Uwitwa Manishimwe wahuruje Polisi ayibeshya yatawe muri yombi

Polisi y’u Rwanda kuri uyu wa 15 Ugushyingo 2021 yataye muri yombi umusore utuye mu Kagari ka Byahi, Umurenge wa Byahi w’Akarere ka Rubavu, Manishimwe Elode wayihuruje ayibeshya ko habereye ubwambuzi bwakomerekeyemo abantu benshi.

Aya makuru Manishimwe yayatangiye kuri Twitter tariki ya 14 Ugushyingo 2021, ashyiraho ifoto y’uwigeze gukubitirwa mu Murenge wa Cyuve w’Akarere ka Musanze, agakomereka.

Polisi ikimara kubona amakuru, yohereje abapolisi mu Kagari ka Byahi, bagezeyo basanga nta kibazo cyahabaye, abaturage bababwira ko umutekano ari wose, bakora imirimo ntacyo bikanga.

Kuva ubwo Polisi ngo yatangiye gushakisha Manishimwe ufite imyaka 20 y’amavuko, ari nako ishakisha inkomoko y’iyi foto, isanga yarafatiwe mu Karere ka Musanze.

Manishimwe ukomoka muri Musanze yaje gufatwa, atabwa muri yombi, ubu akaba afungiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Gisenyi.

Uyu musore kurikiranweho icyaha cyo gutangaza amakuru y’ibihuha gishobora gutuma akatirwa igifungo kiri hagati y’imyaka itatu n’itanu, akanacibwa ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda ari hagati ya miliyoni imwe n’eshatu.

Tubibutse ko mushobora gukurikirana iki gitangazamakuru ku mbuga nkoranyambaga zacyo zemewe, mukazajya mugezwaho amakuru agezweho ako kanya.

Kanda hano udukurikirane (Follow) kuri Facebook Page yacu.

https://youtu.be/Ki-dVcWT0xA

https://youtu.be/c3AwAXvWYTU

https://youtu.be/_18mOZbl5pc

https://youtu.be/JQKoyC3ZVBo

https://youtu.be/tLZPcuI2yaE

https://youtu.be/wB8OZhhjjiE

https://youtu.be/VFx7RbXdB8E

https://youtu.be/Z_kyu7POWBM

People Beats Muzika ni company nshya ikora ibijyanye na music consultancy ndetse ikanatunganya ibihangano n’ibindi byose bifitanye isano na sound engineering

Uramutse ukeneye kubagana wahamagara kuri +250 787167585 cyangwa ukabandikira ku mbuga nkoranyambaga zabo, aho bakoresha amazina ya People Beats ku mbuga nkoranyambaga zose.

Niba hari inkuru mufite mushaka gusangiza abakurikira uru rubuga (Amazuku.com), mwatwandikira kuri info@amazuku.com

About Kwizera Yamini

I only talk when i feel my words are better than my silence. sometimes it may hurt or irritate but i like my Silence

View all posts by Kwizera Yamini →

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *