Umugabo yahise yiyahura ako kanya agikubita amaso Fagitire y’ibitaro yo kuvura umukobwa we.

Polisi yo mu Karere ka Rarieda mu gihugu cya Kenya irimo gukora iperereza ku rupfu rw’umugabo Asembo bivugwa ko yiyahuye, kubera fagitire y’ibitaro.

Amakuru avuga ko uyu mugabo w’imyaka 55, Alfred Owuor, yari atuye mu mudugudu wa Tuoro mu gace ka West

Bivugwa ko Alfred Owuor yiyahuye nyuma yuko umwe mu bantu bo mu muryango we yari yamusezeranyije kumufasha kwishyura fagitire y’ibitaro y’umukobwa we ariko akaza kwisubiraho ku munota wa nyuma.

Nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi w’agace ka West Asembo, Wycliffe Odiango, ngo umurambo w’uyu mugabo wavumbuwe umanitse ku giti umugozi uri mu ijosi mu gihuru.

Yabonetse yapfuye nyuma gato yo kubona amakuru ko mwene wabo atakimufashije kwishyura amafaranga y’ibitaro ngo yishyure imiti umukobwa we yari akeneye nk’uko iyi nkuru dukesha Standardmedia ivuga.

Umuyobozi ati: “Umurambo wavumbuwe n’umuturanyi wari ugiye kuzirika ihene ye maze aratabaza”.

Odiango yavuze ko uyu mugabo yari asigaye yibana nyuma yo gutandukana n’umugore we.

Umukobwa we yari yinjiye mu Bitaro by’Akarere ka Bondo kandi hakenewe Amashilingi 13,000 yo kwishyura imiti.

Umurambo wajyanywe mu buruhukiro bw’ibitaro by’Akarere ka Madiany ngo ukorerwe ibizamini.

Tubibutse ko mushobora gukurikirana iki gitangazamakuru ku mbuga nkoranyambaga zacyo zemewe, mukazajya mugezwaho amakuru agezweho ako kanya.

Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu.

https://youtu.be/Ki-dVcWT0xA

https://youtu.be/c3AwAXvWYTU

https://youtu.be/_18mOZbl5pc

https://youtu.be/JQKoyC3ZVBo

https://youtu.be/tLZPcuI2yaE

https://youtu.be/wB8OZhhjjiE

https://youtu.be/VFx7RbXdB8E

https://youtu.be/Z_kyu7POWBM

People Beats Muzika ni company nshya ikora ibijyanye na music consultancy ndetse ikanatunganya ibihangano n’ibindi byose bifitanye isano na sound engineering

Uramutse ukeneye kubagana wahamagara kuri +250 787167585 cyangwa ukabandikira ku mbuga nkoranyambaga zabo, aho bakoresha amazina ya People Beats ku mbuga nkoranyambaga zose.

Niba hari inkuru mufite mushaka gusangiza abakurikira uru rubuga (Amazuku.com), mwatwandikira kuri info@amazuku.com

About Kwizera Yamini

I only talk when i feel my words are better than my silence. sometimes it may hurt or irritate but i like my Silence

View all posts by Kwizera Yamini →

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *