Rutsiro: Urujijo ku murambo w’umugabo w’imyaka 45 watoraguwe ku Kivu

Umurambo w’umugabo witwa Mukeshimana Gervais uri mu kigero cy’imyaka 45 y’amavuko, watoraguwe ku nkombe z’Ikiyaga cya Kivu mu Murenge wa Gihanga, Akarere ka Rutsiro.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 15 Ugushyingo 2021, nibwo uyu murambo wabonetse, mu Kagari ka Ruhingo. Abaturanyi b’uyu mugabo bavuga ko baherukaga kumubona mu mpera z’icyumweru gishize nkuko amakuru ya IGIHE akomeza abivuga.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’agateganyo w’Umurenge wa Gihango, Ndayisenga Jean Baptiste yavuze ko uyu mugabo yari atunzwe no gukora ibiraka.

Ntibiramenyekana niba yarishwe cyangwa yariyahuye mu Kiyaga cya Kivu.

Ubuyobozi bw’umurenge bwahise bumenyesha Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo rukore iperereza hamenyekane icyateye urupfu rw’uyu mugabo.

Bwasabye abaturiye Ikiyaga cya Kivu kujya bitwararika igihe bakorera ibikorwa ku nkombe zacyo kuko kijya gihitana ubuzima bw’abantu.

Tubibutse ko mushobora gukurikirana iki gitangazamakuru ku mbuga nkoranyambaga zacyo zemewe, mukazajya mugezwaho amakuru agezweho ako kanya.

Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu.

https://youtu.be/Ki-dVcWT0xA

https://youtu.be/c3AwAXvWYTU

https://youtu.be/_18mOZbl5pc

https://youtu.be/JQKoyC3ZVBo

https://youtu.be/tLZPcuI2yaE

https://youtu.be/wB8OZhhjjiE

https://youtu.be/VFx7RbXdB8E

https://youtu.be/Z_kyu7POWBM

People Beats Muzika ni company nshya ikora ibijyanye na music consultancy ndetse ikanatunganya ibihangano n’ibindi byose bifitanye isano na sound engineering

Uramutse ukeneye kubagana wahamagara kuri +250 787167585 cyangwa ukabandikira ku mbuga nkoranyambaga zabo, aho bakoresha amazina ya People Beats ku mbuga nkoranyambaga zose.

Niba hari inkuru mufite mushaka gusangiza abakurikira uru rubuga (Amazuku.com), mwatwandikira kuri info@amazuku.com

About Kwizera Yamini

I only talk when i feel my words are better than my silence. sometimes it may hurt or irritate but i like my Silence

View all posts by Kwizera Yamini →

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *