Uko umushoramari Boer amaze kumenyekanisha u Rwanda mu mahanga kubera ifiriti nyuma yuko yageze m’urwa Gasabo nk’umunyeshuri

Mu 2013, umunyeshuri muri Kaminuza ya Wageningen mu Buholandi yasuye u Rwanda, mu bushakashatsi bwari bugamije gusoza igitabo cye cy’icyiciro cya gatatu cya Kaminuza (Masters), yakoraga mu bijyanye n’ubukungu. 

Ubushakashatsi bwakorewe ku bahinzi b’ibirayi mu Karere ka Musanze, agamije kureba imbogamizi bahura nazo n’uko ibirayi bahinga byakongererwa agaciro, bikajya ku masoko mpuzamahanga bikungukira ababihinga, igihugu n’Isi muri rusange. 

Uwo musore wageze mu Rwanda ari umunyeshuri ni Thijs Boer washinze uruganda rutunganya ifiriti y’ibirayi i Musanze, igacuruzwa hirya no hino haba mu Rwanda no hanze yayo. 

Niba ukunda guhahira mu maguriro agezweho (supermarkets) hirya no hino mu Rwanda, ushobora kuba warahuye n’ifiriti ipfunyitse mu mashashi y’umutuku cyangwa icyatsi izwi nka Winnaz. 

Ni ifiriti ikunzwe cyane mu karere u Rwanda ruherereyemo kubera uburyo itunganyijwe, nyamara hari benshi batazi ko ari umwihariko w’uruganda Hollanda Fair Foods ruherereye mu Karere ka Musanze. 

Rwashinzwe mu 2015 hashize imyaka ibiri Boer avuye mu Rwanda, aho yabonye ingorane abahinzi bahura nazo mu kubyaza inyungu umusaruro wabo w’ibirayi, ndetse n’uburyo u Rwanda rwahombaga kuberako nta bundi buryo bwo kongerera agaciro ibirayi bwari buhari. 

U Rwanda ni kimwe mu bihugu byeza umusaruro mwinshi w’ibirayi ndetse kigasagurira n’amasoko. 

Imibare ya Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda igaragaza ko umusaruro w’ibirayi wiyongereye uva kuri toni 2 240 000 mu 2013, ugera kuri toni miliyoni 6 mu 2019. Ubuso buhingwaho ibirayi bwavuye kuri hegitari ibihumbi 130 mu 2010 bugera kuri hegitari ibihumbi 200. 

Boer aheruka kuvuga ko byari bigoye mu ntangiriro dore ko batangiye bagurisha nibura udushashi tutarenze 200 tw’ifiriti mu cyumweru. 

Ati “Mu ntangiriro benshi ntabwo bari bazi icyo Winnaz aricyo dore ko uburyo tupfunyika udahita umenya ikirimo imbere. Mu ntangiriro ntabwo abantu bashidukiraga kugura, byadusabye kubimenyekanisha cyane ku buryo uyu munsi benshi bazi Winnaz, tugaraharanira ubuziranenge no kubishyira ku giciro cyoroheye buri wese.” 

Gushinga uruganda si ibintu byoroshye cyane cyane iyo nta mafaranga ahagije ufite nk’umuntu wari ukirangiza ishuri. 

Boer yabwiye IGIHE ducyesha iyi nkuru ko yagobotswe n’amafaranga make umuryango we wamugurije, abashoramari bashimye igitekerezo yari afite, inkunga ya Guverinoma y’u Buholandi n’ayo yagujije muri banki zo mu Rwanda. 

Kugeza ubu Hollanda Fair Foods ni uruganda rukoresha abakozi bahoraho basaga 60 ndetse n’abahinzi bagera ku 2000. 

Boer ati “Ubwo natangiraga, intego kwari uguteza imbere ubuzima bw’abahinzi baciriritse b’ibirayi i Musanze no gutanga amahirwe ku rubyiriko rwo mu Majyaruguru. Intego twari twihaye rero ni uko buri wese agera ku ntego ye haba abahinzi natwe ndetse n’u Rwanda. Twashakaga kugabanya ibituruka mu mahanga. Muri make twashakaga gukora ibintu bituma buri wese agera kucyo ashaka. Ni uko twahisemo izina Winnaz.” 

Uru ruganda rufite ubushobozi bwo gutunganya toni umunani z’ibirayi ku munsi, rukagira amasoko mu Rwanda, Uganda, Burundi, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Kenya. 

Ati “Hari ababicuruza no muri Congo Brazzaville, Sudani ndetse no muri Zambia gusa aho ho ntabwo ari twe tubijyanayo, ni abacuruzi babijyana. Hari abafatanyabikorwa basigaye banabitugurishiriza mu Bubiligi ariko twe aho tubigurisha nkatwe ni mu karere.Gusa ushaka kubigeza mu bindi bihugu byose turahari ngo tumufashe.” 

Ibiciro ku masoko, ifiriti y’ibijumba n’imyumbati… 

Guhera mu 2020 ubwo icyorezo cya Covid-19 cyibasiraga isi, ibiciro by’ibicuruzwa bitandukanye hirya no hino ku isi byaratumbagiye. Byarushijeho mu 2022 ubwo intambara y’u Burusiya na Ukraine yatangiraga. 

Ubu bwiyongere bw’ibicuruzwa birimo n’ibikenerwa mu buhinzi bw’ibirayi nk’ifumbire n’imiti irwanya indwara, byatumye ikilo cy’ibirayi gihenda. Bivuze ko Hollanda Fair Foods biyihenda kubona ibirayi byo gukoresha, hakiyongeraho amavuta yifashishwa n’uruganda. 

Boer ati “Byatumye twongera igiciro muri rusange. Uyu munsi amashashi mato usanga tuyagurisha 600 Frw mu gihe amashashi manini ari 2200 Frw, rero byagize ingaruka ku biciro byacu ahanini atari ukubera ko ibiciro by’ibirayi byuriye ahubwo no kuba igiciro cy’amavuta cyarazamutse.” 

Nubwo bimeze gutyo, yakomeje avuga ko bafite intego yo kongera umubare w’abahinzi bakorana ndetse no kwagura amasoko no gushaka ibindi bakoramo ifiriti nk’imyumbati n’ibijumba. 

Ati “Turashaka gukomera ku masoko yo mu karere no kongera ubwoko bw’ibyo dushobora gukora mu birayi, tukaba twakora n’ibigenewe abakiliya b’ibyiciro bitandukanye baba abakeneye byinshi n’ibike. Twatangiye kugerageza uburyo twakora ifiriti yo mu bitoki, imyumbati n’ibijumba […] turashaka kohereza ku isoko ibicuruzwa bitandukanye.” 

Boer avuga ko intego ari ugufasha u Rwanda kugabanya icyuho cy’ibyo ruvana mu mahanga rwongera ibyo rwoherezayo, no gufasha abahinzi kubona inyungu y’umusaruro wabo. 

IGIHE 

Tubibutse ko mushobora gukurikirana iki gitangazamakuru ku mbuga nkoranyambaga zacyo zemewe, mukazajya mugezwaho amakuru agezweho ako kanya. Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu. 

Boer avuga ko intego ari ukwagura uruganda rwe, ibyo rukora bikamenyekana cyane hanze y’u Rwanda

Niba mwifuza ko tubamamariza ibikorwa byanyu bikabasha kwamamara hose ku isi, mushobora kuduhamagara/kutwandikira kuri +250782967060 

Niba usanzwe ucika intege mu gihe cyo gutera akabariro koresha REVIVE capsules (Ni Umwe mu miti Gakondo y’abashinywa yizewe ku rwego Mpuzamahanga Mugezwaho N’Ivuriro Fukang Healthcare) 

REVIVE ikorwa gusa mu byatsi bisanzwe byitwa Epimedium. N’igihingwa kirandaranda cyiri mu muryango w’ibihingwa bizwi nka berberidacea kiboneka mu majyepfo y’Ubushinwa ndetse no mu bice bimwe na bimwe bya Aziya. 

REVIVE yongera ogisijeni (Oxygen) mu maraso. REVIVE irinda kandi ikavura gusohora imburagihe ndetse ikanavura ingaruka ziterwa no kwikinisha. 

IBYIZA BYO GUKORESHA REVIVE: 

Ikiza gusohora imburagihe no gucika intege utera akabariro. Yongera libido (Ubushake) ku kigero cyo hejuru. Yongera umusaruro w’intanga mu bwiza n’ubwinshi. Ihangana n’ingaruka zo kwikinisha, ikongera imbaraga za kigabo ndetse ikanafasha mu kongera amasohoro 

Gukoresha revive  bikakurinda gupfubya uwo muhuye. 

REVIVE IGIZWE N’IBININI 10 

UKO IFATWA: Unywa ikinini kimwe mu minsi ine, ukakinywesha amazi y’akazuyaze. 

Niba wiyumva nkutakibasha gushimisha uwo mwashakanye cg se umukunzi (partner) wawe, Wizuyaza kuduhamagara cg se kutwandikira ngo tugufashe! 

N.B ubaye ufite ikindi kibazo kihariye kigendanye n’ubuzima waca mugikari tukabiganiraho Birambuye. Aho uherereye hose imiti yacu yakugeraho. 

Iyi product wayibona ku giciro cya 40000 Frw. Hamagara & WhatsApp Number: +250788920788 

People Beats Muzika ni company nshya ikora ibijyanye na music consultancy ndetse ikanatunganya ibihangano n’ibindi byose bifitanye isano na sound engineering Uramutse ukeneye kubagana wahamagara kuri +250 787167585 cyangwa ukabandikira ku mbuga nkoranyambaga zabo, aho bakoresha amazina ya People Beats ku mbuga nkoranyambaga zose. Kanda hano ubashe kubandikira kuri facebook

Niba hari inkuru mufite mushaka gusangiza abakurikira uru rubuga (Amazuku.com), mwatwandikira kuri info@amazuku.com  

About Kwizera Yamini

I only talk when i feel my words are better than my silence. sometimes it may hurt or irritate but i like my Silence

View all posts by Kwizera Yamini →

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *