Mu rubanza rwa Twagirayezu hari abasabye kurindirwa umutekano mu buryo bukomeye cyane bitewe n’ibyigeze gukorwa n’Abacengezi

Ubushinjacyaha bwatanze urutonde rw’abatangabuhamya 10 bwifuza ko bazaza mu rukiko gushinja jenoside Wenceslas Twagirayezu, busaba ko bamwe barindirwa umutekano kuko hari abagizweho n’ingaruka mu ntambara y’Abacengezi bitewe n’ubuhamya bari baratanze.

Ubushinjacyaha bwavuze ko hari abamushinja bifuza gutanga ubuhamya imbonankubone mu rukiko, n’abifuza kurindirwa umutekano kuko ngo hari uwatanze ubuhamya muzindi manza zisa nk’uru maze umugore we, abana be na barumuna be bakicwa n’Abacengezi.

Uruhande rw’uregwa narwo ruvuga ko rugikeneye kubonana n’abamushinjura bari i Goma, Gisenyi n’Iburayi ariko amikoro n’umwanya bikomeje kuba iyanga.

Ni mu iburanisha ryo kuri uyu wa Gatatu, mu rubanza rw’uyu mugabo woherejwe na Denmark kuburanira mu Rwanda, ubushinjacyaha bwavuze ko abamushinja bamwe bamubonye kuri za bariyeri afite intwaro gakondo, ubundi afite imbunda na grenade mu gihe cya jenoside.

Bwasabye kandi ko ku buhamya bw’abamushinja bari Iburayi urukiko rwazashingira ku nyandikomvugo zabo, mu gihe uruhande rw’uregwa rwasabye ko abo bakurwa ku rutonde rw’abamushinja.

Me Bruce Bikotwa wunganira Twagirayezu yavuze ko bo batashoboye gutanga urutonde rw’abamushinjura asaba amafaranga n’umwanya wo kubageraho.

Bikotwa yavuze ko bakeneye kongera gukora iperereza ry’ibanze bakabonana n’abashinjura umukiriya we bari i Goma, mu bice bya Rubavu n’abari Iburayi kuko hari ingengo y’imari yabigenewe.

Twagirayezu w’imyaka 53 aregwa uruhare mu kwica Abatutsi bari bahungiye mu bice bitandukanye by’icyari perefegitura ya Gisenyi, birimo Busasamana, Nkamira, Mudende n’ahiswe ’komine rouge’, ibyaha we ahakana.

Urukiko rwavuze ko ibyo byose ruzabisuzuma rukabitangaho umwanzuro ku itariki 15 Ukuboza 2021.

Tubibutse ko mushobora gukurikirana iki gitangazamakuru ku mbuga nkoranyambaga zacyo zemewe, mukazajya mugezwaho amakuru agezweho ako kanya.

Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu.

Wari uzi ko iyo gutega (Betting) ku mikino byaguhiriye bishobora kugufasha kwinjiza amafaranga atubutse?

Ujya wifuza gutega (Betting) ku mikino, ariko ukabura aho ubikorera n’ubigufashamo kubera imbogamizi zitanukanye?

Qatal Empire Association Limited ibigufashamo.

Utiriwe wigora uta umwanya wawe wari gukoresha ukora akazi kawe ka buri munsi, turagutumikira tukagufasha gutega ku mikino wifuza ndetse no mu buryo bwose ubyifuzamo.

Icyo usabwa ni ukuduhamagara/kutwandikira ukatubwira amakipe wifuza gutegera n’umubare w’amafaranga wifuza gushyiraho tugahita tubigukorera ako kanya.

Mu gihe wifuza gutega ku mikino iri kuba ako kanya (Live Betting) nabyo turabigukorera ndetse tukanagukurikiranira uburyo ibikubo (Odds) bihagaze mu gihe umukino uri kuba.

Akarusho, iyo wabaye umunyamahirwe (Ipari yawe yariye), amafaranga yawe tuyaguha ako kanya kuko dukora amasaha 24/24.

Iyo wahisemo gukorana natwe, icyo usabwa ni ukwishyura amafaranga 100 Frw yonyine ya service (Kugutumikira), hanyuma waba umunyamahirwe (Ipari yawe yariye), ukatwishyura 10% y’amafaranga watsindiye.

Dukorana bya hafi na Forte Bet, Premier Bet, Lucky Bet, Golilla Games, Forzza Bet,…

Tubibutse ko Qatar Empire Association Ltd ari kompanyi yizewe kandi yemewe mu Rwanda, ikora ibijyanye no gutumikira abantu bashaka gutega (Betting) ku mikino bahisemo, ndetse muri iki gihe services zacu tuzitangira Online amasaha 24 ku yandi.

Twandikire kuri WhatsApp: 0790703644

Duhamagare kuri 0791448543

MoMo Pay: *182*8*1*096890#

Amazina dukoresha kuri MoMo Pay ni: Qatar Empire Association Ltd

Ku bantu badakoresha MoMo Pay, mushobora kwishyura munyuze hano

Qatar Empire Association Ltd: Turatumika kuko Twizewe 100%

https://youtu.be/5hCBIj43gRE

https://youtu.be/2XX5Aa1v59o

https://youtu.be/IF0iRpc-ltw

https://youtu.be/8UBSIQjeJ-Y

https://youtu.be/PeKMcst2-QE

https://youtu.be/IbN1W0eOHqk

https://youtu.be/Kc5CDmg7JgA

https://youtu.be/Xz2BV2_-2hg

People Beats Muzika ni company nshya ikora ibijyanye na music consultancy ndetse ikanatunganya ibihangano n’ibindi byose bifitanye isano na sound engineering

Uramutse ukeneye kubagana wahamagara kuri +250 787167585 cyangwa ukabandikira ku mbuga nkoranyambaga zabo, aho bakoresha amazina ya People Beats ku mbuga nkoranyambaga zose.

Niba hari inkuru mufite mushaka gusangiza abakurikira uru rubuga (Amazuku.com), mwatwandikira kuri info@amazuku.com

About Kwizera Yamini

I only talk when i feel my words are better than my silence. sometimes it may hurt or irritate but i like my Silence

View all posts by Kwizera Yamini →

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *