Umushumba mukuru wa ADEPR yahishuye igihe Yesu agarutse ku Isi adashobora kumara atageze ku kibuga cy’umupira

Umushumba Mukuru wa ADEPR, Pasiteri Ndayizeye Isaïe, yavuze ko ku bibuga by’umupira ari hamwe mu hahurira abantu benshi bityo ko abapasiteri bakwiye kujya bafata umwanya wo kubasangishayo ubutumwa bwiza. 

Ni ubutumwa yatanze kuri uyu wa Mbere, tariki 7 Kanama, mu Karere ka Muhanga, ubwo yafunguraga ingando z’abana batozwa gukina umupira w’amaguru ku bufatanye bwa ADEPR; Umuryango Mpuzamahanga, Ambassadors Football n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda. 

Aba bana bo mu kigero cy’imyaka 13 bagera kuri 240 baturutse mu gihugu hose, bari bamaze igihe mu marushanwa y’umupira w’amaguru bakaba bagiye kuyasoza hatoranywa amakipe azegukana ibikombe. 

Visi Perezida wa mbere muri FERWAFA, Habyarimama Matiku Marcel, yavuze ko guteza imbere umupira w’amaguru binyuze mu bana bari mu mashuri ari gahunda ikomeye inashyigikiwe n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA. Yavuze ko iyi gahunda izakomeza kubaho, hashakwe abakurikirana aba bana ku buryo “hazaboneka nka 10 bagera mu ikipe y’igihugu.” 

Yakomeje agira ati “Uyu ni umwanya mwiza wo kugaragaza impano zanyu, ni umwanya mwiza, Itorero ribahaye, uyu ni umwanya mwiza igihugu kibahaye. Muwubyaze umusaruro mukore mutiganda, muzamure impano zanyu, mukurikire amasoma babaha, mukurikire ijambo ry’Imana, ibyo mwifuza kugeraho byose bizashoboka.” 

Umuyobozi wa Ambassadors Football ku rwego rw’Isi, Jonathan Henry Ortlip, yavuze ko uyu muryango wita ku mupira w’amaguru n’ijambo ry’Imana nk’ishingiro ry’ibintu byose kandi “ni ikintu ushobora guha umwana kikazamugeza mu buzima bw’iteka.” 

Umushumba Mukuru wa ADEPR, Pasiteri Ndayizeye Isaïe yavuze ko ku bibuga by’umupira ari ahandi hantu hateranira abantu benshi bakemera no gutanga ibyabo. Itorero icyo ryahisemo ngo ni uko bahasanga n’ijambo ry’Imana. 

Ati “Ahantu wasanga abantu 5000 nk’abo Yesu yagaburiraga, uyu munsi uretse mu nsengero ahandi ni ku bibuga by’umupira w’amaguru. Ndabizi ko Yesu agarutse mu ivugabutumwa, ntabwo yajya amara icyumweru atagiye ku kibuga cy’umupira.” 

“Ni yo mpamvu nshaka kubwira abapasiteri bari hano, ntimugire ngo abantu benshi baba mu nsengero gusa, ahubwo mubasange no ku bibuga mubashyireyo Yesu. Hari igihe tuguma mu rusengero gusa ariko Yesu yarahazindukiraga andi masaha akajya gushaka abantu aho bari.” 

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Eric Bizimana, yavuze ko ari amahirwe igihugu gifite kuba ADEPR yaratekereje iki gikorwa. 

Ati “Urubyiruko rurapfa kubera ko hari umurongo runaka umuryango utari kugendamo neza. Aba bana tureba igihe babyirutse bakora siporo banigishwa gusenga birabafasha kugira ngo imitsindire yabo igaragare. Iyo umwana afite ubunebwe muri we agakora siporo burashira, kwiga bikoroha tukabona umusaruro mwiza.” 

Ingando zitabiriwe n’abana 240 bateguwe uyu mwaka baturutse mu gihugu hose aho ADEPR ikorera. Bibumbiye mu makipe 10 y’abakobwa na 10 y’abahungu. Amarushanwa yatangiriye ku rwego rw’Ururembo akaba ageze ku rwego rw’igihugu. Iminsi itatu bazamara mu ngando hazavamo andi abiri [iya mbere n’iya kabiri] azatwara igikombe. 

Tubibutse ko mushobora gukurikirana iki gitangazamakuru ku mbuga nkoranyambaga zacyo zemewe, mukazajya mugezwaho amakuru agezweho ako kanya. Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu. 

Niba mwifuza ko tubamamariza ibikorwa byanyu bikabasha kwamamara hose ku isi, mushobora kuduhamagara/kutwandikira kuri +250782967060 

Niba usanzwe ucika intege mu gihe cyo gutera akabariro koresha REVIVE capsules (Ni Umwe mu miti Gakondo y’abashinywa yizewe ku rwego Mpuzamahanga Mugezwaho N’Ivuriro Fukang Healthcare) 

REVIVE ikorwa gusa mu byatsi bisanzwe byitwa Epimedium. N’igihingwa kirandaranda cyiri mu muryango w’ibihingwa bizwi nka berberidacea kiboneka mu majyepfo y’Ubushinwa ndetse no mu bice bimwe na bimwe bya Aziya. 

REVIVE yongera ogisijeni (Oxygen) mu maraso. REVIVE irinda kandi ikavura gusohora imburagihe ndetse ikanavura ingaruka ziterwa no kwikinisha. 

IBYIZA BYO GUKORESHA REVIVE: 

Ikiza gusohora imburagihe no gucika intege utera akabariro. Yongera libido (Ubushake) ku kigero cyo hejuru. Yongera umusaruro w’intanga mu bwiza n’ubwinshi. Ihangana n’ingaruka zo kwikinisha, ikongera imbaraga za kigabo ndetse ikanafasha mu kongera amasohoro 

Gukoresha revive  bikakurinda gupfubya uwo muhuye. 

REVIVE IGIZWE N’IBININI 10 

UKO IFATWA: Unywa ikinini kimwe mu minsi ine, ukakinywesha amazi y’akazuyaze. 

Niba wiyumva nkutakibasha gushimisha uwo mwashakanye cg se umukunzi (partner) wawe, Wizuyaza kuduhamagara cg se kutwandikira ngo tugufashe! 

N.B ubaye ufite ikindi kibazo kihariye kigendanye n’ubuzima waca mugikari tukabiganiraho Birambuye. Aho uherereye hose imiti yacu yakugeraho. 

Iyi product wayibona ku giciro cya 40000 Frw. Hamagara & WhatsApp Number: +250788920788 

People Beats Muzika ni company nshya ikora ibijyanye na music consultancy ndetse ikanatunganya ibihangano n’ibindi byose bifitanye isano na sound engineering Uramutse ukeneye kubagana wahamagara kuri +250 787167585 cyangwa ukabandikira ku mbuga nkoranyambaga zabo, aho bakoresha amazina ya People Beats ku mbuga nkoranyambaga zose. Kanda hano ubashe kubandikira kuri facebook

Niba hari inkuru mufite mushaka gusangiza abakurikira uru rubuga (Amazuku.com), mwatwandikira kuri info@amazuku.com  

About Kwizera Yamini

I only talk when i feel my words are better than my silence. sometimes it may hurt or irritate but i like my Silence

View all posts by Kwizera Yamini →

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *