U Bushinwa bwemeye kuba umuhuza mu ntambara u Burusiya bwashoje kuri Ukraine

Ku wa Kabiri w’iki Cyumweru, Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping, yatangaje ko Igihugu cye cyiteguye gufatanya n’umuryango mpuzamahanga mu kuba nk’umuhuza mu ntambara iri kuba muri Ukraine.

Xi ntabwo yigeze atangaza uburyo igihugu cye cyiteguye kubikora ndetse nta n’ubwo yagaragaje aho gihagaze ku bihano ibihugu by’u Burayi na Amerika biri gufatira u Burusiya.

Mu kiganiro yagiranye na Chancelier w’u Budage, Olaf Scholz, hamwe na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, Xi yavuze ko ibiri kubera muri Ukraine bihangayikishije kandi u Bushinwa butewe impungenge n’uko intambara yongeye kwaduka ku Mugabane w’u Burayi.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga mu Bushinwa rivuga ko Xi yemeje ko “u Bushinwa buzakomeza kuvugana no gukorana n’u Bufaransa, u Budage na EU n’impande zirebwa hamwe n’umuryango mpuzamahamaga” mu bikorwa bigamije kugarura amahoro.

Scholz na Macron bavuze ko ibihugu byombi byiteguye kunoza imikoranire no guhana amakuru n’u Bushinwa kugira ngo hatezwe imbere ibiganiro by’amahoro.

Ubusanzwe u Burusiya n’u Bushinwa ni ibihugu bisanzwe bibanye neza bigakubitana n’uko byombi bidacana uwaka na byinshi byo mu Burayi na Amerika.

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yasabye amahanga kumufasha guhangana n’u Burusiya, kuko abugereranya n’igisimba kidahaga, kizashyira isi yose mu kaga.

Mu mashusho yashyize kuri paji ye ya Facebook ku wa Mbere, Perezida Zelensky yashimye umuhate w’ingabo ze zimaze ibyumweru bibiri zihanganye n’iz’u Burusiya.

Uyu muyobozi kandi yaganiriye na Televiziyo, ABC, avuga ko amahanga natamushyigikira mu guhangana n’u Burusiya, ingaruka zizagera kuri buri wese.

Ati: “Abantu batekereza ko turi kure ya Amerika na Canada. Oya, twese turi mu gace kamwe k’ubwigenge”.

“Iyo uburenganzira bwa muntu cyangwa ubwigenge bihonyowe, muba mugomba kuturinda kuko ejo nimwe. Iki gisimba uko kirya, niko kirushaho inzara yacyo yiyongera kigashaka ibindi”.

Hashize ibyumweru bibiri u Burusiya butangije intambara muri Ukraine, igamije gukuraho ubutegetsi bita ubw’aba-Nazi bubangamiye abaturage.

Icyakora, iki gitero kinagamije kuburizamo umugambi wa Ukraine wo kwiyunga ku muryango w’ubutabarane wa NATO, u Burusiya bufata nk’umwanzi ukomeye mu gihe waba winjiye muri Ukraine bahana imbibi.

Tubibutse ko mushobora gukurikirana iki gitangazamakuru ku mbuga nkoranyambaga zacyo zemewe, mukazajya mugezwaho amakuru agezweho ako kanya.

Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu.

Niba mwifuza ko tubamamariza ibikorwa byanyu bikabasha kwamamara hose ku isi, mushobora kuduhamagara/kutwandikira kuri +250782967060

People Beats Muzika ni company nshya ikora ibijyanye na music consultancy ndetse ikanatunganya ibihangano n’ibindi byose bifitanye isano na sound engineering

Uramutse ukeneye kubagana wahamagara kuri +250 787167585 cyangwa ukabandikira ku mbuga nkoranyambaga zabo, aho bakoresha amazina ya People Beats ku mbuga nkoranyambaga zose.

Kanda hano ubashe kubandikira kuri facebook

Niba hari inkuru mufite mushaka gusangiza abakurikira uru rubuga (Amazuku.com), mwatwandikira kuri info@amazuku.com

Wari uzi ko iyo gutega (Betting) ku mikino byaguhiriye bishobora kugufasha kwinjiza amafaranga atubutse?

Ujya wifuza gutega (Betting) ku mikino, ariko ukabura aho ubikorera n’ubigufashamo kubera imbogamizi zitanukanye?

Qatal Empire Association Limited ibigufashamo.

Utiriwe wigora uta umwanya wawe wari gukoresha ukora akazi kawe ka buri munsi, turagutumikira tukagufasha gutega ku mikino wifuza ndetse no mu buryo bwose ubyifuzamo.

Icyo usabwa ni ukuduhamagara/kutwandikira ukatubwira amakipe wifuza gutegera n’umubare w’amafaranga wifuza gushyiraho tugahita tubigukorera ako kanya.

Mu gihe wifuza gutega ku mikino iri kuba ako kanya (Live Betting) nabyo turabigukorera ndetse tukanagukurikiranira uburyo ibikubo (Odds) bihagaze mu gihe umukino uri kuba.

Akarusho, iyo wabaye umunyamahirwe (Ipari yawe yariye), amafaranga yawe tuyaguha ako kanya kuko dukora amasaha 24/24.

 Iyo wahisemo gukorana natwe, icyo usabwa ni ukwishyura amafaranga 100 Frw yonyine ya service (Kugutumikira), hanyuma waba umunyamahirwe (Ipari yawe yariye), ukatwishyura 10% y’amafaranga watsindiye.

Dukorana bya hafi na Forte Bet, Premier Bet, Lucky Bet, Golilla Games, Forzza Bet,…

Tubibutse ko Qatar Empire Association Ltd ari kompanyi yizewe kandi yemewe mu Rwanda, ikora ibijyanye no gutumikira abantu bashaka gutega (Betting) ku mikino bahisemo, ndetse muri iki gihe services zacu tuzitangira Online amasaha 24 ku yandi.

Twandikire kuri WhatsApp: 0790703644

Duhamagare kuri 0791448543

MoMo Pay: *182*8*1*096890#

Amazina dukoresha kuri MoMo Pay ni: Qatar Empire Association Ltd

Ku bantu badakoresha MoMo Pay, mushobora kwishyura munyuze hano

Qatar Empire Association Ltd: Turatumika kuko Twizewe 100%

https://youtu.be/Dmf_w1XDgek

https://youtu.be/OCZmbyvaoG8

https://youtu.be/7jbOXCXHmzE

https://youtu.be/PeKMcst2-QE

https://youtu.be/hMHdfBxUtKo

https://youtu.be/Xz2BV2_-2hg

https://youtu.be/3vHUFVQ2RlQ

About Kwizera Yamini

I only talk when i feel my words are better than my silence. sometimes it may hurt or irritate but i like my Silence

View all posts by Kwizera Yamini →

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *