umwanya wawe wari gukoresha ukora akazi kawe ka buri munsi, turagutumikira tukagufasha gutega ku mikino wifuza ndetse no mu buryo bwose ubyifuzamo.

Icyo usabwa ni ukuduhamagara/kutwandikira ukatubwira amakipe wifuza gutegera n’umubare w’amafaranga wifuza gushyiraho tugahita tubigukorera ako kanya.

Mu gihe wifuza gutega ku mikino iri kuba ako kanya (Live Betting) nabyo turabigukorera ndetse tukanagukurikiranira uburyo ibikubo (Odds) bihagaze mu gihe umukino uri kuba.

Akarusho, iyo wabaye umunyamahirwe (Ipari yawe yariye), amafaranga yawe tuyaguha ako kanya kuko dukora amasaha 24/24.

Iyo wahisemo gukorana natwe, icyo usabwa ni ukwishyura amafaranga 100 Frw yonyine ya service (Kugutumikira), hanyuma waba umunyamahirwe (Ipari yawe yariye), ukatwishyura 10% y’amafaranga watsindiye.

Dukorana bya hafi na Forte Bet, Premier Bet, Lucky Bet, Golilla Games, Forzza Bet,…

Tubibutse ko Qatar Empire Association Ltd ari kompanyi yizewe kandi yemewe mu Rwanda, ikora ibijyanye no gutumikira abantu bashaka gutega (Betting) ku mikino bahisemo, ndetse muri iki gihe services zacu tuzitangira Online amasaha 24 ku yandi.

Twandikire kuri WhatsApp: 0790703644

Duhamagare kuri 0791448543

MoMo Pay: *182*8*1*096890#

Amazina dukoresha kuri MoMo Pay ni: Qatar Empire Association Ltd

Ku bantu badakoresha MoMo Pay, mushobora kwishyura munyuze hano

Qatar Empire Association Ltd: Turatumika kuko Twizewe 100%

https://youtu.be/Dmf_w1XDgek

https://youtu.be/OCZmbyvaoG8

https://youtu.be/OCZmbyvaoG8

https://youtu.be/7jbOXCXHmzE

https://youtu.be/PeKMcst2-QE

https://youtu.be/hMHdfBxUtKo

https://youtu.be/Xz2BV2_-2hg

https://youtu.be/3vHUFVQ2RlQ

People Beats Muzika ni company nshya ikora ibijyanye na music consultancy ndetse ikanatunganya ibihangano n’ibindi byose bifitanye isano na sound engineering

Uramutse ukeneye kubagana wahamagara kuri +250 787167585 cyangwa ukabandikira ku mbuga nkoranyambaga zabo, aho bakoresha amazina ya People Beats ku mbuga nkoranyambaga zose.

Niba hari inkuru mufite mushaka gusangiza abakurikira uru rubuga (Amazuku.com), mwatwandikira kuri info@amazuku.com

About Kwizera Yamini

I only talk when i feel my words are better than my silence. sometimes it may hurt or irritate but i like my Silence

View all posts by Kwizera Yamini →

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *