Ubuzima bw’umumotari watoraguye asaga miliyoni 50 Frw akazisubiza bukomeje guhinduka. Amafoto

Umwaka ushize nibwo hamamaye inkuru y’uwitwa Emmanuel Tuloe, umumotari w’imyaka 19 wo muri Libéria watoraguye hafi y’umuhanda igifurumba cy’amafaranga asaga miliyoni 50 Frw.

Nk’uko biza mu mitwe ya benshi, yakagombye kuba yarafashanye aka kayabo k’amafaranga akigender ariko siko byagenze.

Yafashe aya mafaranga ayabitsa nyirasenge, kugeza nyirayo yumvikanye kuri radio nkuru y’Igihugu ayarangisha maze Emmanuel ntiyazuyaza kuyamusubiza.

Nk’uko byari byitezwe rubanda bamuhaye inkwenene ndetse banamubwira ko atazigera akira bitewe n’amahirwe yari amaze kwitesha.

Iki gikorwa cy’ubutwari yakoze cyatumye yamamara ahantu henshi anahabwa ibihembo bishimishije nko kwererwa kwigira ubuntu mu ishuri rya Ricks Institute riri mu ya mbere meza muri Libéria.

Perezida George Weah yaramwakiriye nk’intwari y’igihugu anamuha igihembo cy’arenga miliyoni 10 z’amafaranga y’u Rwanda, aherekejwe na moto ebyiri zo kumufasha kwiteza imbere.

Uwo yatoraguriye amafaranga na we yamuhembye ibikoresho bihwanye na 1,500,000 Frw.

Kaminuza ya Livingstone College yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yamwereye kuzahigira ubuntu igihe azaba arangije amashuri yisumbuye.

Kimwe n’abandi bana bo muri Libéria bakomoka mu miryango ikenye, Emmanuel na we yataye ishuri afite imyaka 9 ubwo se umubyara yagwagwa mu mpanuka y’ubwato maze akajya kubana na nyirasenge.

Nyuma yo guhabwa amahirwe yo kwiga kuri Ricks Academy, ubu ageze mu mwaka wa gatandatatu w’amashuri abanza, akaba yiga aba mu kigo.

Ubwo BBC yamusuraga ku ishuri, yayibwiye ko ari kwishimira ubuzima bwaho cyane ko bwigisha kubana neza n’abantu batandukanye.Yanababwiye ko yiteguye kwiga icungamutungo muri kaminuza kugira ngo azafashe gucunga neza umutungo w’igihugu.

Yavuze ko abamunenga kuba atarakoresheje amafaranga yatoraguye, hari ibyo birengagiza birimo no kubura amahirwe afite kuri ubu.

Ati: “Ndashimira Imana yampaye aya mahirwe n’ababyeyi banjye bantoje kuba inyangamugayo. Inama nagira bagenzi bange ni kuba inyangamugayo birinda gutwara iby’abandi”.

Abayobozi b’ikigo n’abanyeshuri bigana bahamya ko Emmanuel ari intangarugero mu bandi mu kigo, ndetse akaba agikomeje umuco wo gusubiza ibintu bya bagenzi be igihe abitoraguye.

N’ubwo yasubiye mu ishuri akuze, nta gihundutse Emmanuel azarangiza amshuri yisumbuye afite imyaka 25. Azahita yerekeza muri Livingstone College yo muri Amerika nk’uko yabimwemereye.

Tubibutse ko mushobora gukurikirana iki gitangazamakuru ku mbuga nkoranyambaga zacyo zemewe, mukazajya mugezwaho amakuru agezweho ako kanya.

Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu.

Niba mwifuza ko tubamamariza ibikorwa byanyu bikabasha kwamamara hose ku isi, mushobora kuduhamagara/kutwandikira kuri +250782967060

People Beats Muzika ni company nshya ikora ibijyanye na music consultancy ndetse ikanatunganya ibihangano n’ibindi byose bifitanye isano na sound engineering

Uramutse ukeneye kubagana wahamagara kuri +250 787167585 cyangwa ukabandikira ku mbuga nkoranyambaga zabo, aho bakoresha amazina ya People Beats ku mbuga nkoranyambaga zose.

Kanda hano ubashe kubandikira kuri facebook

Niba hari inkuru mufite mushaka gusangiza abakurikira uru rubuga (Amazuku.com), mwatwandikira kuri info@amazuku.com

Wari uzi ko iyo gutega (Betting) ku mikino byaguhiriye bishobora kugufasha kwinjiza amafaranga atubutse?

Ujya wifuza gutega (Betting) ku mikino, ariko ukabura aho ubikorera n’ubigufashamo kubera imbogamizi zitanukanye?

Qatal Empire Association Limited ibigufashamo.

Utiriwe wigora uta umwanya wawe wari gukoresha ukora akazi kawe ka buri munsi, turagutumikira tukagufasha gutega ku mikino wifuza ndetse no mu buryo bwose ubyifuzamo.

Icyo usabwa ni ukuduhamagara/kutwandikira ukatubwira amakipe wifuza gutegera n’umubare w’amafaranga wifuza gushyiraho tugahita tubigukorera ako kanya.

Mu gihe wifuza gutega ku mikino iri kuba ako kanya (Live Betting) nabyo turabigukorera ndetse tukanagukurikiranira uburyo ibikubo (Odds) bihagaze mu gihe umukino uri kuba.

Akarusho, iyo wabaye umunyamahirwe (Ipari yawe yariye), amafaranga yawe tuyaguha ako kanya kuko dukora amasaha 24/24.

 Iyo wahisemo gukorana natwe, icyo usabwa ni ukwishyura amafaranga 100 Frw yonyine ya service (Kugutumikira), hanyuma waba umunyamahirwe (Ipari yawe yariye), ukatwishyura 10% y’amafaranga watsindiye.

Dukorana bya hafi na Forte Bet, Premier Bet, Lucky Bet, Golilla Games, Forzza Bet,…

Tubibutse ko Qatar Empire Association Ltd ari kompanyi yizewe kandi yemewe mu Rwanda, ikora ibijyanye no gutumikira abantu bashaka gutega (Betting) ku mikino bahisemo, ndetse muri iki gihe services zacu tuzitangira Online amasaha 24 ku yandi.

Twandikire kuri WhatsApp: 0790703644

Duhamagare kuri 0791448543

MoMo Pay: *182*8*1*096890#

Amazina dukoresha kuri MoMo Pay ni: Qatar Empire Association Ltd

Ku bantu badakoresha MoMo Pay, mushobora kwishyura munyuze hano

Qatar Empire Association Ltd: Turatumika kuko Twizewe 100%

Ubusanzwe Emmanuel Tuleo w’imyaka 19 yari umumotari aba mu buzima butoroshye

Emmanuel yasubiye mu ishuri ageze mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza muri Ricks Institute

https://youtu.be/Dmf_w1XDgek

https://youtu.be/OCZmbyvaoG8

https://youtu.be/hMHdfBxUtKo

https://youtu.be/Xz2BV2_-2hg

https://youtu.be/3vHUFVQ2RlQ

About Kwizera Yamini

I only talk when i feel my words are better than my silence. sometimes it may hurt or irritate but i like my Silence

View all posts by Kwizera Yamini →

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *